Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko itewe impungenge bikomeye no kuba iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kurenga ku myanzuro yafatiwe i Luanda n’i Nairobi, ndetse inavuga ko hakajijwe ingamba zo kurinda umutekano nyuma y’uko ubutegetsi bwa Congo na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi basubiyemo kenshi ko bifuza gutera u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, binyuze muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “u Rwanda rutewe impungenge bikomeye no kurenga ku myanzuro y’i Luanda n’i Nairobi bikorwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo” Ndetse n’Ibihugu bimwe bijya gutera inkunga ya gisirikare iki Gihugu.

Izi nama zabereye i Luanda no muri Nairobi zahuje Abakuru b’Ibihugu byo mu karere, zombi zemeje ko hagomba kubaho inzira z’ibiganiro, ndetse zisaba Guverinoma ya DRC kuganira n’imitwe yose yitwaje intwaro irimo n’uwa M23, ariko kugeza ubu ikaba yarabiteye utwatsi ahubwo igisirikare cy’iki Gihugu kikaba cyarakomeje inzira z’intambara.

Muri izi nama kandi, Ubutegetsi bwa DRC bwasabwe kenshi guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDRL, ahubwo abagize uyu mutwe basabwa gushyira hasi intwaro bagataha mu Rwanda.

Ibi ariko Guverinoma ya Congo yabirenzeho, igisirikare cy’iki Gihugu gikomeza gukorana n’uyu mutwe, ndetse bakaba bakomeje kugaba ibitero byivugana inzirakarengane z’Abanyekongo b’Abatutsi.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rikomeza rivuga ko ibi bitero bigamije kongera kwirukana abagize umutwe wa M23 ndetse n’Abanyekongo b’abasivile b’Abatutsi, mu Gihugu cyabo, bagakwira imishwaro bajya mu Bihugu by’ibituranyi.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko ibi bitero biri kugabwa muri Kivu ya Ruguru, bikorwa harimo “Imikoranire na FDLR, umutwe w’Abanyarwanda bamunzwe n’ingengabitekerezo y’amoko ifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.”

U Rwanda ruvuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwananiwe kubungabunga uburenganzira bw’Abanyekongo b’Abatutsi, bikaba byaratumye ababarirwa mu bihumbi bamaze imyaka myinshi ari impunzi mu Bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, ndetse ko basa nk’abibagiranye.

Ibi kandi bigenga byiyongeraho imvugo zibiba urwango zirimo n’izavuzwe na Perezida Felix Tshisekedi, hakaba n’ubwicanyi bumaze kuba akarande.

U Rwanda rugakomeza rugira ruti “FDLR yamaze kwinjizwa byuzuye mu gisirikare cya DRC (FARDC) nk’uko byakomeje gusubirwamo n’inyandiko z’impuguke z’itsinda rya UN.”

Guverinoma ikomeza ivuga ko ibi byose bituma umutekano w’u Rwanda ujya mu kaga, bityo ko kuri rwo rubona “ikibazo cya M23 kigomba gukemurwa mu nzira za Politiki bikozwe n’ubutegetsi bwa Congo. Ntabwo bizemerwa ko ikibazo cyegekwa hanze ngo kigere ku Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “Inzego z’ubuyobozi n’iza Politiki za Congo, zirimo na Perezida Felix Tshisekedi, basubiyemo kenshi ko bifuza gutera u Rwanda bagahindura Guverinoma yarwo hakoreshejwe imbaraga.

U Rwanda rwabifashe nk’ibikomeye, kandi rwagize icyo rukora. Muri byo harimo gushyiraho ingamba zo kurinda umutekano wo mu kirere n’ubusugire bw’u Rwanda, no kuburizamo icyahungabanya umutekano kinyuze mu kirere, nyuma y’uko habayeho igitero cya za drone z’inshinwa CH-4 cya DRC cyo muri 2023, ndetse no kuvogera ikirere cy’u Rwanda byakozwe n’indege z’intambara za Congo.”

Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse gushyira hanze itangazo zisabamo u Rwanda ngo gukura abasirikare barwo muri Congo ngo na za Misile zihanura indege zifashishwa na M23.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko itangazo ryashyizwe hanze na USA ku ya 17 Gashyantare 2024 iki Gihugu kirengagije ibi byose byakozwe na Congo, ndetse kikaba cyivuguruza ku ngamba zatanzwe n’Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rwa America mu kwezi k’Ugushyingo 2023 ndetse ubwo uwo muyobozi yagendereraga u Rwanda, yagaragarijwe ukuri ko nta basirikare barwo bari muri Congo.

U Rwanda ruvuga ko rwifuzo ibisobanuro bya Guverinoma ya USA, rwaboneye kandi kwibutsa iki Gihugu ko mu kwezi k’Ukuboza 2001 cyashyize umutwe wa ALIR waje kuvamo FDLR, ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, ariko ukakaba ukomeje gukorana n’ubutegetsi bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

M23 yagaragaje ko aho igenzura ikorana n’abaturage ibikorwa by’iterambere

Next Post

TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel

TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.