Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ivuga ko ubutaka Igihugu cya Djibouti cyahaye u Rwanda mu myaka 10 ishize, bugiye gutunganywa kugira ngo butangire kubyazwa umusaruro.

Mu myaka irindwi ishize Perezida Paul Kagame yari yavuze ko bigomba kwihutishwa kuko byagombaga kugira uruhare rukomeye ku bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga.

Kuva muri 2013 kugeza 2023; Imyaka icumi irashize Igihugu cya Djibouti gihaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 buherereye ku cyambu cya Djibouti na Dubai.

Muri 2017 Guverinoma ya Djibouti yongeye guha u Rwanda izindi hegitari 40. Aho hari nyuma y’umwaka umwe u Rwanda ruhaye Djibouti hegitari 10 zo mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Ubwo butaka bw’u Rwanda muri Djibouti hashingiye ku gace buherereyemo, bwafatwaga nk’andi mahirwe mu bucuruzi n’ishoramari by’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatatu yari kumwe na mugenzi we wa Djibouti, Mahmoud Ali Youssouf; yavuze ko bemeranyijwe kubyaza umusaruro ubu butaha.

Dr Biruta yagize ati “Icyo twumvikanye muri iyi nama ni uko hakorwa inyigo zikarangira vuba. Kugira ngo ubwo butaka bubashe gukorwaho ishoramari nk’uko byari biteganyijwe. Ibyo twumvikanye ko twihutira kubikora kuko hari ababishinzwe bagiye basura ubwo butaka ku mpande zombi. Igikwiye kwihutishwa rero uyu munsi ni ukurangiza inyigo zijyanye n’ishoramari rigomba gukorwa kuri ubwo butaka.”

Uyu mukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutaka twahaye Djibouti buje bukurikira ubwo bahaye u Rwanda. bo babikoze mbere, twebwe twabishyuraga. Hari uburyo bwinshi bwo kububyaza umusaruro. Ariko abikorera ku giti ni bo bagomba gufata iya mbere. Djibouti ni Igihugu giherereye ahantu heza. Iruhande rw’inyanja itukura.

Yakomeje agira ati “Dukora ubucuruzi bwinshi bwambukiranya muri ako gace. Nidutunganya kariya gace, tuzagira inyungu zitandukanye. Bizatuma ibicuruzwa byacu bibasha kugera kuri kiriya cyambu. Ndetse ntidushyiraho n’ubwo bufasha indege zitwara imizigo; bizagabanya igihe ibicuruzwa byacu bimara mu nzira biva muri kariya gace biza hano. Ariko turashaka ko abikorera bafata iya mbere, Guverinoma ikaba umufatanyabikorwa.”

Aba bayobozi ba Guverinoma z’Ibihugu byombi impande zombi zifitanye amasezerano menshi ariko amenshi akaba atarashyirwa mu bikorwa.

Ayo masezerano kandi yongeweho andi arebana n’amahugurwa mu bya dipolomasi; ayo guteza imbere ubuhinzi n’ubukerarugendo, yasinywe kuri iyi nshuro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Next Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.