Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

U Rwanda rwahagarariwe mu mukino Arsenal yatangiyemo ibyishimo by’imbonekarimwe

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
U Rwanda rwahagarariwe mu mukino Arsenal yatangiyemo ibyishimo by’imbonekarimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye ari mu bantu barenga ibihumbi 60 barebye imbonankubone kuri Emirates Stadium umukino Arsenal yaboneyemo intsinzi imbere ya Manchester City, itaherukaga gutsinda.

Uyu mukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki 08 Ukwakira 2023, wari utegerejwe na benshi mu bakunzi ba ruhago ku Isi, dore ko aya makipe yombi, ari mu yahagaze neza muri iyi myaka.

Arsenal yari imaze imyaka umunani itabasha gutsinda Man City, yagiye gukina uyu mukino, benshi batayiha icyizere kubera uburyo iyi kipe bari bagiye guhangana imaze iminsi ihagaze neza, dore ko yatwaye shampiyona y’u Bwongereza y’umwaka ushize, ndetse n’Igikombe cya UEFA Champions League kiri mu bikurikirwa cyane ku Isi.

Mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, na ho byari ibicika, dore ko ikipe ya Arsenal isanzwe ifite abakunzi banshi muri iki Gihugu, ndetse ikaba inakundwa na Perezida Paul Kagame, by’akarusho kandi ikaba inafitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza abantu kurusura-Visit Rwanda.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye ukunze kwitabira imikino y’iyi kipe, ari no mu bantu barenga ibihumbi 60 barebye uyu mukino kuri sitade y’iyi kipe, Emirates Stadium.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Busingye yagaragaje ibyishimo byo kuba Arsenal yatsinze, ati “Mbega umukino, mbe intsinzi! Aba-Gunners baduteye ishema”

Busingye yavuze kandi ko uyu mukino yawurebye ari kumwe na Chairman w’Inama y’Ubutegetsi ya RDB, Itzhak Fisher, ndetse akaba yanahuye n’umukinnyi Eddie Nketiah uri mu bigaragaje muri uyu mukino.

Busingye kandi yanabonyanye na Nketiah wa Arsenal
Yarebye uyu mukino ari kumwe na Chairman w’Inama y’Ubutegetsi ya RDC, Itzhak Fisher

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 15 =

Previous Post

Amakuru mashya ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda ukurikiranyweho uburiganya

Next Post

Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.