Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Ifoto yakuwe kuri internet

Share on FacebookShare on Twitter

Ubundi ni inde uba utegetswe kuba afite agakingirizo mbere yo kuryamana hagati y’umusore n’inkumi ku bwumvikane bwabo? Benshi uko basubiza birazwi, ariko reka twikomereze. Agakingirizo ni kimwe mu byagize uruhare runini mu kugabanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Bivuze ko mu gihe kwifata byananiranye, ari ngombwa kukibuka.

Bamwe bavuga ko mu muco nyarwanda, nta mukobwa wakagombye kugira udukingirizo, abandi bakavuga ko uwo mukobwa ahubwo yaba asobanutse.

Ingeri zitandukanye z’abaganiriye na RADIOTV10, abakuru n’urubyiruko batigeze bifuza ko amazina yabo yatangazwa, bavuze ko uwo mukobwa yaba asobanutse ndetse yabasha kwirinda no kurinda uwo bagiye kuryamana.

 

Abasore bati iki?

Umwe yagize ati “Biterwa n’igihe aho kigeze, bijyanye n’ingaruka tubona zo gukora imibonano idakingiye, virusi itera SIDA iri mu rubyiruko cyane, ntabwo nashidikanya ko uwo mukobwa yamaze kwisobanukirwa aramutse afite agakingirizo.”

Undi ati “Abakobwa barifata cyane akumva ko aramutse akaguze (agakingirizo) Cyangwa umuntu akakamubonana byaba ari igisebo kuri we, ariko bagomba guhindura imyumvire bakumva ko icya mbere ari ubuzima kuko mugenzi we bagiye guhura ntaba azi indwara arwaye ntabwo SIDA bayipimisha ijisho, aho gukorera aho yakwifata niba umuhungu adashaka kubyumva.”

Abandi bo ntibazuyaza bahita bagusubiza bati “uwo mukobwa yaba ari indaya.”

 

Abakobwa na bo hari icyo bavuga

Ikibazo babajijwe: “Wajya gusura umuhungu witwaje udukingirizo? Watugura se ukaba utubitse rimwe na rimwe ukatugendana bibaye ngombwa?

Umwe ati “rekada, naba ngura ak’iki se ni njye ugakoresha? Umuhungu ni we ugomba gufata izo nshingano.”

Undi Ati ”Cyereka ndi indaya”

Abandi bemeje ko kutagatwara aricyo kibazo, umwe ati “Gusura umuhungu w’inshuti yawe udatwaye agakingirizo ni ikosa kuko isaha ku isaha byabaho mukaryamana, wowe wakitwaje akaba ari wowe ugira uruhare mu kwikingira kuko ingaruka nyinshi ni wowe mukobwa zizagarukira ukamufasha mugakora igikorwa, ni nawe ugomba kumwambika agakingirizo kugira ngo ube wizeye ko yakambaye neza.”

Uwimana Xaverine, Umuyobozi wa Reseaux de Femme yiyemeje guhugura abantu ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, yasobanuye ko abana b’abakobwa bakwiye guhindura imyumvire.

Ati “Bakwiriye kumenya ubuzima bwabo bakamenya no kwirinda, gutwara agakingirizo uri umukobwa si uburaya ahubwo ni urugero rwiza rw’umukobwa uzi ubwenge gusa ntidukangurira abantu gusambana tubagira inama yo kwifata.”

Imibare y’umwaka wa 2020, igaragaza ko ku Isi abanduye SIDA ari miliyoni 38,4 abakuru bayanduye ni miliyoni 36,7 mu gihe abari munsi y’imyaka 15 ari miliyoni 1,7. Muri aba bose abagore n’abakobwa bihariye 54%.

Mu Rwanda ho imibare y’abanduye SIDA itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) igaragaza ko abanduye, ari ibihumbi 230 bangana na 3%, abafata imiti igabanya ubukana bakaba ari 94% byumvikane ko 6% banduye SIDA badafata imiti.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

Next Post

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.