Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB rwagaragaje ibyavuye mu bushakashatsi bwerekana uko Itangazamakuru rihagaze mu Rwanda buzwi nka Rwanda Media Barometer aho ubw’uyu mwaka bugaragaza ko Itangazamakuru rya Radio ryizerwa kuri 70,2% mu gihe imbuga nkoranyambaga zizerwa kuri 2%.

Ubu bushakashatsi bwamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, bwerekana ko urwego rw’Itangazamakuru ruhagaze kuri 80,6% ruvuye kuri 60,7% rwariho muri 2013, naho muri 2016 rukaba rwari kuri 69.6% naho muri 2018 rukaba rwari rugeze kuri 72.4%.

Ku bijyanye n’uko ibitangazamakuru byizerwa, Radio yizerwa ku gipimo cya 70,2%, Televisio ikizerwa kuri 24,7%, ibitangazamakuru byo kuri murandasi bikizerwa kuri 2,9%, imbuga nkoranyambaga zikizerwa kuri 2.0% mu gihe itangazamakuru ryandikwa ku mpapuro ari 0,2%.

Radio 10 ni imwe muri Radio ikurikirwa na benshi

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko igitangazamakuru cya Radio ari cyo abantu bishimira kuba bamenyeraho amakuru aho iri ku gipimo cya 94,3%, Television ikaba kuri 50,5%, imbuga Nkoranyambaga zikagira 41,6% naho ibitangazamakuru byandika bikaba biri kuri 31,4%.

Naho ku mu bijyanye nikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga, WhatsApp ni yo iza ku mwanya wa mbere aho iri ku gipimo cya 87,1%, YouTube ikaba kuri 68,3, Facebook ikagira 64,9%, Instagram ikagira 26,6% naho Twitter ikagira kuri 21,8%.

 

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo ni 86%

bwagaragaje ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru bugeze kuri  93,7% mu gihe ubwo gutanga ibitekerezo ari 86,4%.

Ibi bipimo bishingira ku nkingi eshanu z’ingenzi zirimo, amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru, ubwinshi bw’ibitangazamakuru, uruhare rw’itangazamakuru mu miyoborere, muri Demokarasi no kongerera ubushobozi itangazamakuru n’uburyo bwo kugera ku makuru.

Ubu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko mu gipimimo cy’amategeko n’imirongo byorohereza itangazamakuru gihagaze kuri 91% mu gihe ibindi bipimo bitanu biri muri iki biri ku kuri 75% byose hamwe.

Muri ibi bipimo, bigaragaza ko ubwisanzure bw’Itangazamakuru buhagaze kuri 93,7%, ubwo gutanga ibitekerezo bukaba buri kuri 86,4%, kurengera uburenganzira bw’Abanyamakuru bikaba biri kuri 93,3%, uburenganzira bwo kugera ku makuru buri kuri 94,7% mu gihe ubwigenge bw’umurongo w’itangazamakuru buri kuri 87%.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

Next Post

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

France: Muhayimana yabwiye Urukiko ko atari gukora Jenoside kuko Nyina n’umugore we ari Abatutsikazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.