Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, Ubushinjacyaha bwavuze ko butemeranya n’impamvu zashingiweho n’Urukiko mu kumugabanyiriza ibihano bityo ko akwiye guhanishwa igihano cyo gufungwa burundu bwari bwamusabiye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mutarama 2022, urubanza rw’ubujurire ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, rwasubukuwe mu Rukiko rw’Ubujurire aho Ubushinjacyaha bwagize icyo bwongera ku mwanzuro wabwo.

Ubushinjacyaha bwajuririye ku bijyanye n’ibihano byahawe bamwe mu baregwa barimo Rusesabagina Paul bwari bwasabiye gufungwa burundu ariko agahanishwa gufungwa imyaka 25, buvuga ko butanyuzwe n’imikirize y’urubanza mu Rugereko rw’urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

Buvuga ko hakurikijwe uburemere bw’ibyaha byakozwe na Paul Rusesabagina, atari akwiye guhanishwa igihano cyo gufungwa imyaka 25.

Umushinjacyaha Jean Pierre Habarurema yagize ati “Impamvu ebyiri zashingiweho, Ubushinjacyaha ntabwo bwemeranya na zo cyane cyane bikaba bishingira ku ngingo z’amategeko zasobanuwe. Nk’uko bigaragara mu ngingo ya 59 umuntu wagabanyirizwa ibihano kubera ukwemera icyaha ni imwe mu mpamvu nyoroshyacyaha.”

Akomeza agaragaza bimwe mu bishobora gutumwa uwakoze icyaha agabanyirizwa ibihano, nta na kimwe kiri mu nyungu za Rusesabagina Paul.

Jean Pierre Habarurema yasabye Urukiko rw’Ubujurire ko mu gihe ruzaba rugiye kwiherera ngo rufate icyemezo muri uru rubanza, rwazanashingira ku buremere bw’icyaha n’ingaruka cyagize nk’uko biteganywa n’ingingo ya 49 y’itegeko ryerekeye ibyaha n’ibihano.

Ati “Nk’uko twabisobanuye rero tubona Rusesabagina Paul kubera ibyaha yahamijwe n’ingaruka byagize ku bantu ndetse no ku mitungo yabo ubwo buremere butatuma agabanyirizwa ibihano nk’uko byakozwe bityo akaba yari akwiye guhabwa igihano cyo gufungwa burundu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Burkina Faso: Igisirikare cyataye muri yombi Perezida Roch Kabore

Next Post

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.