• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

radiotv10by radiotv10
29/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Bruce Melodie ufashwa mu bikorwa bye bya muzika na Komponyi ya 1:55 AM y’umunyemari Gael Karomba uzwi nka Coach Gael, yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, ubutumwa bamwe bemeza ko buca amarenga y’umwuka utari mwiza waba uri hagati y’aba bombi.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, ahashyirwa ubumaraho amasaha 24 buzwi nka Stories, Bruce Melodie yanditse ngo “Coach akeneye coach.”

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bavuga ko muri ubu butumwa ntawundi Bruce Melodie yashakaga kuvuga uretse uriya munyemari Coach Gael.

Ni nyuma yuko hamaze iminsi havugwa amakuru ko umubano w’aba bombi utanifashe neza, bamwe ndetse bakavuga ko uyu muhanzi yaba atagifashwa na 1:55 AM.

Hari kandi amakuru aherutse kujya hanze yafatiwe i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho uyu muhanzi yari agiye gusuzuma niba amajwi asohoka neza mbere y’igitaramo cyabaye, mu bitaramo byiswe Summer Country Tour amazemo iminsi azengura ibice binyuranye by’Igihugu.

Muri ayo mashusho, Bruce Melodie aba ari kuvugana na Coach Gael basa nk’aho hari ibyo batumvikanaho, ndetse uyu munyemari agahita agenda, mu gihe Bruce Melodie ahaguma.

Uyu muhanzi uri mu bayobozi muzika nyarwanda ya none, yinjiye mu mikoranire Coach Gael muri 2021, aho kuva icyo gihe hahise hagaragara impinduka mu bikorwa by’uyu muhanzi, kuko ari bwo yakoranye n’abahanzi b’ibirangirire, bairmo rurangiranwa Shaggy, ndetse na Diamond Platnumz.

Kugeza ubu nta makuru y’impamo arajya hanze ku itandukana rya Bruce Melodie na 1:55 AM, dore ko impande zombi iyo zibibajijweho, zitanga ibisobanuro bidatomora niba harabayeho gutandukana cyangwa niba imikorere igihari.

Gusa muri ibi bitaramo uyu muhanzi amazemo iminsi, agaragara nk’uwifasha, mu gihe mbere yabaga ari kumwe cyane n’abo muri 1:55 AM byumwihariko Coach Gael ubwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Asia Machinery Sinotruk set to launch first truck assembly factory in Rwanda

Related Posts

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Why spending on your health is never wasted

Why spending on your health is never wasted

by radiotv10
29/06/2026
0

Many people hesitate when it comes to spending money on health. A gym membership feels “expensive,” quality food seems “too...

MTN Iwacu Muzika Festival 2026: Ngoma yakiriye igitaramo cya kabiri cyaranzwe n’ibyishimo n’icyubahiro cyahawe Jay Polly

MTN Iwacu Muzika Festival 2026: Ngoma yakiriye igitaramo cya kabiri cyaranzwe n’ibyishimo n’icyubahiro cyahawe Jay Polly

by radiotv10
28/06/2026
0

Nyuma y’igitaramo cyo gutangiza ku mugaragaro MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye mu Karere ka Huye ku wa 20 Kamena,...

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

Hatangajwe umwanzuro ku bujurire bw’umuhanzi ‘Yampano’ wifuzaga kurekurwa

by radiotv10
26/06/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagumishijeho icyemezo gifunga umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, wari wasabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze,...

Umunyamakuru Robert McKenna yasezeranye n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta

Umunyamakuru Robert McKenna yasezeranye n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta

by radiotv10
25/06/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna, ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yateye indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka urugo nyuma yo...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

Asia Machinery Sinotruk set to launch first truck assembly factory in Rwanda

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.