Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibikorwa byadutse by’abakoresha itangazamakuru mu nyungu za Politiki bibasira u Rwanda n’Abanyarwanda, ivuga ko bigamije guhungabanya imigendekere myiza y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite.

Ni nyuma y’uko hari Ibitangazamakuru bivuze ko bigiye gushyira hanze uruhererekane rw’inkuru byita ko zicukumbuye ngo zigaragaza bimwe mu bitagenda mu Rwanda ariko ntibivugwe.

Itangazo ry’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, rivuga ko atari ubwa mbere hakoreshejwe itangazamakuru mu guharabika u Rwanda ibinyoma, kandi ko byose biba bigamije inyungu za Politiki.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yahisemo kutagira icyo isubiza ku bihuha nk’ibi biba bidafite ishingiro, kuko yagiye ibisobanuraho kenshi.

Iti “Abanyarwanda ntibagitungurwa n’ibyo bikorwa by’abo bakoresha itangazamakuru mu nyungu zabo bwite, ahanini bigamije guhungabanya imigendekere myiza y’amatora ya Perezida wa Repubulika  n’ay’Abadepite.”

Nanone kandi Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ibi bigamije kuyobya uburari ku bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinona iti “Ibi bijyanye kandi no kuba, hafi y’umupaka w’Uburengarazuba bw’u Rwanda, mu ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, umutwe w’abajenosideri wa FDLR ukomeje gukingirwa ikibaba, hagamijwe kugirira nabi u Rwanda no gushyigikira “ihinduka ry’ubutegetsi” rimaze igihe ritangajwe na Perezida wa DRC.”

Guverinoma y’u Rwanda yaboneyeho guhumuriza Abanyarwanda no gukurira inzira ku murima abafite imigambi nk’iyi ko “Iyi ntego ntizigera igerwaho, kuko Abanyarwanda biyubakiye politiki itajegajega ishingiye ku bumwe no gukorera mu mucyo muri iyi myaka ishize.”

Iri tangazo rigasoza rigira riti “Inzira ya demokarasi u Rwanda rwahisemo izakomeza; kandi, mu mahoro no mu bwisanzure, Abanyarwanda bazihitiramo abo bifuza ko babayobora mu gihe kiri imbere.”

Mu gihe u Rwanda ruba rwitegura kwinjira mu bikorwa bikomeye nk’iki muri Nyakanga cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Ibitangazamakuru mpuzamahanga, bikunze guha urubuga abatavuga rumwe n’u Rwanda biyemeje kurusebya, bagaragaza ibinyoma by’ibibi bavuga ko biri muri iki Gihugu kizwiho kugira imiyoborere ireba kure, ishyira imbere inyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

USA: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yibasiye Leta enye

Next Post

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.