Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB rwagaragaje ibyavuye mu bushakashatsi bwerekana uko Itangazamakuru rihagaze mu Rwanda buzwi nka Rwanda Media Barometer aho ubw’uyu mwaka bugaragaza ko Itangazamakuru rya Radio ryizerwa kuri 70,2% mu gihe imbuga nkoranyambaga zizerwa kuri 2%.

Ubu bushakashatsi bwamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, bwerekana ko urwego rw’Itangazamakuru ruhagaze kuri 80,6% ruvuye kuri 60,7% rwariho muri 2013, naho muri 2016 rukaba rwari kuri 69.6% naho muri 2018 rukaba rwari rugeze kuri 72.4%.

Ku bijyanye n’uko ibitangazamakuru byizerwa, Radio yizerwa ku gipimo cya 70,2%, Televisio ikizerwa kuri 24,7%, ibitangazamakuru byo kuri murandasi bikizerwa kuri 2,9%, imbuga nkoranyambaga zikizerwa kuri 2.0% mu gihe itangazamakuru ryandikwa ku mpapuro ari 0,2%.

Radio 10 ni imwe muri Radio ikurikirwa na benshi

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko igitangazamakuru cya Radio ari cyo abantu bishimira kuba bamenyeraho amakuru aho iri ku gipimo cya 94,3%, Television ikaba kuri 50,5%, imbuga Nkoranyambaga zikagira 41,6% naho ibitangazamakuru byandika bikaba biri kuri 31,4%.

Naho ku mu bijyanye nikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga, WhatsApp ni yo iza ku mwanya wa mbere aho iri ku gipimo cya 87,1%, YouTube ikaba kuri 68,3, Facebook ikagira 64,9%, Instagram ikagira 26,6% naho Twitter ikagira kuri 21,8%.

 

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo ni 86%

bwagaragaje ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru bugeze kuri  93,7% mu gihe ubwo gutanga ibitekerezo ari 86,4%.

Ibi bipimo bishingira ku nkingi eshanu z’ingenzi zirimo, amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru, ubwinshi bw’ibitangazamakuru, uruhare rw’itangazamakuru mu miyoborere, muri Demokarasi no kongerera ubushobozi itangazamakuru n’uburyo bwo kugera ku makuru.

Ubu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko mu gipimimo cy’amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru gihagaze kuri 91% mu gihe ibindi bipimo bitanu biri muri iki biri ku kuri 75% byose hamwe.

Muri ibi bipimo, bigaragaza ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru buhagaze kuri 93,7%, ubwo gutanga ibitekerezo bukaba buri kuri 86,4%, kurengera uburenganzira bw’Abanyamakuru bikaba biri kuri 93,3%, uburenganzira bwo kugera ku makuru buri kuri 94,7% mu gihe ubwigenge bw’umurongo w’itangazamakuru buri kuri 87%.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =

Previous Post

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

Next Post

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.