Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, baboneraho gusaba Abanyarwanda kurushaho kubana mu mahoro ndetse no kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside.
Ni igikowa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mata 2026, ubwo aba bahanzi Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie] na Mugisha Benjamin [The Ben], bari kumwe n’amatsinda abaherekeje basuraga uru Rwibutso ruri ku Gisozi.
Bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye, banasura ibice binyuranye by’u Rwibutso, basobanurirwa amateka y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguranywe ikanakoranwa ubugome ndengakamere.
Aba bahanzi bavuze ko gusura uru rwibutso biri mu bikorwa byo kwifatanya n’Abanyawanda ndetse n’Isi yose mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ko ari na ngombwa gusura uru Rwibutso kuko bibibutsa amateka y’ibyabaye mu Rwanda, bigatuma banaharanira ko bitazongera ukundi.
Bruce Melodie wavuze ko atari ubwa mbere asuye uru rwibutso, ariko ko ari ubwa mbere arusuye atari kumwe n’itsinda rigari, kuko byari mu byifuzo bye. Ati “Ni ubwa mbere mpaje nizanye kugira ngo ndusheho gusobanukirwa.”
Bruce Melodie yatangaje ko igihe cyose asuye uru Rwibutso ahakura isomo rikomeye kuko arushaho kumva uburemere n’ubukana bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati “Rero nk’imbaraga z’Igihugu zubaka kandi vuba, twaje hano kugira ngo twihugure ku mateka yacu.”
Umuhanzi The Ben na we yaboneyeho gusaba Abanyarwanda kurushaho kurangwa n’ubumwe no guharanira amahoro, kuko bazi ingaruka zo kubaho mu rwangano, bityo ko bose bakwiye guhagurukira guhangana no kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Byumwihariko yasabye abanyamakuru n’abahanzi gukoresha imiyoboro n’impano zabo bamamaza urukundo, kuko ari rwo musingi wo kwizera ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.
Ati “Reka dukoreshe amajwi yacu mu kwamamaza amahoro n’urukundo mu Banyarwanda. Turwanye cyane ndetse kurushaho izi nduru zo hanze zishaka guhindanya Igihugu cyacu, uretse ko zanatsinzwe ariko tugomba guhozaho tukavuga ukuri kw’amateka y’u Rwanda.”
Aba bahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye uru Rwibutso rwa Kigali, mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cy’Icyunamo cyo kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ibikorwa byacyo byatangijwe ku wa Kabiri tariki 07 Mata 2026 na Perezida wa Repubulika Paul Kagame wanayoboye urugamba rwo Kwibohoro no guhagarika Jenoside.






RADIOTV10










