Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyapolitiki bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kwamagana umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu rivugururwa, aho Moïse Katumbi yamubwiye ko Ikibazo kiri muri Congo ari Imiyoborere idashoboye, atari Itegeko Nshinga.

Félix Tshisekedi ugiye kuzuza umwaka atorowe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu minsi ishize ubwo yagiriraga inama i Kisangani, yatangaje umugambi wo kuvugurura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, avuga ko ritajyanye n’igihe, ndetse atangaza ko umwaka utaha hazajyaho Komisiyo izaba ishinzwe gukusanya ibitekerezo kuri iyi ngingo.

Ni icyifuzo cyahise gitangira kwamaganirwa kure, aho ubu abacyamaganye barimo Moïse Katumbi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko uyu mugambi wa Tshisekedi ari sakirirego, ndetse ko kuva ku butegetsi bw’uwo yasimbuye Joseph Kabila, bawamaganiye kure.

Yagize ati “Kuva na cyera, twarwanyije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga kuva ku butegetsi bwa Kabila. Perezida Tshisekedi na we ubwe agomba kumenya ko Itegeko Nshinga ridashobora gukorwaho.”

Katumbi yakomeje avuga ko ikibazo nyirizina Igihugu cya Congo gifite, gishinze imizi ku miyoborere, atari Itegeko Nshinga.

Ati “Nta mpamvu n’imwe ihari yatuma rihindurwa. Dufite Itegeko Nshinga ryiza. Ikibura ni imiyoborere myiza. Guhindura Itegeko Nshinga bizaba bigaragara ko bashaka guha manda ya gatatu Tshisekedi, kandi we ubwe yaremeye ko binyuranyije n’amategeko.”

 

Tshisekedi ari gukina n’umuriro

Umunyapolitiki Martin Fayulu, uyobora Umutwe wa Politiki wa Engagement pour la Citoyenneté et le Développement (ECIDé), na we yavuze ibyo Tshisekedi ashaka kwikururira byamukoraho.

Mu butumwa bwe, Martin Fayulu yavuze ko Tshisekedi “ari gukina n’umuriro. Ntidushobora kumwerera gukora ku Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko Igihugu cyabo cya Congo gifite ibibazo uruhuri bikwiye kwitabwaho birimo iby’umutekano mucye, ndetse n’ibyo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Yavuze ko ibibazo biri muri iki Gihugu bitigeze bizanwa n’imiterere y’Itegeko Nshinga rigenderwaho muri Congo Kinshasa.

Agaruka kuri ibi bibazo, Martin Fayulu yagize ati “Ntabwo byatewe n’Itegeko Nshinga kuba Lokarite 115 zose ziri mu mitwe yitwaje intwaro ituruka hanze y’Igihugu.”

Imitwe ya Politiki inyuranye isanzwe iri mu itavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, kimwe n’amadini n’amatorero, bakomeje kwamagana iki cyifuzo cya Tshisekedi wavugaga ko Itegeko Nshinga ritajyanye n’ukuri kw’imibereho y’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

Next Post

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.