• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi byoherezwa mu Mahanga (NAEB), cyatangaje ko hagati y’itariki 27 Mata n’iya 01 Gicurasi 2026, umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe hanze winjirije u Rwanda miliyari 13,7 Frw.

Aya makuru akubiye mu ncamake yatangajwe na NAEB kuri uyu Kane tariki 07 Gicurasi 2026, aho iki Kigo cyatangaje ko “Kuva ku wa 27/04-01/05/2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda amafaranga asaga miliyari 13,7 Frw, avuye muri 9,488 toni.”

NAEB kandi yagiye igaragaza umusaruro w’ibihingwa byagiye byinjiza aya mafaranga n’ingano yabyo, n’umubare w’amafaranga byavuyemo.

Umusaruro w’Ikawa yoherejwe hanze y’u Rwanda hagati y’ariya matariki, wari toni 236, winjirije iki Gihugu miliyari 1,2 Frw.

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi byoherezwa mu Mahanga kigaragaza kandi ko u Rwanda rwohereje mu mahanga umusaruro w’icyayi ungana na toni 1 232, warwinjirije miliyari 137 Frw

Muri ariya matariki kandi u Rwanda rwohereje hanze toni 366 z’umusaruro w’imboga, warwinjirije miliyoni 898 Frw, ndetse na toni 517 z’umusaruro w’imbuto, wo wavuyemo miliyoni 542, runohereza indabo zari zifite toni 17 zarwinjirije miliyoni 137 Frw.

NAEB kandi yatangaje ko hari ibindi bihingwa bitandukanye bitabuzwe muri biriya byagarutsweho hejuru, bifite toni 6 541 byoherejwe mu mahanga, byinjirije u Rwanda miliyari 5,2 Frw.

Naho umusaruro w’ibikomoka ku bworozi, NAEB yatangaje ko hari amatungo n’ibiyakomokaho bingana na toni 572 byoherejwe hanze y’u Rwanda, birwinjiriza miliyoni 695 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Next Post

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.