Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu ku Isi mu Bihugu byagaragayemo itumbagira rikabije ry’ibiciro by’ibiribwa mu mezi 12 ashize, nk’uko bigaragazwa n’imibare mishya ya Banki y’Isi. Icyakora abahanga mu bukungu bavuga ko ingamba ziherutse gufatwa zishobora koroshya uburemere bw’iki kibazo mu gihe gito.

Iyi mibare yo kuva mu kwezi kwa Mata (4) 2022 kugeza muri Werurwe (3) 2023; igaragaza ko ibiciro by’ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi byatumbagiye ku isoko mpuzamahanga.

Bagaragaza ko muri icyo gihe cy’umwaka, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu, aho ruri inyuma ya Lebanon na Zimbabwe.

Banki y’Isi ishimangira ko ibyo byatewe n’uko kuva muri Mata kugeza muri Kamena 2022; muri ayo mezi atatu ari bwo ibiciro by’ibiribwa byazamutse ku rugero ruri munsi ya 30%.

Ukwezi kwa 7/2022 ibiciro byazamutse kuri 32.7%, ukwezi kwakurikiyeho byageze kuri 34.5%. Kuva icyo gihe umuvuduko warakomeje winjira muri za 40 na 50%.

Ukwezi basorejeho gukora igenzura ni ukwa Werurwe 2023. Icyo gihe ibiciro by’ibiribwa mu Rwanda byerekana ko byageze kuri 62.6%.

Muri ayo mezi 12; ukwezi kwa 11/2022 ni ko kwagize itumbagira ry’ibiciro rikabije mu Rwanda. Iyi mibare igaragaza ko icyo gihe ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu Rwanda byageze ku rugero ra 64,4%.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gukura umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa birimo umuceri n’ifu y’ibigori, bikaba ari bumwe mu buryo u Rwanda rwashyizeho bwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko, hakiyongeraho gushyiraho ibiciro ntarengwa ku biribwa birimo ibirayi.

Dr Fidele Mutemberezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko izi ngamba zizagira icyo zitanga ariko ko zidahagije mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko ry’u Rwanda.

Yagize ati “Biriya byemezo bishobora gutanga umusaruro mu gihe gito. Ntabwo bishobora gutanga umuti w’igihe kirekire. Igisubizo cya nyacyo ni icyo kongera umusaruro kugira ngo ibyo abaturage bakeneye babibone, byaba mu Gihugu cyangwa mu Bihugu bitari kure, kuko iyo ugiye gushaka ibintu kure byongera igiciro.”

Muri urwo rugendo rwo gushaka igisubizo kirambye; Banki y’Isi ishimangira ko ibiciro by’ibiribwa byagabanutse mu bindi Bihugu kubera ko bafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Ibyo birimo nka Tanzania, byashyize amafaranga menshi mu gushaka ifumbire, n’uburyo bwo kuyigeza ku baturage ku giciro gito. Ibyo byatumye bongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nineteen =

Previous Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Next Post

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Related Posts

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.