Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibintu bitatu by’ingenzi byafasha Congo kurandura burundu ibibazo byayibayeho akarande

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko hari ibintu byatuma ibibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa DRC biranduka burundu, birimo kuba iki Gihugu kigomba kubanza kumva ko ikibazo ari icyacyo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 12 Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongeye guhurira i Luanda muri Angola mu nama ya gatanu yo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Iyi nama yafatiwemo ibyemezo binyuranye birimo kuba Ibihugu byombi byarashyize umukono ku myanzuro yo kurandura umutwe wa FDLR, ari na wo zingiro ry’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo ndetse n’ibiri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire wari uyoboye intumwa z’u Rwanda, avuga ko kugira ngo haboneke umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, hari ibintu bitatu bigomba gukorwa n’iki Gihugu.

Ati “Twe tunatekereza ko bitanagoye, harimo ubushake bwa politiki. Icya mbere ni uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igomba kugira iki kibazo icyayo, ntigishyire ku baturanyi, ntishinje u Rwanda gushyikira ngo umutwe wa M23.”

Amb. Nduhungirehe avuga ko ibyo kuba Congo ihoza u Rwanda mu kanwa irushinja ibinyoma, atari byo bizayiha umuti w’ibibazo ifite.

Ati “Perezida [Felix Tshisekedi] iyo agiye gusura ikindi Gihugu, avuga u Rwanda aho kuvuga umubano wa Congo n’icyo Gihugu, mwabonye ko iyo habaye inama y’Abaminisitiri ba Siporo, bavuga u Rwanda, iy’abaminitisi b’ibidukikije bakavuga u Rwanda, […]. Twebwe icyo tubasaba, ni uko iki kibazo bakigira icyabo kandi kugira ngo bakigire icyabo, hagomba ibintu bibiri, mbere na mbere ni ubushake bwa politiki, kandi icya kabiri, bagashaka igisubizo mu mizi.”

Ikibazo cy’umutekano mucye cyakunze kuba akarande muri DRC, gishinze imizi ku ihohoterwa ryakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, byanatumye havuka umutwe wa M23 wo guharanira uburenganzira bwabo.

Nduhungirehe ati “Iki kibazo kizakemurwa ari uko Leta ya Congo yiyemeje kugirana imishyikirano itaziguye hagati ya Guverinoma n’uyu mutwe wa M23, kugira ngo iki kibazo kibonerwe igisubizo kirambye.”

Akomeza agaragaza ibi bisabwa kubahirizwa na Guverinoma ya Congo, akavuga ko umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ugakomereza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa DRC, ari na wo zingiro ry’ibi bibazo.

Ati “Aha hagomba ubushake bwa Guverinoma ya Congo, bwo kurandura iyi virusi mu karere, kuko FDLR ntabwo ari umubare w’abantu, ntabwo ari ingabo gusa, ni ingengabitekerezo ya Jenoside irimo inakwirakwizwa mu karere kose, inakwirakwizwa mu yindi mitwe nka Wazalendo n’indi bakorana, ku buryo ari ngombwa ko Guverinoma ya Congo igira ubushake bwo kurandura uyu mutwe wa FDLR kuko ari wo uteza ibibazo mu karere.”

Naho icya gatatu, ni ikibazo cy’ingabo z’amahanga zamaze kwinjira muri ibi bibazo, zirimo iz’u Burundi, iza SADC ndetse n’abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi.

Ati “Aha turanabaza Abanyaburayi ukuntu bemera abacancuro b’Abanyaburayi baza muri Congo binyuranyije n’amasezerano mpuzamahanga kandi bakaba baje kongera amavuta ku muriro.”

Akomeza agira ati “Rero izo ngabo z’amahanga ziza zitaje gukemura ikibazo ahubwo zije kurwanirira Congo kandi twifuza ko habaho ibiganiro, ibyo ni ikibazo, Leta ya Congo ndetse n’ibyo Bihugu bigomba kwibaza kugira ngo bishake umuti urambye.”

Guverinoma y’u Rwanda isaba ibi Bihugu byohereje ingabo zabyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutekereza kuri iki cyemezo byafashe, bikareba niba kitanyuranyije n’inzira zigomba kuvamo umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Next Post

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.