Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
07/04/2022
in MU RWANDA
0
Turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Atangiza Icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, Perezida Paul Kagame yagarutse ku Bihugu binenga ubutabera bw’u Rwanda, avuga ko nubwo u Rwanda ari Igihugu gito mu buso ariko ari kigari mu butabera, aboneraho kunenga ibi Bihugu kuba byaranagize uruhare mu byabaye mu Rwanda.

Perezida Kagame Paul na Madamu Jeannette Kagame babanje gushyira indabo ku mva banunamira inzirakarengane zishyinguye ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ndetse banacana urumuri rw’icyizere.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yavuze ko igihe ari “umwanya abantu batabasha kugira icyo bavuga, atari ukubera kubura ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo nk’uko bakunze kubidushinja bitanafite ishingiro” ahubwo ari uguhitamo kwicecekera.

Perezida Kagame avuga ko kuba abantu batabasha kugira icyo bavuga ari ibintu byumvikana kubera ibyo banyuzemo ndetse n’ubuhamya bafite.

Ati “Abantu bahigwaga bukware amanywa n’ijoro bazira abo ari bo cyangwa icyo bari cyo.”

Umukuru w’u Rwanda, yanagarutse ku ngabo zahoze ari iza RPA z’Umuryango FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside, zageze mu Rwanda zigasanga zariciwe ababyeyi, abavandimwe n’inshuti ariko ntizihorere.

Ati “Mutekereze iyo bamwe muri twe, twari dufite intwaro iyo tuza kwihoherera ku batwiciye abacu natwe tukabica, kandi byari kumvikana ko dufite impamvu ariko ntitwabikoze.”

Perezida Kagame yavuze ko bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside, nubu bakiriye ndetse bari mu buyobozi, abandi bakaba bari mu bikorwa binyuranye nk’iby’ubucuruzi.

Avuga ko urugendo rwo kubaka Igihugu rwagizwemo uruhare n’Ubutabera bw’u Rwanda bwatumye abakoze Jenoside ubu bararangije ibihano bakaba bari mu bikorwa byo kubaka Igihugu.

Aha ni ho yahereye anenga Ibihugu by’amahanga bikomeje kunenga ubutabera bw’u Rwanda.

Ati “Turi Igihugu gito ariko kigari mu bijyanye n’ubutabera, bimwe mu bihugu bikuru kandi binini, bifite ubutabera buto, nta somo bafite kwigisha uwo ari we wese kuko ni bamwe mu bagize uruhare muri aya mateka yahitanye abantu barenga Miliyoni imwe.”

Yavuze ko bimwe muri ibyo Bihugu binenga ubutabera bw’u Rwanda ari byo bikigaragaramo ibibazo mu butabera bwabyo kuko bikigira igihano cyo kwica mu gihe u Rwanda rwagikuyeho kandi rutabibwirijwe n’ibyo Bihugu.

Perezida Kagame avuga ko hari bamwe mu banenga ubutabera bw’u Rwanda kubera ikimwaro cyo kuba baratereranye u Rwanda kandi ko iyi myitwarire yabyo ari iya cyera.

Yavuze ko abavuga ibi bareberaga ubwo mu Rwanda habaga Jenoside Yakorewe Abatutsi, bakavuga ko ari “Abanyafurika bari kwicana, ko ari Abanyarwanda bari kwicana” kandi koko ko ari ko byari bimeze ariko ko u Rwanda rwo rudashobora kurebera abantu bicana ndetse ubu rukaba rutanga umusanzu mu butumwa bwo kujya kugarura amahoro mu bice binyuranye.

Perezida Kagame yavuze ko ibi bihugu kandi byanigize abarimu ba Demokarasi, bigahora bishinja abategetsi bo muri Afurika gutegekesha igitugu, gusa akavuga ko hari indi mitegekere itavugwa kandi ifite ingufu.

Yavuze ko uretse Democracy na Autocracy hari n’indi mitegekere ya Hypocrisy [uburyarya] ya biriya bihugu kandi ko iyi mitegekere ari na yo ifite imbaraga.

Perezida Kagame yagarutse ku byavugwaga n’ibyo bihugu ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, aho byavugaga ko abari kwicwa atari abantu ahubwo ko ari Inyenzi nk’uko iri zina ryari ryarahawe Abatutsi mu mugambi wo gutegura Jenoside.

Perezida Kagame yanenze amahanga kuba yaratereranye u Rwanda ubwo Jenoside yakorwaga nk’uko byanagarutsweho n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu butumwa yageneye iyi tariki aho yavuze ko umuryango mpuzamahanga ugifite ipfunwe ryo gutsindwa.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kunamira abishwe

Bacanye n’urumuri rw’icyizere

 

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana yagarutse ku mateka y’itegurwa rya Jenoside
Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye

 RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twelve =

Previous Post

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

Next Post

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.