Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB rwagaragaje ibyavuye mu bushakashatsi bwerekana uko Itangazamakuru rihagaze mu Rwanda buzwi nka Rwanda Media Barometer aho ubw’uyu mwaka bugaragaza ko Itangazamakuru rya Radio ryizerwa kuri 70,2% mu gihe imbuga nkoranyambaga zizerwa kuri 2%.

Ubu bushakashatsi bwamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, bwerekana ko urwego rw’Itangazamakuru ruhagaze kuri 80,6% ruvuye kuri 60,7% rwariho muri 2013, naho muri 2016 rukaba rwari kuri 69.6% naho muri 2018 rukaba rwari rugeze kuri 72.4%.

Ku bijyanye n’uko ibitangazamakuru byizerwa, Radio yizerwa ku gipimo cya 70,2%, Televisio ikizerwa kuri 24,7%, ibitangazamakuru byo kuri murandasi bikizerwa kuri 2,9%, imbuga nkoranyambaga zikizerwa kuri 2.0% mu gihe itangazamakuru ryandikwa ku mpapuro ari 0,2%.

Radio 10 ni imwe muri Radio ikurikirwa na benshi

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko igitangazamakuru cya Radio ari cyo abantu bishimira kuba bamenyeraho amakuru aho iri ku gipimo cya 94,3%, Television ikaba kuri 50,5%, imbuga Nkoranyambaga zikagira 41,6% naho ibitangazamakuru byandika bikaba biri kuri 31,4%.

Naho ku mu bijyanye nikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga, WhatsApp ni yo iza ku mwanya wa mbere aho iri ku gipimo cya 87,1%, YouTube ikaba kuri 68,3, Facebook ikagira 64,9%, Instagram ikagira 26,6% naho Twitter ikagira kuri 21,8%.

 

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo ni 86%

bwagaragaje ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru bugeze kuri  93,7% mu gihe ubwo gutanga ibitekerezo ari 86,4%.

Ibi bipimo bishingira ku nkingi eshanu z’ingenzi zirimo, amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru, ubwinshi bw’ibitangazamakuru, uruhare rw’itangazamakuru mu miyoborere, muri Demokarasi no kongerera ubushobozi itangazamakuru n’uburyo bwo kugera ku makuru.

Ubu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko mu gipimimo cy’amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru gihagaze kuri 91% mu gihe ibindi bipimo bitanu biri muri iki biri ku kuri 75% byose hamwe.

Muri ibi bipimo, bigaragaza ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru buhagaze kuri 93,7%, ubwo gutanga ibitekerezo bukaba buri kuri 86,4%, kurengera uburenganzira bw’Abanyamakuru bikaba biri kuri 93,3%, uburenganzira bwo kugera ku makuru buri kuri 94,7% mu gihe ubwigenge bw’umurongo w’itangazamakuru buri kuri 87%.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 7 =

Previous Post

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

Next Post

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.