Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanenze imyitwarire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kugaragaza ko yifuza inzira za Gisirikare mu gihe Perezida w’iki Gihugu yakunze kuvuga ko yifuza inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yakunze gutangaza ko yifuza ko habaho ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ariko imyitwariro yongeye kugaragazwa na Guverinoma ya Congo ihabanye n’ibyo yavuze.

Iri ritangazo rikomeza rivuga ko “Amatangazo ndetse n’ibikorwa byongeye kuburwa, bigaragaza ko Guverinoma ya DRC yahisemo inzira za gisirikare.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibyo kuba “FARDC ifatanyije n’iyi mitwe bubuye ibitero ku mutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo, ari ukurenga ku byumvikanyweho mu nzira ziherutse kwiyemezwa zirimo inama z’i Nairobi n’i Luanda” zombi zasabaga ko Congo iyoboka inzira z’ibiganiro.

Nyamara ibyo byose Congo yabirenzeho ahubwo Igisirikare cyayo cyongera kurasa ibisasu biremereye bigamije kwibasira bamwe mu banyekongo no guhungabanya ibice by’imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda ahubwo ikarenga igashinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, rukavuga ko rutazabyihanganira.

U Rwanda ruvuga ko nubwo bimeze gutyo ubuyobozi bwa DRC ndetse n’Igisirikare cy’iki Gihugu bakaba bakomeje gushotora u Rwanda, rwo rukomeje gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano mu karere no kugarura amahoro.

Iri tangazo risoza rivuga ko ibyo kuba Congo ikomeje kwegeka ibibazo ku Rwanda no kuyishinja ibinyoma, ruzakomeza kubyamaganira kure.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye, intambara ihanganishije igisirikare cya Congo na M23 yongeye kubura mu cyumweru gishize, aho FARDC ari yo yakomye rutenderi ikagaba ibitero kuri uyu mutwe uharanira uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Umutwe wa M23 wagabweho ibitero, wongeye kwirwanaho ndetse ufata akandi gace ka Ntamugenga ko muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kafashwe nyuma y’imirwano iremereye.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wagiriye uruzinduko mu Bwongereza mu cyumweru gishize, yaganiriye na bamwe mu Banyekongo baba muri kiriya Gihugu, bamusaba ko yatera u Rwanda, abasubiza ko ubu ashyize imbere inzira y’ibiganiro, ariko ko ninanirana ntakizabuza kuyoboka iyo nzira y’amasasu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

Next Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.