Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzi Israel Mbonyi, yakoze amateka yo kuzuza Miliyoni imwe y’abamukurikira (Subscribers) ku rubuga rwa YouTube, ahita aba umuhanzi wa mbere ku giti cye mu ndirimbo z’Imana wujuje uyu mubare.

Byatangajwe n’uyu muhanzi kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo byo kuba yujije uyu mubare wa Miliyoni 1 y’aba- Subscribers.

Izindi Nkuru

Mu butumwa ashimira abantu, Israel Mbonyi yagize ati “Mwakoze kuri Miliyoni y’abankurikira. Imana ihe umugisha buri wese wo.”

Israel Mbonyi, uri mu bayoboye umuziki wa Gospel Nyarwanda, yujuje imyaka 10 yinjiye muri muzika, kuko yawutangiye muri 2014.

Yamamaye mu buryo bwihuse, kuko agitangira umuziki, yagiye amenyekana cyane kubera indirimbo ze zose zasohokaga zigakundwa na benshi yaba abakunze kujya gusenga Imana mu nsengero ndetse n’abandi bose.

Abaye umuhanzi wa mbere ku giti cye mu Rwanda, wujuje aba-Subscribers bangana na Miliyoni 1, yaba mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse no mu ndirimbo zisanzwe.

Ni mu gihe Korali ya Ambassadors of Christ, imaze umwaka umwe yujuje Miliyoni y’ababakurikira ku rubuga rwa YouTube, aho iyi Korali mu idini y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi iri mu zikunzwe mu Rwanda.

Nanone kandi Umunanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy na we afite uyu mubare wa Miliyoni imwe y’Aba- Subscribers kuri YouTube, aho we yatangiriye mu ndirimbo zisanzwe, ariko ubu akaba yaramaze kwiyegurira Imana. Bivuze ko aba bamukurikiye kuri YouTube bose batabonetse bakurikiye Indirimbo z’Imana nk’uko bimeze kuri Israel Mbonyi.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru