Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yafunguye Ambasade yayo muri Indonesia bituma kugeza ubu u Rwanda rugira ambasade 49, aho iyi yafunguwe muri Indonesia yitezweho kwagura no guteza imbere imikoranire n’umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Ambasade y’u Rwanda i Jakarta muri Indonesia yatumye ubu u Rwanda rugira izibarirwa muri 49 Mu bihugu 147 byo ku Migabane uko ari itanu ku Isi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wafunguye ku mugaragaro iyi Ambasade; yavuze ko bizafasha kurushaho koroshya imikoranire itanga inyungu ku batuye Ibihugu byombi.

Yagize ati “Iyi ambasade ni ikimenyetso cyo gutsimbataza ubucuti dusanganywe. Izarushako koroshya ibiganiro bishingiye kuri dipolomasi no gutanga serivisi nziza ku baturage bacu. Ibi bigaragaza ko dushaka gushinga imizi muri Indonesia no muri aka karere.”

Minisitiri Biruta kandi yagarutse ku biganiro yagiranye na mugenzi we wa Indonesia, byagarutse ku gushyira mu bikorwa ibyo Ibihugu byombi byemeranyijwe birimo mu bucuruzi, ishoramari n’uburezi.

Ati “Turashaka kandi no gufatanya mu zindi nzego zirimo ubukerarugendo, ubuzima, igisirikare, n’umutekano.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Indonesia, Retno Marsudi yavuze ko u Rwanda rusanzwe ari umufatanyabikorwa mwiza w’iki Gihugu ku Mugabane wa Afurika, ndetse iki Gihugu kikaba giteganya gushyiraho n’imikoranire ihangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Ati “Iyi Ambasade ivuze byinshi mi mibanire y’u Rwanda na Indonesia. Mu biganiro twagiranye twaganiriye ku bintu byinshi by’ingenzi. Icya mbere ni imikoranire muri politike n’umutekano, twemeranyije imikoranire mu bya politike. mu minsi micye ishize twatangiye gutegura imikoranire y’inzego za polisi mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.”

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022 Perezida Paul Lagame yagiriye uruzinduko muri Indonesia, anagirana ibiganiro na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Joko Widodo byagarutse ku mikoranire mu nzego zitandukanye zigamije ubufatanye butanga inyungu zihuriweho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari yasuye iki Gihugu 2014, aho yari yahuye na Muhammad Jusuf Kalla wari Visi Perezida.

Indonesia igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubucuruzi Ibihugu byombi byakoranye bwazamutse ku rugero rwa 32%. Mu rwego rwo kwagura iyi mikoranire; kuva muri Gashyantare 2023 Indonesia itanga Visa ku Banyarwanda ari uko bagezeyo. iki Gihugu kandi cyakuyeho ikiguzi cya Visa ku badipolomate.

Iki gikorwa cyakozwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Next Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.