Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ababajwe n’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Papa Francis, avuga ko yari ijwi ryo kwicisha bugufi no guharanira ubumwe bw’Isi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, nyuma yuko Ibiro bya Papa i Vatican byemeje urupfu rwa Papa Francis watabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa bwe; yagize ati “Tubabajwe n’itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis, Ijwi ry’imbabazi, kwicisha bugufi, no guharanira ubumwe bw’Isi.”

Umukuru w’u Rwanda yashimye imiyoborere ya Nyirubutungane Papa Francis yagize uruhare mu gutuma hamenyekana amateka ya Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ndetse inagira uruhare rukomeye mu guteza imbere imibaniro hagati ya Kiliziya n’akarere.

Ati “Imiyoborere ye yaranzwe no kuzirikana no kumenya amateka ya Kiliziya mu Rwanda, inayobora intambwe nshya mu mibanire hagati ya Kiliziya Gatulika n’akarere kacu, byose bishingiye ku kuri, ubwiyunge, ndetse n’intego zihuriweho ziganisha ku mibereho myiza y’Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije cyane Kiliziya Gatulika, n’Abanyagatulika bose ku Isi.”

Muri Gicurasi 2017, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriwe na Nyirubutungane Papa Francis banagirana ibiganiro, byabaye nyuma y’igihe Kiliziya Gatulika yarakomeje guca ku ruhande uruhare yagize mu mateka mabi yabaye mu Rwanda ya Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko ibyakozwe n’Abihayimana bayigizemo uruhare.

Muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’u Rwanda, Papa Francis yasabye Imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa Kiliziya Gatulika muri aya mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, bahanye impano, aho Umukuru w’u Rwanda yashimye iyo yahawe na Papa Francis.

Mu masengesho yo gushima Imana yabaye muri Nzeri uwo mwaka wa 2017 Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bagiriye uruzinduko i Vatican, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku gisobanuro cy’impano yahawe na Papa.

Yagize ati “Yari impano nziza, ni nk’ifoto ariko yashushanyijwe n’umuntu, ansobanurira ko ari inzira iva mu icuraburindi, mu butayu, ijya ahera imyaka, aharumbutse, ahari ibyiza gusa. Arangije arambwira ngo icyo abimpereye ni uko azi ko ari rwo rugendo igihugu cyacu kirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda banyuze mu bihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bari no Kwibuka ku nshuro ya 31, avuga ko ariko aya mateka mabi, badashobora kongera kuyasubiramo, ahubwo ko bazakomeza kujya aheza nk’uko iriya mpano ya Papa Francis ibisubanura.

Muri 2017 Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Vatican
Icyo gihe Papa Francis yahaye Perezida Kagame impano anamusobanurira icyo isobanuye ku mateka y’u Rwanda
Umukuru w’u Rwanda na we yamushyikirije impano yamuteguriye, iramunyura
Optimized by JPEGmini 3.13.3.15 0xa362b87a

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Next Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.