Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uvuga ko amaze imyaka irenga 20 yikinisha, none bikaba byaramunaniye kubicikaho, aravuga ingaruka bikomeje kumukururira zirimo kuba agiye gutandukana n’umugore yashatse amukunze.

Uyu mugabo yo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yatangiye kwikinisha afite imyaka 16 y’amavuko, none ubu akaba afite 37.

Yabitangiye bigezo yiga mu mashuri yisumbuye, agira ngo yumve icyo bagenzi be babikoraga bamurushije, kuva ubwo bimugira imbata, none n’ubu aracyabikora.

Ati “Ni ibintu natangiye ndi mu mashuri yisumbuye nkabikora buri munsi, nabonye ko ari ikibazo maze gushaka umugore ngejeje imyaka 32 gutera akabariro bikanga ariko we atabizi, bigiye kunsenyera kuko umudamu yambwiye ko agiye gusaba gatanya.”

Uretse kuba bigiye kumusenyera agatandukana n’umugore yashatse amukunze, uyu mugabo avuga ko hari n’izindi ngaruka byamugizeho z’ubuzima.

Ati “Harimo kurwara umutwe udakira, isereri, kurwara umugongo, nk’ubu sinarenza iminota itatu mpagaze.”

Dr. rukundo Arthur, umuganga w’inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera, avuga ko ababaswe no kwikinisha bishoboka ko bavurwa kandi bagakira, asaba ko bakwihutira kugana abaganga hakiri kare kuko iyo bitinze no kuvurwa bifata igihe.

Ati “Ntabwo umuntu yiganiriza, agomba kuganira n’abandi. Abo bantu usanga bajya gushaka imiti y’umutwe ariko kuko atagura icyateye umutwe ntakira. Bakwiye kubonana n’abantu b’inzobere mu mutwe, hari imiti dushobora kumwandikira tukamuha n’ibiganiro tukamwigisha uko agenda agabanya buhoro buhoro akagera kuri frequence normale.”

Dr. Rukundo avuga ko mu mezi atatu gusa yakiriye abantu 15 afite ikibazo nk’iki cyo kubatwa no kwikinisha, icyakora akavuga ko abagifite ari benshi cyane ugereranyije n’abajya kwa muganga.

Raporo y’ikigo World Metrics, igaragaza ko 80% y’abagabo na 58% y’abagore bigeze kwikinisha mu buzima bwabo.

Abahanga mu buzima bagaragaza ko kwikinisha bigira ingaruka ku babikora zirimo kurwara umutwe uhoraho, kuribwa umugongo ndetse n’ibindi bibazo byo mu mutwe.

INKURU MU MAJWI N’AMASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Anonymous says:
    11 months ago

    Nyamara ni ikibazo gikomeye cyane.
    Niba ushaka umugore ugakomeza ukabikora.

    Njyewe c ubwo nzubaka nanje ko mbikoze 12 years. Gusa nko mu mwaka mbikora nka 50 Times
    Mba numva mbonye umugore ahari byagenda.
    Ni ikibazo gikomeye mu rubyiruko byumwihariko abavukiye mu madini babwirwa ko gusambana Ari icyaha.
    Nanjye Bazi ko ntari umusambanyi NDI umusore witonda.
    Byarakaze.
    Nsenga nsaba Imana kuzampa umugore unyumva

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 20 =

Previous Post

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

Next Post

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Related Posts

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare
MU RWANDA

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.