Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwaje mu myanya yo mu bushorishori ku Isi mu Bihugu byagize itumbagira rikabije ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu ku Isi mu Bihugu byagaragayemo itumbagira rikabije ry’ibiciro by’ibiribwa mu mezi 12 ashize, nk’uko bigaragazwa n’imibare mishya ya Banki y’Isi. Icyakora abahanga mu bukungu bavuga ko ingamba ziherutse gufatwa zishobora koroshya uburemere bw’iki kibazo mu gihe gito.

Iyi mibare yo kuva mu kwezi kwa Mata (4) 2022 kugeza muri Werurwe (3) 2023; igaragaza ko ibiciro by’ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi byatumbagiye ku isoko mpuzamahanga.

Bagaragaza ko muri icyo gihe cy’umwaka, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu, aho ruri inyuma ya Lebanon na Zimbabwe.

Banki y’Isi ishimangira ko ibyo byatewe n’uko kuva muri Mata kugeza muri Kamena 2022; muri ayo mezi atatu ari bwo ibiciro by’ibiribwa byazamutse ku rugero ruri munsi ya 30%.

Ukwezi kwa 7/2022 ibiciro byazamutse kuri 32.7%, ukwezi kwakurikiyeho byageze kuri 34.5%. Kuva icyo gihe umuvuduko warakomeje winjira muri za 40 na 50%.

Ukwezi basorejeho gukora igenzura ni ukwa Werurwe 2023. Icyo gihe ibiciro by’ibiribwa mu Rwanda byerekana ko byageze kuri 62.6%.

Muri ayo mezi 12; ukwezi kwa 11/2022 ni ko kwagize itumbagira ry’ibiciro rikabije mu Rwanda. Iyi mibare igaragaza ko icyo gihe ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu Rwanda byageze ku rugero ra 64,4%.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gukura umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa birimo umuceri n’ifu y’ibigori, bikaba ari bumwe mu buryo u Rwanda rwashyizeho bwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko, hakiyongeraho gushyiraho ibiciro ntarengwa ku biribwa birimo ibirayi.

Dr Fidele Mutemberezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko izi ngamba zizagira icyo zitanga ariko ko zidahagije mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko ry’u Rwanda.

Yagize ati “Biriya byemezo bishobora gutanga umusaruro mu gihe gito. Ntabwo bishobora gutanga umuti w’igihe kirekire. Igisubizo cya nyacyo ni icyo kongera umusaruro kugira ngo ibyo abaturage bakeneye babibone, byaba mu Gihugu cyangwa mu Bihugu bitari kure, kuko iyo ugiye gushaka ibintu kure byongera igiciro.”

Muri urwo rugendo rwo gushaka igisubizo kirambye; Banki y’Isi ishimangira ko ibiciro by’ibiribwa byagabanutse mu bindi Bihugu kubera ko bafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Ibyo birimo nka Tanzania, byashyize amafaranga menshi mu gushaka ifumbire, n’uburyo bwo kuyigeza ku baturage ku giciro gito. Ibyo byatumye bongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 1 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe utajya aripfana yamennye ibanga ry’urunturuntu ruyivugwamo n’ikigiye gukurikira

Next Post

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Umunyamideri w’ikirangirire yaserukanye umushanana w’i Rwanda mu birori bikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.