Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

CREATOR: gd-jpeg v1.0 (using IJG JPEG v62), quality = 85

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu, Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara  uherutse gusabirwa igifungo cy’imyaka 25, yasubiye mu rukiko. Yavuze ko mu byaha 17 akurikiranyweho ngo harimo ibyaha bibiri atigeze yemeranywaho n’ubushinjacyaha kuko ngo bumushinja uruhare muri ibyo byaha kandi ngo si we ugomba kubibazwa.

Muri uru rubanza, Nsabimana Callixte yagarutse mu mvugo itandukanye n’iyo yakoresheje mu maburanisha yose aheruka

Mu rukiko yavugaga yitonze cyane, ijambo ku rindi arishimangira yifashishije inyandiko zikubiyemo inyandiko zishimangira ingingo afata nk’izimurengera. yacishagamo akanakoresha ibimenyetso by’akaboko bigaragaza gushimangira ibyo yavugiraga mu rukiko.

Iri hinduka ry’imivugire, inyandiko n’ibimenyetso by’amaboko, ryazanye n’impinduka kumiburaniye ye.

Ubushize yari yemeye gutangaga ibisoboraro biherekejwe n’inyikirizo ivuga ko yemera ibyaha byose, anaciye bugufi cyane. Gusa uyu munsi siko byagenze.  ku Ku ikubitiro, Nsabimana Callixte yavuze ko nyuma y’aho urubanza rwe ruhurijwe n’urwa Paul Rusesabagia, ngo yasanze ubushinjacyaha bwarazanye inyandiko nshy atigeze amenya. Ibi ngo byatumye abazwa anasubiza ku bintu atazi bityo ngo ibyo yasubije byose mu kwiregura ku byaha akurikiranyweho atari ukuri.

See the source image

Nsabimana Callixte Sankara (Ibumoso) n’umunyamategeko we

Mu byaha 17 akurikiranyweho n’ubushinjacyaha, yavuze ko bibiri muri byo ari byo atabyemeranyaho n’ubushinjacyaha.

Ibyo birimo icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo zitemewe n’icyaha cyiterabwoba ku nyungu za politike.

Nsabimana Callixte yavuze ko ubushinjacyaha bwirengagije nkana ukuri nyakuri, kunagaragazwa n’izo nyandiko z’ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Nsabimana Callixte ari mu bashinze FLN kandi ngo siko bimeze. Uyu mutwe ngo washinzwe mu mwaka wa 2016 bityo Nsabuimana Callixte agahera kuri ibi ahakana ko atigeze arema uyu mutwe w’ingabo, ahubwo ngo yawinjiyemo nyuma.

Yagize ati “Ndamutse narawuremye nabyemera kubera ko nemeye ibyaha biremereye.”

See the source image

Nsabimana Callixte ubwo yerekwaga itangazamakuru

Nsabimana Callixte avuga ko kandi ubushinjacyaha bwirengagije ko  atari afite ubushobozi na buke bwo gutanga amabwiriza muri FLN bityo ngo ntiyigeze atanga ababwiriza yo kugaba ibitero mu Rwanda.

Ubushinjacyaha ngo bwavuze ko uyu mutwe Nbabimana yari abereye umuvugizi wari ufite umurongo wo gukora iterabwoba wica abaturage mu rwego rwo guhatira Leta y’u Rwanda kwemera imishyikirano.

Nsabimana Callixte yavuze ko atari wo murongo mugari bari bafite ahubwo ngo bari bafite umugambi wo guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ikindi ngo ntibigeze batera abaturage. Ibi abishingira ko bishyuzwa amatungo yaramburuye bivuye ku ntandaro yo kwirukanka n’ihahamuka yatewe n’urufaya rw’amasasu yari hagati ya FLN n’igisirikare cy’u Rwanda.

Ibi ngo bishimangira ko bari baje guhangana n’igisirikare ndetse hari n’ibikoresho banyaze ingabo z’u Rwandabityo ngo umutwe w’abarwanyi yavugiraga utari ugamije iterabwoba.

Ibyakozwe mu buryo bunyuranije n’umurongo wa bo, ngo bigomba kubazwa abasirikari bane bakuru bafataka ibyemezo.

Urubanza ruracyakomeje……

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Next Post

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.