Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
1
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cy’Igihugu cye.

Perezida Félix Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022 ubwo yafunguraga ku mugaragaro ihuriro rya 42 ry’abakuru b’Ibihugu na za Guverinomo bigize Umurango wa SADC.

Imbere y’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 16 nk’abanyamuryango ba SADC, yavuze ko u Rwanda rw’umuvandimwe Perezida Paul Kagame rufasha umutwe wa M23 mu mirwano urimo na FARDC muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “Munyemerere nshimire Umuryango wacu wa SADC ku bwo kwifatanya n’Abanye-Congo muri ibi bihe Igihugu cyacu gihanganye n’ubushotoranyi bw’igituranyi cyacyo cy’u Rwanda.”

Perezida Tshisekedi yaboneyeho gushimira byumwihariko Ibihugu nya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania batanze ingabo ziri mu butumwa bwa MONUSDO muri Kivu ya Ruguru kuva muri 2013.

Uku gushinja u Rwanda kongeye kuzamurwa na Perezida Félix Tshisekedi, si gushya kuko atari rimwe cyangwa kabiri abitangaje mu gihe mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame yakunze kuvuga ko kuba Félix Tshisekedi akomeje kwegeka ku Rwanda ibi birego, ari uko yananiwe inshingano nka Perezida zo kurandura ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRCongo.

Mu cyumweru gishize, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken yagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, aho yanagarutse kuri iki kibazo kiri hagati y’Ibihugu byombi.

Ubwo yari muri DRC, Antony Blinken yavuze ko Igihugu cye gihangayikishije n’ibimenyetso byagaragajwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye bivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Uyu mudipolomate wa USA, ubwo yari mu Rwanda yavuze batifuza ko hari Igihugu na kimwe cyafasha umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu, ashimangira ko bashyigikiye ko Ibihugu byombi byakemura ikibazo kiri hagati yabyo byifashishije inzira y’ibiganiro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ubwo yari mu kiganiro n’Abanyamakuru ari kumwe na Blinken, yongeye guhakana ibi birego u Rwanda rushinjwa na DRC.

U Rwanda kandi rwakunze kuvuga ko ikibazo cyo muri DRC kireba iki Gihugu ubwacyo ariko rukavuga ko mu gihe cyose kitahagarika gukorana n’umutwe wa FDLR, mu Burasirazuba bwa Congo hatazaboneka umutekano kuko umuzi w’ikibazo ari ibikorwa byatangijwe na FDLR.

Abitabiriye ihuriro rya 42 rya SADC
Yavugiye imbere y’abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango ko u Rwanda rufasha M23

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jibson says:
    3 years ago

    Gutanga umurongo wakemura ikibazo Biramunaniye ahisemo inzira y’ibinyoma..Ese Ivuka rya M23 kuki yo adasobanura impamvu yayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana

Next Post

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.