Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibikorwa byadutse by’abakoresha itangazamakuru mu nyungu za Politiki bibasira u Rwanda n’Abanyarwanda, ivuga ko bigamije guhungabanya imigendekere myiza y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite.

Ni nyuma y’uko hari Ibitangazamakuru bivuze ko bigiye gushyira hanze uruhererekane rw’inkuru byita ko zicukumbuye ngo zigaragaza bimwe mu bitagenda mu Rwanda ariko ntibivugwe.

Itangazo ry’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, rivuga ko atari ubwa mbere hakoreshejwe itangazamakuru mu guharabika u Rwanda ibinyoma, kandi ko byose biba bigamije inyungu za Politiki.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yahisemo kutagira icyo isubiza ku bihuha nk’ibi biba bidafite ishingiro, kuko yagiye ibisobanuraho kenshi.

Iti “Abanyarwanda ntibagitungurwa n’ibyo bikorwa by’abo bakoresha itangazamakuru mu nyungu zabo bwite, ahanini bigamije guhungabanya imigendekere myiza y’amatora ya Perezida wa Repubulika  n’ay’Abadepite.”

Nanone kandi Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ibi bigamije kuyobya uburari ku bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinona iti “Ibi bijyanye kandi no kuba, hafi y’umupaka w’Uburengarazuba bw’u Rwanda, mu ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, umutwe w’abajenosideri wa FDLR ukomeje gukingirwa ikibaba, hagamijwe kugirira nabi u Rwanda no gushyigikira “ihinduka ry’ubutegetsi” rimaze igihe ritangajwe na Perezida wa DRC.”

Guverinoma y’u Rwanda yaboneyeho guhumuriza Abanyarwanda no gukurira inzira ku murima abafite imigambi nk’iyi ko “Iyi ntego ntizigera igerwaho, kuko Abanyarwanda biyubakiye politiki itajegajega ishingiye ku bumwe no gukorera mu mucyo muri iyi myaka ishize.”

Iri tangazo rigasoza rigira riti “Inzira ya demokarasi u Rwanda rwahisemo izakomeza; kandi, mu mahoro no mu bwisanzure, Abanyarwanda bazihitiramo abo bifuza ko babayobora mu gihe kiri imbere.”

Mu gihe u Rwanda ruba rwitegura kwinjira mu bikorwa bikomeye nk’iki muri Nyakanga cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Ibitangazamakuru mpuzamahanga, bikunze guha urubuga abatavuga rumwe n’u Rwanda biyemeje kurusebya, bagaragaza ibinyoma by’ibibi bavuga ko biri muri iki Gihugu kizwiho kugira imiyoborere ireba kure, ishyira imbere inyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + sixteen =

Previous Post

USA: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yibasiye Leta enye

Next Post

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.