Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Tuwumenye ugitangira: Iby’ingenzi bihanzwe amaso muri 2024 buri Munyarwanda akwiye gutegereza

radiotv10by radiotv10
03/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Tuwumenye ugitangira: Iby’ingenzi bihanzwe amaso muri 2024 buri Munyarwanda akwiye gutegereza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka wa 2024, uzarangwa n’ibikorwa bikomeye mu Rwanda, by’umwihariko igikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika, benshi bakunze kwita ‘umunsi w’ubukwe’, ndetse no kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Tumenye bimwe mu by’ingenzi bizaba muri uyu mwaka.

 

1. Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite

Amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpeshyi y’uyu mwaka, ni kimwe mu bikorwa bihanzwe amaso n’Abanyarwanda bose yaba abari mu Rwanda ndetse n’abari hanze yarwo.

Aya matora agiye kuba ku nshuro ya mbere yarahujwe n’ay’Abadepite, ateganyijwe kuba muri Nyakanga uyu mwaka, tariki 14 na 15.

Biteganyijwe ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizatangira tariki 22 Kamena, bisozwe ku ya 13 Nyakanga, ubundi bucye hatangira aya matora azatangirira ku Banyarwanda baba mu mahanga.

 

2.Kwibuka no kwibohora ku nshuro ya 30

Ikindi gikorwa gihanzwe amaso na benshi, ni Ukwibuka ku nshuro ya 30, bizaba mu kwezi kwa Mata kuva tariki 07, kizatangirira ku cyumweru cy’icyunamo kizasoza tariki 13 Mata, kigakomereza ku minsi 100 yo Kwibuka, izarangira tariki 03 Nyakanga.

Kwibuka ku nshuro ya 30, bizakurikirwa n’isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda ruzaba rumaze rwibohoye, izizihizwa tariki 04 Nyakanga 2024.

Ni umunsi na wo ukomeye ku mateka y’u Rwanda, kuko hazaba hazirikanwa urugamba rwo Kwibohora, rwabaye umusingi w’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 30.

 

3.RDF izaba imaze imyaka 20 itangiye ubutumwa bwo kugarura amahoro

Muri uyu mwaka kandi, u Rwanda ruzizihiza imyaka 20 rumaze rutangiye gutanga ubufasha mu butumwa bwo kugarura amahoro, rwohereza ingabo mu Bihugu binyuranye.

Muri Kanama 2004, nyuma y’imyaka 10 u Rwanda ruvuye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, rwohereje bwa mbere abasirikare bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe buzwi nka AMIS (African Union Mission in Sudan) i Darfur muri Sudan.

Nyuma y’icyo gihe kandi, u Rwanda rwagiye rwohereza inzego z’umutekano mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu Bihugu binyuranye nko muri Repubulika ya Centrafrique zagiyeyo muri 2014, ndetse no muri Mozamique zagiyeyo muri 2021.

Kubera imyitwarire izira amakemwa ndetse no kuzuza inshingano mu buryo butajegajega biranga inzego z’umutekano z’u Rwanda, byatumye iki Gihugu kimenywa ku ruhando mpuzamahanga, by’umwihariko, inzego z’umutekano zarwo ubu zikaba ziri mu za mbere z’intangarugero ku Isi.

 

4.Igaruka rya Rwanda Day

Mu ntangiro z’ukwezi gutaha kwa Gashyantare tariki 02 na 03, Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda, n’inshuti zabo, bazongera basase inzobe bahurire mu nama izwi nka Rwanda Day yari imaze imyaka ine itaba.

Iyi Rwanda Day izaba ibaye ku nshuro ya 11, izabera i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe iyaherukaga yabaye muri 2019 yari yabereye i Born mu Budage.

Kuva Rwanda Day yatangira kuba, yahurije hamwe abantu barenga ibihumbi 35 barimo Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda, ku Migabane nk’u Burayi, muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’ahandi.

 

5.Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho

Ikindi gikorwa gitegerezanyijwe amatsiko mu Rwanda, ni Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago y’Isi VCWC (Veterans Clubs World Championship) giteganyijwe gutangirira mu Rwanda ku nshuro yacyo ya mbere, kizaba hagati ya tariki 01-10 Nzeri 2024.

Ni igikorwa kizamanura ba rurangiranwa muri ruhago y’Isi, barimo abafite amazina akomeye, bakiniye amakipe akomeye ku Isi, nk’Umunya-Brazil Ronaldinho Gaucho, uherutse kurarikira abantu kuzahurira i Kigali muri kuriya kwezi kwa Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eleven =

Previous Post

U Buyapani: Umutingito ukomeye watumye hoherezwe igitaraganya itsinda ry’abasirikare 1.000

Next Post

Umunyamerikakazi ukekwaho kwica abana be babiri wafatiwe ku wundi Mugabane yatumye hibazwa byinshi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamerikakazi ukekwaho kwica abana be babiri wafatiwe ku wundi Mugabane yatumye hibazwa byinshi

Umunyamerikakazi ukekwaho kwica abana be babiri wafatiwe ku wundi Mugabane yatumye hibazwa byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.