Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyapolitiki bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kwamagana umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu rivugururwa, aho Moïse Katumbi yamubwiye ko Ikibazo kiri muri Congo ari Imiyoborere idashoboye, atari Itegeko Nshinga.

Félix Tshisekedi ugiye kuzuza umwaka atorowe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu minsi ishize ubwo yagiriraga inama i Kisangani, yatangaje umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, avuga ko ritajyanye n’igihe, ndetse atangaza ko umwaka utaha hazajyaho Komisiyo izaba ishinzwe gukusanya ibitekerezo kuri iyi ngingo.

Ni icyifuzo cyahise gitangira kwamaganirwa kure, aho ubu abacyamaganye barimo Moïse Katumbi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko uyu mugambi wa Tshisekedi ari sakirirego, ndetse ko kuva ku butegetsi bw’uwo yasimbuye Joseph Kabila, bawamaganiye kure.

Yagize ati “Kuva na cyera, twarwanyije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga kuva ku butegetsi bwa Kabila. Perezida Tshisekedi na we ubwe agomba kumenya ko Itegeko Nshinga ridashobora gukorwaho.”

Katumbi yakomeje avuga ko ikibazo nyirizina Igihugu cya Congo gifite, gishinze imizi ku miyoborere, atari Itegeko Nshinga.

Ati “Nta mpamvu n’imwe ihari yatuma rihindurwa. Dufite Itegeko Nshinga ryiza. Ikibura ni imiyoborere myiza. Guhindura Itegeko Nshinga bizaba bigaragara ko bashaka guha manda ya gatatu Tshisekedi, kandi we ubwe yaremeye ko binyuranyije n’amategeko.”

 

Tshisekedi ari gukina n’umuriro

Umunyapolitiki Martin Fayulu, uyobora Umutwe wa Politiki wa Engagement pour la Citoyenneté et le Développement (ECIDé), na we yavuze ibyo Tshisekedi ashaka kwikururira byamukoraho.

Mu butumwa bwe, Martin Fayulu yavuze ko Tshisekedi “ari gukina n’umuriro. Ntidushobora kumwerera gukora ku Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko Igihugu cyabo cya Congo gifite ibibazo uruhuri bikwiye kwitabwaho birimo iby’umutekano mucye, ndetse n’ibyo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Yavuze ko ibibazo biri muri iki Gihugu bitigeze bizanwa n’imiterere y’Itegeko Nshinga rigenderwaho muri Congo Kinshasa.

Agaruka kuri ibi bibazo, Martin Fayulu yagize ati “Ntabwo byatewe n’Itegeko Nshinga kuba Lokarite 115 zose ziri mu mitwe yitwaje intwaro ituruka hanze y’Igihugu.”

Imitwe ya Politiki inyuranye isanzwe iri mu itavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, kimwe n’amadini n’amatorero, bakomeje kwamagana iki cyifuzo cya Tshisekedi wavugaga ko Itegeko Nshinga ritajyanye n’ukuri kw’imibereho y’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Next Post

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.