Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

CREATOR: gd-jpeg v1.0 (using IJG JPEG v62), quality = 85

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu, Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara  uherutse gusabirwa igifungo cy’imyaka 25, yasubiye mu rukiko. Yavuze ko mu byaha 17 akurikiranyweho ngo harimo ibyaha bibiri atigeze yemeranywaho n’ubushinjacyaha kuko ngo bumushinja uruhare muri ibyo byaha kandi ngo si we ugomba kubibazwa.

Muri uru rubanza, Nsabimana Callixte yagarutse mu mvugo itandukanye n’iyo yakoresheje mu maburanisha yose aheruka

Mu rukiko yavugaga yitonze cyane, ijambo ku rindi arishimangira yifashishije inyandiko zikubiyemo inyandiko zishimangira ingingo afata nk’izimurengera. yacishagamo akanakoresha ibimenyetso by’akaboko bigaragaza gushimangira ibyo yavugiraga mu rukiko.

Iri hinduka ry’imivugire, inyandiko n’ibimenyetso by’amaboko, ryazanye n’impinduka kumiburaniye ye.

Ubushize yari yemeye gutangaga ibisoboraro biherekejwe n’inyikirizo ivuga ko yemera ibyaha byose, anaciye bugufi cyane. Gusa uyu munsi siko byagenze.  ku Ku ikubitiro, Nsabimana Callixte yavuze ko nyuma y’aho urubanza rwe ruhurijwe n’urwa Paul Rusesabagia, ngo yasanze ubushinjacyaha bwarazanye inyandiko nshy atigeze amenya. Ibi ngo byatumye abazwa anasubiza ku bintu atazi bityo ngo ibyo yasubije byose mu kwiregura ku byaha akurikiranyweho atari ukuri.

See the source image

Nsabimana Callixte Sankara (Ibumoso) n’umunyamategeko we

Mu byaha 17 akurikiranyweho n’ubushinjacyaha, yavuze ko bibiri muri byo ari byo atabyemeranyaho n’ubushinjacyaha.

Ibyo birimo icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo zitemewe n’icyaha cyiterabwoba ku nyungu za politike.

Nsabimana Callixte yavuze ko ubushinjacyaha bwirengagije nkana ukuri nyakuri, kunagaragazwa n’izo nyandiko z’ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Nsabimana Callixte ari mu bashinze FLN kandi ngo siko bimeze. Uyu mutwe ngo washinzwe mu mwaka wa 2016 bityo Nsabuimana Callixte agahera kuri ibi ahakana ko atigeze arema uyu mutwe w’ingabo, ahubwo ngo yawinjiyemo nyuma.

Yagize ati “Ndamutse narawuremye nabyemera kubera ko nemeye ibyaha biremereye.”

See the source image

Nsabimana Callixte ubwo yerekwaga itangazamakuru

Nsabimana Callixte avuga ko kandi ubushinjacyaha bwirengagije ko  atari afite ubushobozi na buke bwo gutanga amabwiriza muri FLN bityo ngo ntiyigeze atanga ababwiriza yo kugaba ibitero mu Rwanda.

Ubushinjacyaha ngo bwavuze ko uyu mutwe Nbabimana yari abereye umuvugizi wari ufite umurongo wo gukora iterabwoba wica abaturage mu rwego rwo guhatira Leta y’u Rwanda kwemera imishyikirano.

Nsabimana Callixte yavuze ko atari wo murongo mugari bari bafite ahubwo ngo bari bafite umugambi wo guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ikindi ngo ntibigeze batera abaturage. Ibi abishingira ko bishyuzwa amatungo yaramburuye bivuye ku ntandaro yo kwirukanka n’ihahamuka yatewe n’urufaya rw’amasasu yari hagati ya FLN n’igisirikare cy’u Rwanda.

Ibi ngo bishimangira ko bari baje guhangana n’igisirikare ndetse hari n’ibikoresho banyaze ingabo z’u Rwandabityo ngo umutwe w’abarwanyi yavugiraga utari ugamije iterabwoba.

Ibyakozwe mu buryo bunyuranije n’umurongo wa bo, ngo bigomba kubazwa abasirikari bane bakuru bafataka ibyemezo.

Urubanza ruracyakomeje……

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + fourteen =

Previous Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Next Post

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.