Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
07/04/2022
in MU RWANDA
0
Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Atangiza Icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, Perezida Paul Kagame yagarutse ku Bihugu binenga ubutabera bw’u Rwanda, avuga ko nubwo u Rwanda ari Igihugu gito mu buso ariko ari kigari mu butabera, aboneraho kunenga ibi Bihugu kuba byaranagize uruhare mu byabaye mu Rwanda.

Perezida Kagame Paul na Madamu Jeannette Kagame babanje gushyira indabo ku mva banunamira inzirakarengane zishyinguye ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ndetse banacana urumuri rw’icyizere.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yavuze ko igihe ari “umwanya abantu batabasha kugira icyo bavuga, atari ukubera kubura ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo nk’uko bakunze kubidushinja bitanafite ishingiro” ahubwo ari uguhitamo kwicecekera.

Perezida Kagame avuga ko kuba abantu batabasha kugira icyo bavuga ari ibintu byumvikana kubera ibyo banyuzemo ndetse n’ubuhamya bafite.

Ati “Abantu bahigwaga bukware amanywa n’ijoro bazira abo ari bo cyangwa icyo bari cyo.”

Umukuru w’u Rwanda, yanagarutse ku ngabo zahoze ari iza RPA z’Umuryango FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside, zageze mu Rwanda zigasanga zariciwe ababyeyi, abavandimwe n’inshuti ariko ntizihorere.

Ati “Mutekereze iyo bamwe muri twe, twari dufite intwaro iyo tuza kwihoherera ku batwiciye abacu natwe tukabica, kandi byari kumvikana ko dufite impamvu ariko ntitwabikoze.”

Perezida Kagame yavuze ko bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside, nubu bakiriye ndetse bari mu buyobozi, abandi bakaba bari mu bikorwa binyuranye nk’iby’ubucuruzi.

Avuga ko urugendo rwo kubaka Igihugu rwagizwemo uruhare n’Ubutabera bw’u Rwanda bwatumye abakoze Jenoside ubu bararangije ibihano bakaba bari mu bikorwa byo kubaka Igihugu.

Aha ni ho yahereye anenga Ibihugu by’amahanga bikomeje kunenga ubutabera bw’u Rwanda.

Ati “Turi Igihugu gito ariko kigari mu bijyanye n’ubutabera, bimwe mu bihugu bikuru kandi binini, bifite ubutabera buto, nta somo bafite kwigisha uwo ari we wese kuko ni bamwe mu bagize uruhare muri aya mateka yahitanye abantu barenga Miliyoni imwe.”

Yavuze ko bimwe muri ibyo Bihugu binenga ubutabera bw’u Rwanda ari byo bikigaragaramo ibibazo mu butabera bwabyo kuko bikigira igihano cyo kwica mu gihe u Rwanda rwagikuyeho kandi rutabibwirijwe n’ibyo Bihugu.

Perezida Kagame avuga ko hari bamwe mu banenga ubutabera bw’u Rwanda kubera ikimwaro cyo kuba baratereranye u Rwanda kandi ko iyi myitwarire yabyo ari iya cyera.

Yavuze ko abavuga ibi bareberaga ubwo mu Rwanda habaga Jenoside Yakorewe Abatutsi, bakavuga ko ari “Abanyafurika bari kwicana, ko ari Abanyarwanda bari kwicana” kandi koko ko ari ko byari bimeze ariko ko u Rwanda rwo rudashobora kurebera abantu bicana ndetse ubu rukaba rutanga umusanzu mu butumwa bwo kujya kugarura amahoro mu bice binyuranye.

Perezida Kagame yavuze ko ibi bihugu kandi byanigize abarimu ba Demokarasi, bigahora bishinja abategetsi bo muri Afurika gutegekesha igitugu, gusa akavuga ko hari indi mitegekere itavugwa kandi ifite ingufu.

Yavuze ko uretse Democracy na Autocracy hari n’indi mitegekere ya Hypocrisy [uburyarya] ya biriya bihugu kandi ko iyi mitegekere ari na yo ifite imbaraga.

Perezida Kagame yagarutse ku byavugwaga n’ibyo bihugu ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, aho byavugaga ko abari kwicwa atari abantu ahubwo ko ari Inyenzi nk’uko iri zina ryari ryarahawe Abatutsi mu mugambi wo gutegura Jenoside.

Perezida Kagame yanenze amahanga kuba yaratereranye u Rwanda ubwo Jenoside yakorwaga nk’uko byanagarutsweho n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu butumwa yageneye iyi tariki aho yavuze ko umuryango mpuzamahanga ugifite ipfunwe ryo gutsindwa.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kunamira abishwe

Bacanye n’urumuri rw’icyizere

 

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana yagarutse ku mateka y’itegurwa rya Jenoside
Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye

 RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

Next Post

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.