Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Abapolisi 20 basoje amahugurwa yisumbuye mu gucunga umutekano wo mu muhanda hifashishijwe moto zabigenewe, aho bahawe ubumenyi burimo kubasha kugendera ku muvuduko uri hejuru no kubasha guhagarara bitunguranye.

Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bwa Poliri y’u Rwanda n’urwego rwa Carabinieri mu Butaliyani, yasojwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Werurwe 2024, nyuma y’ibyumweru bine abera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi (PTS) rya Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, yavuze ko uko u Rwanda rugenda rurushaho gutera imbere, haba hanakenewe ubumenyi bwisumbuyeho mu nzego zose zirimo no gucunga umutekano.

Yagize ati “Kwihuta kw’iterambere mu bukungu ry’u Rwanda no gufungurira amarembo abashoramari n’abashyitsi b’abanyamahanga, byongereye umubare w’abakoresha umuhanda amanywa n’ijoro ku ruhande rumwe.

Ku rundi ruhande, abayobozi n’abanyacyubahiro basura Igihugu, batumye akazi ka Polisi y’u Rwanda ko kubungabunga umutekano wo mu muhanda kaguka, hiyongeraho n’inshingano zo kubaherekeza zikorwa n’abapolisi umunsi ku munsi.”

DIGP Sano wavuze ko aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani, azafasha aba Bapolisi kugira ubumenyi buba bukenewe mu gutwara moto zifashishwa muri ibi bikorwa, kuko bisaba tekiniki zihariye zirimo kugendera ku muvuduko wo hejuru igihe baherekeje abanyacyubahiro.

Yaboneyeho kandi gushimira Guverinoma y’u Butaliyani by’umwihariko urwego rwa Carabinieri [ni nka Polisi] ku bw’umusanzu itanga mu gufasha Polisi kugira abapolisi bafite ubu bumenyi, aho yohereza abarimu bazobereye muri aya masomo yo gutwara amapikipiki.

Col. Francesco Sessa, wari uhagarariye Carabinieri mu Rwanda muri uyu muhango, na we yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu kugira ngo aya mahugurwa atangwe neza, nko gushaka ibikoresho bikenerwa.

Aya mahugurwa ahabwa abapolisi mu gutwara moto zifashishwa mu gucunga umutekano, ni umwe mu musaruro w’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani.

Bumwe mu bumenyi bwahawe aba Bapolisi, harimo tekiniki mu kwihuta ku muvuduko uri hejuru kuri ibi binyabiziga bya moto, kubasha guhagarara bitunguranye, kwirinda kugongana igihe bakurikiranye, guherekeza abanyacyubahiro no kugenda ari babiri no kugendera mu itsinda.

Aba Bapolisi bagaragaje ubumenyi bafite mu gutwara moto
DIGP Sano yashimiye Carabinieri yo mu Butaliyani
Col. Francesco Sessa na we yashimiye Polisi y’u Rwanda
Abapolisi 20 basoje aya mahugurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Menya ibyo Madamu Jeannette Kagame yaganiriye n’Abayobozi b’amarushanwa akomeye muri Afurika barimo Umunyarwandakazi

Next Post

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Related Posts

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda
AMAHANGA

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

14/07/2025
Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.