Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangaje inkuru nziza ku butaka rwahawe bumaze imyaka 10 ntacyo bukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ivuga ko ubutaka Igihugu cya Djibouti cyahaye u Rwanda mu myaka 10 ishize, bugiye gutunganywa kugira ngo butangire kubyazwa umusaruro.

Mu myaka irindwi ishize Perezida Paul Kagame yari yavuze ko bigomba kwihutishwa kuko byagombaga kugira uruhare rukomeye ku bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga.

Kuva muri 2013 kugeza 2023; Imyaka icumi irashize Igihugu cya Djibouti gihaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 buherereye ku cyambu cya Djibouti na Dubai.

Muri 2017 Guverinoma ya Djibouti yongeye guha u Rwanda izindi hegitari 40. Aho hari nyuma y’umwaka umwe u Rwanda ruhaye Djibouti hegitari 10 zo mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Ubwo butaka bw’u Rwanda muri Djibouti hashingiye ku gace buherereyemo, bwafatwaga nk’andi mahirwe mu bucuruzi n’ishoramari by’u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatatu yari kumwe na mugenzi we wa Djibouti, Mahmoud Ali Youssouf; yavuze ko bemeranyijwe kubyaza umusaruro ubu butaha.

Dr Biruta yagize ati “Icyo twumvikanye muri iyi nama ni uko hakorwa inyigo zikarangira vuba. Kugira ngo ubwo butaka bubashe gukorwaho ishoramari nk’uko byari biteganyijwe. Ibyo twumvikanye ko twihutira kubikora kuko hari ababishinzwe bagiye basura ubwo butaka ku mpande zombi. Igikwiye kwihutishwa rero uyu munsi ni ukurangiza inyigo zijyanye n’ishoramari rigomba gukorwa kuri ubwo butaka.”

Uyu mukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutaka twahaye Djibouti buje bukurikira ubwo bahaye u Rwanda. bo babikoze mbere, twebwe twabishyuraga. Hari uburyo bwinshi bwo kububyaza umusaruro. Ariko abikorera ku giti ni bo bagomba gufata iya mbere. Djibouti ni Igihugu giherereye ahantu heza. Iruhande rw’inyanja itukura.

Yakomeje agira ati “Dukora ubucuruzi bwinshi bwambukiranya muri ako gace. Nidutunganya kariya gace, tuzagira inyungu zitandukanye. Bizatuma ibicuruzwa byacu bibasha kugera kuri kiriya cyambu. Ndetse ntidushyiraho n’ubwo bufasha indege zitwara imizigo; bizagabanya igihe ibicuruzwa byacu bimara mu nzira biva muri kariya gace biza hano. Ariko turashaka ko abikorera bafata iya mbere, Guverinoma ikaba umufatanyabikorwa.”

Aba bayobozi ba Guverinoma z’Ibihugu byombi impande zombi zifitanye amasezerano menshi ariko amenshi akaba atarashyirwa mu bikorwa.

Ayo masezerano kandi yongeweho andi arebana n’amahugurwa mu bya dipolomasi; ayo guteza imbere ubuhinzi n’ubukerarugendo, yasinywe kuri iyi nshuro.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Next Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.