Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibitero by’indege zitagira abapilote za FARDC byishe inka nyinshi z’Abanyamulenge, avuga ko Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye w’u Burundi, ari bo babiri inyuma.
Ni ibitero byagabwe mu minsi micye ishize, birimo ibyo mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira ku ya 31 Werurwe 2026, byagabwe mu duce tunyuranye dutuwemo n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda b’Abanyamulenge.
Mu butumwa bwatambukije na Me Moïse Nyarugabo ukunze kuvuganira Abanyekongo bo muri uyu muryango w’Abanyamulenge, yatangiye avuga ko “mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira ku ya 31 Werurwe 2026 indege zitagira abapilote za Tshisekedi na Ndayishimiye, zarashe mu gace ka Gakenke zica inka 42 zinakomeretsa izindi nyinshi ndetse n’abashumba.”
Yakomeje avuga kandi ko mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 31 batayo z’abasirikare b’u Burundi bari kumwe n’aba FARDC, zarashe ibisasu zikoresheje intwaro zikomeye zirimo Recoilless SPG 9, LRM Katiousha, na Mortiers 80, 120 mm, mu bice bya Gakenke, Kalongi Kalingi, Bidegu, ndetse zikagerageza kwinjiramo ngo zihagenzure.
Nyarugabo avuga ko abo basirikare b’u Burundi n’aba FARDC, baburijwemo bakabuzwa kwinjira muri turiya duce ariko ko ibi bitero byabo byahitanye zwimwe mu nzirakarengane z’abaturage b’abasivile ndetse bikanakomeretsa abandi benshi.
Yavuze kandi ko “mu ijoro ryo ku ya 31 Werurwe rishyira ku ya 01 Mata 2026, abo barwanyi n’ubundi bagabye ibindi bitero byinshi mu bice binyuranye kandi inshuro nyinshi.”
Mu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza inka zishwe muri ibi bitero, Nyarugabo yavuze ko mu gace ka Ilundu, abo barwanyi bishe inka 70 bagakomeretsa izindi zikabakaba 140.
Ati “Ngaragaje amashusho yo muri iryo joro kuri ubu butumwa, nerekana urwego rw’ubugome ndengakamere n’ubunyamaswa bya ba Nyakubahwa Ndayishimiye na Tshisekedi.”
Uyu munyapolitiki yavuze ko ibikorwa nk’ibi by’ubugome byakunze gukorerwa Abanyamulenge muri Minembwe, bidakwiye gucecekwa, kuko Abanyekongo bo muri uyu muryango, bakomeje kwicwa ndetse n’ibyabo byumwihariko inka zabo.
RADIOTV10










