• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

CREATOR: gd-jpeg v1.0 (using IJG JPEG v62), quality = 85

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatatu, Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara  uherutse gusabirwa igifungo cy’imyaka 25, yasubiye mu rukiko. Yavuze ko mu byaha 17 akurikiranyweho ngo harimo ibyaha bibiri atigeze yemeranywaho n’ubushinjacyaha kuko ngo bumushinja uruhare muri ibyo byaha kandi ngo si we ugomba kubibazwa.

Muri uru rubanza, Nsabimana Callixte yagarutse mu mvugo itandukanye n’iyo yakoresheje mu maburanisha yose aheruka

Mu rukiko yavugaga yitonze cyane, ijambo ku rindi arishimangira yifashishije inyandiko zikubiyemo inyandiko zishimangira ingingo afata nk’izimurengera. yacishagamo akanakoresha ibimenyetso by’akaboko bigaragaza gushimangira ibyo yavugiraga mu rukiko.

Iri hinduka ry’imivugire, inyandiko n’ibimenyetso by’amaboko, ryazanye n’impinduka kumiburaniye ye.

Ubushize yari yemeye gutangaga ibisoboraro biherekejwe n’inyikirizo ivuga ko yemera ibyaha byose, anaciye bugufi cyane. Gusa uyu munsi siko byagenze.  ku Ku ikubitiro, Nsabimana Callixte yavuze ko nyuma y’aho urubanza rwe ruhurijwe n’urwa Paul Rusesabagia, ngo yasanze ubushinjacyaha bwarazanye inyandiko nshy atigeze amenya. Ibi ngo byatumye abazwa anasubiza ku bintu atazi bityo ngo ibyo yasubije byose mu kwiregura ku byaha akurikiranyweho atari ukuri.

See the source image

Nsabimana Callixte Sankara (Ibumoso) n’umunyamategeko we

Mu byaha 17 akurikiranyweho n’ubushinjacyaha, yavuze ko bibiri muri byo ari byo atabyemeranyaho n’ubushinjacyaha.

Ibyo birimo icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo zitemewe n’icyaha cyiterabwoba ku nyungu za politike.

Nsabimana Callixte yavuze ko ubushinjacyaha bwirengagije nkana ukuri nyakuri, kunagaragazwa n’izo nyandiko z’ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Nsabimana Callixte ari mu bashinze FLN kandi ngo siko bimeze. Uyu mutwe ngo washinzwe mu mwaka wa 2016 bityo Nsabuimana Callixte agahera kuri ibi ahakana ko atigeze arema uyu mutwe w’ingabo, ahubwo ngo yawinjiyemo nyuma.

Yagize ati “Ndamutse narawuremye nabyemera kubera ko nemeye ibyaha biremereye.”

See the source image

Nsabimana Callixte ubwo yerekwaga itangazamakuru

Nsabimana Callixte avuga ko kandi ubushinjacyaha bwirengagije ko  atari afite ubushobozi na buke bwo gutanga amabwiriza muri FLN bityo ngo ntiyigeze atanga ababwiriza yo kugaba ibitero mu Rwanda.

Ubushinjacyaha ngo bwavuze ko uyu mutwe Nbabimana yari abereye umuvugizi wari ufite umurongo wo gukora iterabwoba wica abaturage mu rwego rwo guhatira Leta y’u Rwanda kwemera imishyikirano.

Nsabimana Callixte yavuze ko atari wo murongo mugari bari bafite ahubwo ngo bari bafite umugambi wo guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ikindi ngo ntibigeze batera abaturage. Ibi abishingira ko bishyuzwa amatungo yaramburuye bivuye ku ntandaro yo kwirukanka n’ihahamuka yatewe n’urufaya rw’amasasu yari hagati ya FLN n’igisirikare cy’u Rwanda.

Ibi ngo bishimangira ko bari baje guhangana n’igisirikare ndetse hari n’ibikoresho banyaze ingabo z’u Rwandabityo ngo umutwe w’abarwanyi yavugiraga utari ugamije iterabwoba.

Ibyakozwe mu buryo bunyuranije n’umurongo wa bo, ngo bigomba kubazwa abasirikari bane bakuru bafataka ibyemezo.

Urubanza ruracyakomeje……

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 8 =

Previous Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Next Post

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.