Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanenze imyitwarire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kugaragaza ko yifuza inzira za Gisirikare mu gihe Perezida w’iki Gihugu yakunze kuvuga ko yifuza inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yakunze gutangaza ko yifuza ko habaho ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ariko imyitwariro yongeye kugaragazwa na Guverinoma ya Congo ihabanye n’ibyo yavuze.

Iri ritangazo rikomeza rivuga ko “Amatangazo ndetse n’ibikorwa byongeye kuburwa, bigaragaza ko Guverinoma ya DRC yahisemo inzira za gisirikare.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibyo kuba “FARDC ifatanyije n’iyi mitwe bubuye ibitero ku mutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo, ari ukurenga ku byumvikanyweho mu nzira ziherutse kwiyemezwa zirimo inama z’i Nairobi n’i Luanda” zombi zasabaga ko Congo iyoboka inzira z’ibiganiro.

Nyamara ibyo byose Congo yabirenzeho ahubwo Igisirikare cyayo cyongera kurasa ibisasu biremereye bigamije kwibasira bamwe mu banyekongo no guhungabanya ibice by’imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda ahubwo ikarenga igashinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, rukavuga ko rutazabyihanganira.

U Rwanda ruvuga ko nubwo bimeze gutyo ubuyobozi bwa DRC ndetse n’Igisirikare cy’iki Gihugu bakaba bakomeje gushotora u Rwanda, rwo rukomeje gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano mu karere no kugarura amahoro.

Iri tangazo risoza rivuga ko ibyo kuba Congo ikomeje kwegeka ibibazo ku Rwanda no kuyishinja ibinyoma, ruzakomeza kubyamaganira kure.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye, intambara ihanganishije igisirikare cya Congo na M23 yongeye kubura mu cyumweru gishize, aho FARDC ari yo yakomye rutenderi ikagaba ibitero kuri uyu mutwe uharanira uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Umutwe wa M23 wagabweho ibitero, wongeye kwirwanaho ndetse ufata akandi gace ka Ntamugenga ko muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kafashwe nyuma y’imirwano iremereye.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wagiriye uruzinduko mu Bwongereza mu cyumweru gishize, yaganiriye na bamwe mu Banyekongo baba muri kiriya Gihugu, bamusaba ko yatera u Rwanda, abasubiza ko ubu ashyize imbere inzira y’ibiganiro, ariko ko ninanirana ntakizabuza kuyoboka iyo nzira y’amasasu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + ten =

Previous Post

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

Next Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.