• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ababajwe n’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Papa Francis, avuga ko yari ijwi ryo kwicisha bugufi no guharanira ubumwe bw’Isi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, nyuma yuko Ibiro bya Papa i Vatican byemeje urupfu rwa Papa Francis watabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa bwe; yagize ati “Tubabajwe n’itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis, Ijwi ry’imbabazi, kwicisha bugufi, no guharanira ubumwe bw’Isi.”

Umukuru w’u Rwanda yashimye imiyoborere ya Nyirubutungane Papa Francis yagize uruhare mu gutuma hamenyekana amateka ya Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ndetse inagira uruhare rukomeye mu guteza imbere imibaniro hagati ya Kiliziya n’akarere.

Ati “Imiyoborere ye yaranzwe no kuzirikana no kumenya amateka ya Kiliziya mu Rwanda, inayobora intambwe nshya mu mibanire hagati ya Kiliziya Gatulika n’akarere kacu, byose bishingiye ku kuri, ubwiyunge, ndetse n’intego zihuriweho ziganisha ku mibereho myiza y’Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije cyane Kiliziya Gatulika, n’Abanyagatulika bose ku Isi.”

Muri Gicurasi 2017, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriwe na Nyirubutungane Papa Francis banagirana ibiganiro, byabaye nyuma y’igihe Kiliziya Gatulika yarakomeje guca ku ruhande uruhare yagize mu mateka mabi yabaye mu Rwanda ya Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko ibyakozwe n’Abihayimana bayigizemo uruhare.

Muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’u Rwanda, Papa Francis yasabye Imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa Kiliziya Gatulika muri aya mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, bahanye impano, aho Umukuru w’u Rwanda yashimye iyo yahawe na Papa Francis.

Mu masengesho yo gushima Imana yabaye muri Nzeri uwo mwaka wa 2017 Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bagiriye uruzinduko i Vatican, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku gisobanuro cy’impano yahawe na Papa.

Yagize ati “Yari impano nziza, ni nk’ifoto ariko yashushanyijwe n’umuntu, ansobanurira ko ari inzira iva mu icuraburindi, mu butayu, ijya ahera imyaka, aharumbutse, ahari ibyiza gusa. Arangije arambwira ngo icyo abimpereye ni uko azi ko ari rwo rugendo igihugu cyacu kirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda banyuze mu bihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bari no Kwibuka ku nshuro ya 31, avuga ko ariko aya mateka mabi, badashobora kongera kuyasubiramo, ahubwo ko bazakomeza kujya aheza nk’uko iriya mpano ya Papa Francis ibisubanura.

Muri 2017 Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Vatican
Icyo gihe Papa Francis yahaye Perezida Kagame impano anamusobanurira icyo isobanuye ku mateka y’u Rwanda
Umukuru w’u Rwanda na we yamushyikirije impano yamuteguriye, iramunyura
Optimized by JPEGmini 3.13.3.15 0xa362b87a

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Next Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.