Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu ku Isi mu Bihugu byagaragayemo itumbagira rikabije ry’ibiciro by’ibiribwa mu mezi 12 ashize, nk’uko bigaragazwa n’imibare mishya ya Banki y’Isi. Icyakora abahanga mu bukungu bavuga ko ingamba ziherutse gufatwa zishobora koroshya uburemere bw’iki kibazo mu gihe gito.

Iyi mibare yo kuva mu kwezi kwa Mata (4) 2022 kugeza muri Werurwe (3) 2023; igaragaza ko ibiciro by’ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi byatumbagiye ku isoko mpuzamahanga.

Bagaragaza ko muri icyo gihe cy’umwaka, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu, aho ruri inyuma ya Lebanon na Zimbabwe.

Banki y’Isi ishimangira ko ibyo byatewe n’uko kuva muri Mata kugeza muri Kamena 2022; muri ayo mezi atatu ari bwo ibiciro by’ibiribwa byazamutse ku rugero ruri munsi ya 30%.

Ukwezi kwa 7/2022 ibiciro byazamutse kuri 32.7%, ukwezi kwakurikiyeho byageze kuri 34.5%. Kuva icyo gihe umuvuduko warakomeje winjira muri za 40 na 50%.

Ukwezi basorejeho gukora igenzura ni ukwa Werurwe 2023. Icyo gihe ibiciro by’ibiribwa mu Rwanda byerekana ko byageze kuri 62.6%.

Muri ayo mezi 12; ukwezi kwa 11/2022 ni ko kwagize itumbagira ry’ibiciro rikabije mu Rwanda. Iyi mibare igaragaza ko icyo gihe ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu Rwanda byageze ku rugero ra 64,4%.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gukura umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa birimo umuceri n’ifu y’ibigori, bikaba ari bumwe mu buryo u Rwanda rwashyizeho bwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko, hakiyongeraho gushyiraho ibiciro ntarengwa ku biribwa birimo ibirayi.

Dr Fidele Mutemberezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko izi ngamba zizagira icyo zitanga ariko ko zidahagije mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko ry’u Rwanda.

Yagize ati “Biriya byemezo bishobora gutanga umusaruro mu gihe gito. Ntabwo bishobora gutanga umuti w’igihe kirekire. Igisubizo cya nyacyo ni icyo kongera umusaruro kugira ngo ibyo abaturage bakeneye babibone, byaba mu Gihugu cyangwa mu Bihugu bitari kure, kuko iyo ugiye gushaka ibintu kure byongera igiciro.”

Muri urwo rugendo rwo gushaka igisubizo kirambye; Banki y’Isi ishimangira ko ibiciro by’ibiribwa byagabanutse mu bindi Bihugu kubera ko bafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Ibyo birimo nka Tanzania, byashyize amafaranga menshi mu gushaka ifumbire, n’uburyo bwo kuyigeza ku baturage ku giciro gito. Ibyo byatumye bongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 5 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Next Post

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.