Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibintu bitatu by’ingenzi byafasha Congo kurandura burundu ibibazo byayibayeho akarande

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko hari ibintu byatuma ibibazo by’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa DRC biranduka burundu, birimo kuba iki Gihugu kigomba kubanza kumva ko ikibazo ari icyacyo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 12 Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongeye guhurira i Luanda muri Angola mu nama ya gatanu yo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Iyi nama yafatiwemo ibyemezo binyuranye birimo kuba Ibihugu byombi byarashyize umukono ku myanzuro yo kurandura umutwe wa FDLR, ari na wo zingiro ry’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo ndetse n’ibiri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire wari uyoboye intumwa z’u Rwanda, avuga ko kugira ngo haboneke umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, hari ibintu bitatu bigomba gukorwa n’iki Gihugu.

Ati “Twe tunatekereza ko bitanagoye, harimo ubushake bwa politiki. Icya mbere ni uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igomba kugira iki kibazo icyayo, ntigishyire ku baturanyi, ntishinje u Rwanda gushyikira ngo umutwe wa M23.”

Amb. Nduhungirehe avuga ko ibyo kuba Congo ihoza u Rwanda mu kanwa irushinja ibinyoma, atari byo bizayiha umuti w’ibibazo ifite.

Ati “Perezida [Felix Tshisekedi] iyo agiye gusura ikindi Gihugu, avuga u Rwanda aho kuvuga umubano wa Congo n’icyo Gihugu, mwabonye ko iyo habaye inama y’Abaminisitiri ba Siporo, bavuga u Rwanda, iy’abaminitisi b’ibidukikije bakavuga u Rwanda, […]. Twebwe icyo tubasaba, ni uko iki kibazo bakigira icyabo kandi kugira ngo bakigire icyabo, hagomba ibintu bibiri, mbere na mbere ni ubushake bwa politiki, kandi icya kabiri, bagashaka igisubizo mu mizi.”

Ikibazo cy’umutekano mucye cyakunze kuba akarande muri DRC, gishinze imizi ku ihohoterwa ryakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, byanatumye havuka umutwe wa M23 wo guharanira uburenganzira bwabo.

Nduhungirehe ati “Iki kibazo kizakemurwa ari uko Leta ya Congo yiyemeje kugirana imishyikirano itaziguye hagati ya Guverinoma n’uyu mutwe wa M23, kugira ngo iki kibazo kibonerwe igisubizo kirambye.”

Akomeza agaragaza ibi bisabwa kubahirizwa na Guverinoma ya Congo, akavuga ko umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ugakomereza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa DRC, ari na wo zingiro ry’ibi bibazo.

Ati “Aha hagomba ubushake bwa Guverinoma ya Congo, bwo kurandura iyi virusi mu karere, kuko FDLR ntabwo ari umubare w’abantu, ntabwo ari ingabo gusa, ni ingengabitekerezo ya Jenoside irimo inakwirakwizwa mu karere kose, inakwirakwizwa mu yindi mitwe nka Wazalendo n’indi bakorana, ku buryo ari ngombwa ko Guverinoma ya Congo igira ubushake bwo kurandura uyu mutwe wa FDLR kuko ari wo uteza ibibazo mu karere.”

Naho icya gatatu, ni ikibazo cy’ingabo z’amahanga zamaze kwinjira muri ibi bibazo, zirimo iz’u Burundi, iza SADC ndetse n’abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi.

Ati “Aha turanabaza Abanyaburayi ukuntu bemera abacancuro b’Abanyaburayi baza muri Congo binyuranyije n’amasezerano mpuzamahanga kandi bakaba baje kongera amavuta ku muriro.”

Akomeza agira ati “Rero izo ngabo z’amahanga ziza zitaje gukemura ikibazo ahubwo zije kurwanirira Congo kandi twifuza ko habaho ibiganiro, ibyo ni ikibazo, Leta ya Congo ndetse n’ibyo Bihugu bigomba kwibaza kugira ngo bishake umuti urambye.”

Guverinoma y’u Rwanda isaba ibi Bihugu byohereje ingabo zabyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutekereza kuri iki cyemezo byafashe, bikareba niba kitanyuranyije n’inzira zigomba kuvamo umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twelve =

Previous Post

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Next Post

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Related Posts

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.