Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyapolitiki bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kwamagana umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu rivugururwa, aho Moïse Katumbi yamubwiye ko Ikibazo kiri muri Congo ari Imiyoborere idashoboye, atari Itegeko Nshinga.

Félix Tshisekedi ugiye kuzuza umwaka atorowe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu minsi ishize ubwo yagiriraga inama i Kisangani, yatangaje umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, avuga ko ritajyanye n’igihe, ndetse atangaza ko umwaka utaha hazajyaho Komisiyo izaba ishinzwe gukusanya ibitekerezo kuri iyi ngingo.

Ni icyifuzo cyahise gitangira kwamaganirwa kure, aho ubu abacyamaganye barimo Moïse Katumbi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko uyu mugambi wa Tshisekedi ari sakirirego, ndetse ko kuva ku butegetsi bw’uwo yasimbuye Joseph Kabila, bawamaganiye kure.

Yagize ati “Kuva na cyera, twarwanyije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga kuva ku butegetsi bwa Kabila. Perezida Tshisekedi na we ubwe agomba kumenya ko Itegeko Nshinga ridashobora gukorwaho.”

Katumbi yakomeje avuga ko ikibazo nyirizina Igihugu cya Congo gifite, gishinze imizi ku miyoborere, atari Itegeko Nshinga.

Ati “Nta mpamvu n’imwe ihari yatuma rihindurwa. Dufite Itegeko Nshinga ryiza. Ikibura ni imiyoborere myiza. Guhindura Itegeko Nshinga bizaba bigaragara ko bashaka guha manda ya gatatu Tshisekedi, kandi we ubwe yaremeye ko binyuranyije n’amategeko.”

 

Tshisekedi ari gukina n’umuriro

Umunyapolitiki Martin Fayulu, uyobora Umutwe wa Politiki wa Engagement pour la Citoyenneté et le Développement (ECIDé), na we yavuze ibyo Tshisekedi ashaka kwikururira byamukoraho.

Mu butumwa bwe, Martin Fayulu yavuze ko Tshisekedi “ari gukina n’umuriro. Ntidushobora kumwerera gukora ku Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko Igihugu cyabo cya Congo gifite ibibazo uruhuri bikwiye kwitabwaho birimo iby’umutekano mucye, ndetse n’ibyo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Yavuze ko ibibazo biri muri iki Gihugu bitigeze bizanwa n’imiterere y’Itegeko Nshinga rigenderwaho muri Congo Kinshasa.

Agaruka kuri ibi bibazo, Martin Fayulu yagize ati “Ntabwo byatewe n’Itegeko Nshinga kuba Lokarite 115 zose ziri mu mitwe yitwaje intwaro ituruka hanze y’Igihugu.”

Imitwe ya Politiki inyuranye isanzwe iri mu itavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, kimwe n’amadini n’amatorero, bakomeje kwamagana iki cyifuzo cya Tshisekedi wavugaga ko Itegeko Nshinga ritajyanye n’ukuri kw’imibereho y’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Next Post

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.