Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi 20 basoje amahugurwa yisumbuye mu gucunga umutekano wo mu muhanda hifashishijwe moto zabigenewe, aho bahawe ubumenyi burimo kubasha kugendera ku muvuduko uri hejuru no kubasha guhagarara bitunguranye.

Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bwa Poliri y’u Rwanda n’urwego rwa Carabinieri mu Butaliyani, yasojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, nyuma y’ibyumweru bine abera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi (PTS) rya Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, yavuze ko uko u Rwanda rugenda rurushaho gutera imbere, haba hanakenewe ubumenyi bwisumbuyeho mu nzego zose zirimo no gucunga umutekano.

Yagize ati “Kwihuta kw’iterambere mu bukungu ry’u Rwanda no gufungurira amarembo abashoramari n’abashyitsi b’abanyamahanga, byongereye umubare w’abakoresha umuhanda amanywa n’ijoro ku ruhande rumwe.

Ku rundi ruhande, abayobozi n’abanyacyubahiro basura Igihugu, batumye akazi ka Polisi y’u Rwanda ko kubungabunga umutekano wo mu muhanda kaguka, hiyongeraho n’inshingano zo kubaherekeza zikorwa n’abapolisi umunsi ku munsi.”

DIGP Sano wavuze ko aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani, azafasha aba Bapolisi kugira ubumenyi buba bukenewe mu gutwara moto zifashishwa muri ibi bikorwa, kuko bisaba tekiniki zihariye zirimo kugendera ku muvuduko wo hejuru igihe baherekeje abanyacyubahiro.

Yaboneyeho kandi gushimira Guverinoma y’u Butaliyani by’umwihariko urwego rwa Carabinieri [ni nka Polisi] ku bw’umusanzu itanga mu gufasha Polisi kugira abapolisi bafite ubu bumenyi, aho yohereza abarimu bazobereye muri aya masomo yo gutwara amapikipiki.

Col. Francesco Sessa, wari uhagarariye Carabinieri mu Rwanda muri uyu muhango, na we yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu kugira ngo aya mahugurwa atangwe neza, nko gushaka ibikoresho bikenerwa.

Aya mahugurwa ahabwa abapolisi mu gutwara moto zifashishwa mu gucunga umutekano, ni umwe mu musaruro w’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani.

Bumwe mu bumenyi bwahawe aba Bapolisi, harimo tekiniki mu kwihuta ku muvuduko uri hejuru kuri ibi binyabiziga bya moto, kubasha guhagarara bitunguranye, kwirinda kugongana igihe bakurikiranye, guherekeza abanyacyubahiro no kugenda ari babiri no kugendera mu itsinda.

Aba Bapolisi bagaragaje ubumenyi bafite mu gutwara moto
DIGP Sano yashimiye Carabinieri yo mu Butaliyani
Col. Francesco Sessa na we yashimiye Polisi y’u Rwanda
Abapolisi 20 basoje aya mahugurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Menya ibyo Madamu Jeannette Kagame yaganiriye n’Abayobozi b’amarushanwa akomeye muri Afurika barimo Umunyarwandakazi

Next Post

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.