Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
1
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cy’Igihugu cye.

Perezida Félix Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022 ubwo yafunguraga ku mugaragaro ihuriro rya 42 ry’abakuru b’Ibihugu na za Guverinomo bigize Umurango wa SADC.

Imbere y’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 16 nk’abanyamuryango ba SADC, yavuze ko u Rwanda rw’umuvandimwe Perezida Paul Kagame rufasha umutwe wa M23 mu mirwano urimo na FARDC muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “Munyemerere nshimire Umuryango wacu wa SADC ku bwo kwifatanya n’Abanye-Congo muri ibi bihe Igihugu cyacu gihanganye n’ubushotoranyi bw’igituranyi cyacyo cy’u Rwanda.”

Perezida Tshisekedi yaboneyeho gushimira byumwihariko Ibihugu nya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania batanze ingabo ziri mu butumwa bwa MONUSDO muri Kivu ya Ruguru kuva muri 2013.

Uku gushinja u Rwanda kongeye kuzamurwa na Perezida Félix Tshisekedi, si gushya kuko atari rimwe cyangwa kabiri abitangaje mu gihe mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame yakunze kuvuga ko kuba Félix Tshisekedi akomeje kwegeka ku Rwanda ibi birego, ari uko yananiwe inshingano nka Perezida zo kurandura ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRCongo.

Mu cyumweru gishize, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken yagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, aho yanagarutse kuri iki kibazo kiri hagati y’Ibihugu byombi.

Ubwo yari muri DRC, Antony Blinken yavuze ko Igihugu cye gihangayikishije n’ibimenyetso byagaragajwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye bivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Uyu mudipolomate wa USA, ubwo yari mu Rwanda yavuze batifuza ko hari Igihugu na kimwe cyafasha umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu, ashimangira ko bashyigikiye ko Ibihugu byombi byakemura ikibazo kiri hagati yabyo byifashishije inzira y’ibiganiro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ubwo yari mu kiganiro n’Abanyamakuru ari kumwe na Blinken, yongeye guhakana ibi birego u Rwanda rushinjwa na DRC.

U Rwanda kandi rwakunze kuvuga ko ikibazo cyo muri DRC kireba iki Gihugu ubwacyo ariko rukavuga ko mu gihe cyose kitahagarika gukorana n’umutwe wa FDLR, mu Burasirazuba bwa Congo hatazaboneka umutekano kuko umuzi w’ikibazo ari ibikorwa byatangijwe na FDLR.

Abitabiriye ihuriro rya 42 rya SADC
Yavugiye imbere y’abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango ko u Rwanda rufasha M23

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jibson says:
    3 years ago

    Gutanga umurongo wakemura ikibazo Biramunaniye ahisemo inzira y’ibinyoma..Ese Ivuka rya M23 kuki yo adasobanura impamvu yayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana

Next Post

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.