• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in SIPORO
0
U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya Billie Jean King Cup.

Iyi ni imikino yatangiye ku wa mbere w’iki cyumweru, aho ibihugu 12 bihuriye mu itsinda rya 4(Group IV), byahuriye mu Rwanda ngo byishakemo igihugu kimwe kizazamuka mu itsinda rya 3(Group III).

Ibyo bihugu 12, byagabanyijwe mu matsinda 3 muri Tombola yabaye ku cyumweru, buri tsinda ririmo ibihugu 4, maze buri gihugu kigakina n’ikindi bari mu itsinda rimwe.

U Rwanda rwari mu itsinda rimwe na Senegal, Ethiopia na Congo Brazaville. Imikino yose u Rwanda ruyisoje ruyitsinze, bivuze ko ruyoboye itsinda rwari ruherereyemo.

U Rwanda rugomba guhura n’ibindi bihugu biyoboye amatsinda yandi 2 ari byo Cameroun na Togo maze igihugu kizaba icya mbere, kikazatwara igikombe, kikanazamuka muri Group 3.

Uko ibihugu bikina, hakinwa imikino 3 irimo 2 ya Singles(aho abakinnyi bakina ari umwe umwe) ndetse na Doubles aho bakina ari babiri bahanganye n’abandi 2.

Mu mukino wa nyuma u Rwanda ruboneyeho itike rutsinze Senegal, Gisèle Umumararungu uhagarariye u Rwanda yari yabanje gukina maze atsindwa na Christel Fakhry wa Senegal, mu gihe umukino wa 2, Lia Kaishiki Mosimann wari uhagarariye u Rwanda yatsinze Lea Crosetti wa Senegal maze iba intsinzi imwe kuri imwe, bakiranurwa na Doubles(gukina ari babiri babiri).

Ikipe y’u Rwanda yongeye guhitamo Lia Kaishiki Mosimann akinana na Olive TUYISENGE mu gihe Senegal yakinishije Lea Crosetti akinana na Christel Fakhry.
U Rwanda rwabatsinze amaseti 2-1, bisabye icyo twakwita nka kamarampaka(Tiebreak).

Kuri uyu wa 4 saa yine za mu gitondo, U Rwanda ruzakina na Togo hanyuma rozongere ku wa 6 rukina na Cameroun, imikino yose ikaba iri kubera muri IPRC KIGALI.

Imikino nk’iyi y’umwaka ushize, U Rwanda rwari rwabaye urwa 5 mu bihugu 10 byari byitabiriye, Algérie ikaba ari yo yabaye iya mbere ihita inazamukamuri Group 3.

LIA KAISHIKI MOSIMANN UKINIRA U RWANDA
LIA KAISHIKI NA OLIVE TUYISENGE BAKINANYE ARI BABIRI(DOUBLES)
LEA CROSETTI NA CHRISTEL FAKHRY BA SENEGAL

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Next Post

Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Mental Health in 2025: What’s happening and why it matters

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.