Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ivuga ko ubutaka Igihugu cya Djibouti cyahaye u Rwanda mu myaka 10 ishize, bugiye gutunganywa kugira ngo butangire kubyazwa umusaruro.

Mu myaka irindwi ishize Perezida Paul Kagame yari yavuze ko bigomba kwihutishwa kuko byagombaga kugira uruhare rukomeye ku bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga.

Kuva muri 2013 kugeza 2023; Imyaka icumi irashize Igihugu cya Djibouti gihaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 buherereye ku cyambu cya Djibouti na Dubai.

Muri 2017 Guverinoma ya Djibouti yongeye guha u Rwanda izindi hegitari 40. Aho hari nyuma y’umwaka umwe u Rwanda ruhaye Djibouti hegitari 10 zo mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Ubwo butaka bw’u Rwanda muri Djibouti hashingiye ku gace buherereyemo, bwafatwaga nk’andi mahirwe mu bucuruzi n’ishoramari by’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatatu yari kumwe na mugenzi we wa Djibouti, Mahmoud Ali Youssouf; yavuze ko bemeranyijwe kubyaza umusaruro ubu butaha.

Dr Biruta yagize ati “Icyo twumvikanye muri iyi nama ni uko hakorwa inyigo zikarangira vuba. Kugira ngo ubwo butaka bubashe gukorwaho ishoramari nk’uko byari biteganyijwe. Ibyo twumvikanye ko twihutira kubikora kuko hari ababishinzwe bagiye basura ubwo butaka ku mpande zombi. Igikwiye kwihutishwa rero uyu munsi ni ukurangiza inyigo zijyanye n’ishoramari rigomba gukorwa kuri ubwo butaka.”

Uyu mukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutaka twahaye Djibouti buje bukurikira ubwo bahaye u Rwanda. bo babikoze mbere, twebwe twabishyuraga. Hari uburyo bwinshi bwo kububyaza umusaruro. Ariko abikorera ku giti ni bo bagomba gufata iya mbere. Djibouti ni Igihugu giherereye ahantu heza. Iruhande rw’inyanja itukura.

Yakomeje agira ati “Dukora ubucuruzi bwinshi bwambukiranya muri ako gace. Nidutunganya kariya gace, tuzagira inyungu zitandukanye. Bizatuma ibicuruzwa byacu bibasha kugera kuri kiriya cyambu. Ndetse ntidushyiraho n’ubwo bufasha indege zitwara imizigo; bizagabanya igihe ibicuruzwa byacu bimara mu nzira biva muri kariya gace biza hano. Ariko turashaka ko abikorera bafata iya mbere, Guverinoma ikaba umufatanyabikorwa.”

Aba bayobozi ba Guverinoma z’Ibihugu byombi impande zombi zifitanye amasezerano menshi ariko amenshi akaba atarashyirwa mu bikorwa.

Ayo masezerano kandi yongeweho andi arebana n’amahugurwa mu bya dipolomasi; ayo guteza imbere ubuhinzi n’ubukerarugendo, yasinywe kuri iyi nshuro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Next Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.