Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uri guhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko nta kindi kiganiro mpaka azagirana na Visi Perezida Kamala Harris bahanganye mu matora.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Kane nyuma y’iminota micye itora ry’ibanze mu bikorwa byo kwiyamamaza, rigaragaje ko Trump ari imbere ya Kamala Harris muri Leta z’ibanze, aho yagize amajwi abiri, mu gihe uwo bahanganye nta jwi yagize, hagendewe ku kiganiro mpaka cyabahuje.

Mu butumwa bwa Trump, yagize ati “niba uwo duhanganye atsinzwe urugamba, amagambo ya mbere navuga, ni uko nshaka kumujya kure.”

Yakomeje agira ati “Amatora agaragaje ko natsinze ikiganiro mpaka cyampuje na mugenzi wanjye Kamala Harris Umukandida udashoboye w’Aba- Democrats mu ijoro ryo ku wa Kabiri, agahita yifuza ko haba ikiganiro mpaka cya kabiri.”

Hari amakuru avuga kandi ko Perezida Biden yasabye Visi Perezida we Kamala Harris kutemera ibindi biganiro mpaka na Trump bizatambuka kuri NBC na CBS.

Trump mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Nta kiganiro mpaka cya gatatu kizaba” nyuma y’iki yagiranye na Kamala Harris ndetse n’icyamuhuje na Biden tariki 27 Kamena uyu mwaka.

Yagize ati “Twakoze ibiganiro bibiri. Murabizi, kimwe nakoze na Biden, ikindi na mugenzi we Kamala. Nabyitwayemo neza. Nabikoze neza. Rero ndabona nta mpamvu yo gukora ikindi.”

Nubwo Trump akomeje kuvuga ko yitwaye neza kurusha Kamala Harris, abasesenguzi n’abahanga muri Politiki bavuga ko Visi Perezida yitwaye neza kurusha Trump.

Trump wifuza kugaruka muri White House, yakomeje agira ati “Kamala agomba gukomeza gushyira imbara mu byo yakoze mu gihe cy’imyaka ikabakaba ine. We na Joe basenye Igihugu cyacu.”

Mu kiganiro mpaka cyabaye muri iki cyumweru, aba bombi bagiye bavuga ko ibyatangazwaga na mugenzi w’undi, ari ibinyoma, ndetse buri umwe akavuga ko undi adashoboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

Next Post

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe
IMYIDAGADURO

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

by radiotv10
18/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.