Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ababajwe n’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Papa Francis, avuga ko yari ijwi ryo kwicisha bugufi no guharanira ubumwe bw’Isi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, nyuma yuko Ibiro bya Papa i Vatican byemeje urupfu rwa Papa Francis watabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere wa Pasika.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa bwe; yagize ati “Tubabajwe n’itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis, Ijwi ry’imbabazi, kwicisha bugufi, no guharanira ubumwe bw’Isi.”

Umukuru w’u Rwanda yashimye imiyoborere ya Nyirubutungane Papa Francis yagize uruhare mu gutuma hamenyekana amateka ya Kiliziya Gatulika mu Rwanda, ndetse inagira uruhare rukomeye mu guteza imbere imibaniro hagati ya Kiliziya n’akarere.

Ati “Imiyoborere ye yaranzwe no kuzirikana no kumenya amateka ya Kiliziya mu Rwanda, inayobora intambwe nshya mu mibanire hagati ya Kiliziya Gatulika n’akarere kacu, byose bishingiye ku kuri, ubwiyunge, ndetse n’intego zihuriweho ziganisha ku mibereho myiza y’Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije cyane Kiliziya Gatulika, n’Abanyagatulika bose ku Isi.”

Muri Gicurasi 2017, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriwe na Nyirubutungane Papa Francis banagirana ibiganiro, byabaye nyuma y’igihe Kiliziya Gatulika yarakomeje guca ku ruhande uruhare yagize mu mateka mabi yabaye mu Rwanda ya Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko ibyakozwe n’Abihayimana bayigizemo uruhare.

Muri uru ruzinduko rw’Umukuru w’u Rwanda, Papa Francis yasabye Imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa Kiliziya Gatulika muri aya mateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, bahanye impano, aho Umukuru w’u Rwanda yashimye iyo yahawe na Papa Francis.

Mu masengesho yo gushima Imana yabaye muri Nzeri uwo mwaka wa 2017 Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bagiriye uruzinduko i Vatican, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku gisobanuro cy’impano yahawe na Papa.

Yagize ati “Yari impano nziza, ni nk’ifoto ariko yashushanyijwe n’umuntu, ansobanurira ko ari inzira iva mu icuraburindi, mu butayu, ijya ahera imyaka, aharumbutse, ahari ibyiza gusa. Arangije arambwira ngo icyo abimpereye ni uko azi ko ari rwo rugendo igihugu cyacu kirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda banyuze mu bihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu bari no Kwibuka ku nshuro ya 31, avuga ko ariko aya mateka mabi, badashobora kongera kuyasubiramo, ahubwo ko bazakomeza kujya aheza nk’uko iriya mpano ya Papa Francis ibisubanura.

Muri 2017 Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Vatican
Icyo gihe Papa Francis yahaye Perezida Kagame impano anamusobanurira icyo isobanuye ku mateka y’u Rwanda
Umukuru w’u Rwanda na we yamushyikirije impano yamuteguriye, iramunyura
Optimized by JPEGmini 3.13.3.15 0xa362b87a

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo wanahuye na Tshisekedi

Next Post

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.