Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA
1
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cy’Igihugu cye.

Perezida Félix Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022 ubwo yafunguraga ku mugaragaro ihuriro rya 42 ry’abakuru b’Ibihugu na za Guverinomo bigize Umurango wa SADC.

Imbere y’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 16 nk’abanyamuryango ba SADC, yavuze ko u Rwanda rw’umuvandimwe Perezida Paul Kagame rufasha umutwe wa M23 mu mirwano urimo na FARDC muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “Munyemerere nshimire Umuryango wacu wa SADC ku bwo kwifatanya n’Abanye-Congo muri ibi bihe Igihugu cyacu gihanganye n’ubushotoranyi bw’igituranyi cyacyo cy’u Rwanda.”

Perezida Tshisekedi yaboneyeho gushimira byumwihariko Ibihugu nya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania batanze ingabo ziri mu butumwa bwa MONUSDO muri Kivu ya Ruguru kuva muri 2013.

Uku gushinja u Rwanda kongeye kuzamurwa na Perezida Félix Tshisekedi, si gushya kuko atari rimwe cyangwa kabiri abitangaje mu gihe mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame yakunze kuvuga ko kuba Félix Tshisekedi akomeje kwegeka ku Rwanda ibi birego, ari uko yananiwe inshingano nka Perezida zo kurandura ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRCongo.

Mu cyumweru gishize, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken yagiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, aho yanagarutse kuri iki kibazo kiri hagati y’Ibihugu byombi.

Ubwo yari muri DRC, Antony Blinken yavuze ko Igihugu cye gihangayikishije n’ibimenyetso byagaragajwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye bivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Uyu mudipolomate wa USA, ubwo yari mu Rwanda yavuze batifuza ko hari Igihugu na kimwe cyafasha umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi Gihugu, ashimangira ko bashyigikiye ko Ibihugu byombi byakemura ikibazo kiri hagati yabyo byifashishije inzira y’ibiganiro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ubwo yari mu kiganiro n’Abanyamakuru ari kumwe na Blinken, yongeye guhakana ibi birego u Rwanda rushinjwa na DRC.

U Rwanda kandi rwakunze kuvuga ko ikibazo cyo muri DRC kireba iki Gihugu ubwacyo ariko rukavuga ko mu gihe cyose kitahagarika gukorana n’umutwe wa FDLR, mu Burasirazuba bwa Congo hatazaboneka umutekano kuko umuzi w’ikibazo ari ibikorwa byatangijwe na FDLR.

Abitabiriye ihuriro rya 42 rya SADC
Yavugiye imbere y’abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango ko u Rwanda rufasha M23

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jibson says:
    3 years ago

    Gutanga umurongo wakemura ikibazo Biramunaniye ahisemo inzira y’ibinyoma..Ese Ivuka rya M23 kuki yo adasobanura impamvu yayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana

Next Post

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.