Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi 20 basoje amahugurwa yisumbuye mu gucunga umutekano wo mu muhanda hifashishijwe moto zabigenewe, aho bahawe ubumenyi burimo kubasha kugendera ku muvuduko uri hejuru no kubasha guhagarara bitunguranye.

Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bwa Poliri y’u Rwanda n’urwego rwa Carabinieri mu Butaliyani, yasojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, nyuma y’ibyumweru bine abera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi (PTS) rya Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, yavuze ko uko u Rwanda rugenda rurushaho gutera imbere, haba hanakenewe ubumenyi bwisumbuyeho mu nzego zose zirimo no gucunga umutekano.

Yagize ati “Kwihuta kw’iterambere mu bukungu ry’u Rwanda no gufungurira amarembo abashoramari n’abashyitsi b’abanyamahanga, byongereye umubare w’abakoresha umuhanda amanywa n’ijoro ku ruhande rumwe.

Ku rundi ruhande, abayobozi n’abanyacyubahiro basura Igihugu, batumye akazi ka Polisi y’u Rwanda ko kubungabunga umutekano wo mu muhanda kaguka, hiyongeraho n’inshingano zo kubaherekeza zikorwa n’abapolisi umunsi ku munsi.”

DIGP Sano wavuze ko aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani, azafasha aba Bapolisi kugira ubumenyi buba bukenewe mu gutwara moto zifashishwa muri ibi bikorwa, kuko bisaba tekiniki zihariye zirimo kugendera ku muvuduko wo hejuru igihe baherekeje abanyacyubahiro.

Yaboneyeho kandi gushimira Guverinoma y’u Butaliyani by’umwihariko urwego rwa Carabinieri [ni nka Polisi] ku bw’umusanzu itanga mu gufasha Polisi kugira abapolisi bafite ubu bumenyi, aho yohereza abarimu bazobereye muri aya masomo yo gutwara amapikipiki.

Col. Francesco Sessa, wari uhagarariye Carabinieri mu Rwanda muri uyu muhango, na we yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu kugira ngo aya mahugurwa atangwe neza, nko gushaka ibikoresho bikenerwa.

Aya mahugurwa ahabwa abapolisi mu gutwara moto zifashishwa mu gucunga umutekano, ni umwe mu musaruro w’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani.

Bumwe mu bumenyi bwahawe aba Bapolisi, harimo tekiniki mu kwihuta ku muvuduko uri hejuru kuri ibi binyabiziga bya moto, kubasha guhagarara bitunguranye, kwirinda kugongana igihe bakurikiranye, guherekeza abanyacyubahiro no kugenda ari babiri no kugendera mu itsinda.

Aba Bapolisi bagaragaje ubumenyi bafite mu gutwara moto
DIGP Sano yashimiye Carabinieri yo mu Butaliyani
Col. Francesco Sessa na we yashimiye Polisi y’u Rwanda
Abapolisi 20 basoje aya mahugurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

Menya ibyo Madamu Jeannette Kagame yaganiriye n’Abayobozi b’amarushanwa akomeye muri Afurika barimo Umunyarwandakazi

Next Post

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

24/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.