Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru babiri bakorera Ibitangazamuru bibiri byo mu Burundi, batawe muri yombi ubwo bataraga inkuru y’imyigaragambyo y’abakiliya ba kimwe mu bigo by’imari biciriritse muri iki Gihugu, nyuma baza kurekurwa, ariko bahabwa gasopo, ko Polisi y’iki Gihugu idashaka ko ibyabaye bizasubira.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko aba banyamakuru batawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025 ubwo bariho batara inkuru y’imyigaragambyo y’abanyamuryango b’ikigo cy’imari giciriritse cya Ineza, bamagana ifungwa ryacyo rimaze amezi ane dore ko cyafunzwe kuva muri Mutarama.

Aba bari batawe muri yombi, ni Willy Kwizera ukorera ikinyamakuru Bonesha FM na Masudi Mugiraneza ukorera Radio Nderagakura, aho bari bafatiwe ahitwa Kinama mu majyaruguru ya Bujumbura.

Bafatanywe n’abakiliya b’icyo kigo cy’imari, babarirwa muri 50 ubwo bari mu myigaragambyo ikaza kurogowa n’inzego z’umutekano.

Abatanze amakuru, bavuga ko abakozi b’Urwego rw’Ubutasi mu Burundi, (SNR/Service National de Renseignement) bari kumwe n’abapolisi bahise bagota abari muri iyi myigaragambyo bagahita babata muri yombi ndetse n’abo banyamakuru babiri.

Bakimara gufatwa, bahise bajyanwa ku cyicaro gikuru cya Polisi i Bujumbura, ahasanzwe hakorerwa ibikorwa byo guhata ibibazo abakekwaho ibyaha.

Abayobozi bamwe bahase ibibazo aba banyamakuru, banabashinja kuba bagiye gutara inkuru y’iyi myigaragambyo batamenyesheje inzego z’ibanze, aho kuba bagiyeyo byafashwe “nk’ubufatanyacyaha muri ibi bikorwa bibujijwe.”

Nyuma, Komiseri mukuru wa Polisi Nkuru ya Bujumbura, yategetse ko aba banyamakuru barekurwa, ariko atanga amababwirza ko “Ibyabaye bitazongera kuba ukundi  byumwihariko mu gihe amatora yegereje.” Iyi gasopo kandi ikaba yanahawe abari muri iyi myigaragambyo.

Uku gutabwa muri yombi kw’aba banyamakuru Willy Kwizera na Masudi Mugiraneza kwazamuye umujinya mu banyamakuru bo mu Burundi n’abo mu miryango mpuzamahanga y’Abanyamakuru, yamaganye iki gikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Next Post

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw'Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.