Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yafunguye Ambasade yayo muri Indonesia bituma kugeza ubu u Rwanda rugira ambasade 49, aho iyi yafunguwe muri Indonesia yitezweho kwagura no guteza imbere imikoranire n’umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Ambasade y’u Rwanda i Jakarta muri Indonesia yatumye ubu u Rwanda rugira izibarirwa muri 49 Mu bihugu 147 byo ku Migabane uko ari itanu ku Isi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wafunguye ku mugaragaro iyi Ambasade; yavuze ko bizafasha kurushaho koroshya imikoranire itanga inyungu ku batuye Ibihugu byombi.

Yagize ati “Iyi ambasade ni ikimenyetso cyo gutsimbataza ubucuti dusanganywe. Izarushako koroshya ibiganiro bishingiye kuri dipolomasi no gutanga serivisi nziza ku baturage bacu. Ibi bigaragaza ko dushaka gushinga imizi muri Indonesia no muri aka karere.”

Minisitiri Biruta kandi yagarutse ku biganiro yagiranye na mugenzi we wa Indonesia, byagarutse ku gushyira mu bikorwa ibyo Ibihugu byombi byemeranyijwe birimo mu bucuruzi, ishoramari n’uburezi.

Ati “Turashaka kandi no gufatanya mu zindi nzego zirimo ubukerarugendo, ubuzima, igisirikare, n’umutekano.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Indonesia, Retno Marsudi yavuze ko u Rwanda rusanzwe ari umufatanyabikorwa mwiza w’iki Gihugu ku Mugabane wa Afurika, ndetse iki Gihugu kikaba giteganya gushyiraho n’imikoranire ihangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Ati “Iyi Ambasade ivuze byinshi mi mibanire y’u Rwanda na Indonesia. Mu biganiro twagiranye twaganiriye ku bintu byinshi by’ingenzi. Icya mbere ni imikoranire muri politike n’umutekano, twemeranyije imikoranire mu bya politike. mu minsi micye ishize twatangiye gutegura imikoranire y’inzego za polisi mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.”

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022 Perezida Paul Lagame yagiriye uruzinduko muri Indonesia, anagirana ibiganiro na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Joko Widodo byagarutse ku mikoranire mu nzego zitandukanye zigamije ubufatanye butanga inyungu zihuriweho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari yasuye iki Gihugu 2014, aho yari yahuye na Muhammad Jusuf Kalla wari Visi Perezida.

Indonesia igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubucuruzi Ibihugu byombi byakoranye bwazamutse ku rugero rwa 32%. Mu rwego rwo kwagura iyi mikoranire; kuva muri Gashyantare 2023 Indonesia itanga Visa ku Banyarwanda ari uko bagezeyo. iki Gihugu kandi cyakuyeho ikiguzi cya Visa ku badipolomate.

Iki gikorwa cyakozwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seven =

Previous Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Next Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.