Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

radiotv10by radiotv10
13/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, baboneraho gusaba Abanyarwanda kurushaho kubana mu mahoro ndetse no kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside.

Ni igikowa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mata 2026, ubwo aba bahanzi Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie] na Mugisha Benjamin [The Ben], bari kumwe n’amatsinda abaherekeje basuraga uru Rwibutso ruri ku Gisozi.

Bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye, banasura ibice binyuranye by’u Rwibutso, basobanurirwa amateka y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguranywe ikanakoranwa ubugome ndengakamere.

Aba bahanzi bavuze ko gusura uru rwibutso biri mu bikorwa byo kwifatanya n’Abanyawanda ndetse n’Isi yose mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ko ari na ngombwa gusura uru Rwibutso kuko bibibutsa amateka y’ibyabaye mu Rwanda, bigatuma banaharanira ko bitazongera ukundi.

Bruce Melodie wavuze ko atari ubwa mbere asuye uru rwibutso, ariko ko ari ubwa mbere arusuye atari kumwe n’itsinda rigari, kuko byari mu byifuzo bye. Ati “Ni ubwa mbere mpaje nizanye kugira ngo ndusheho gusobanukirwa.”

Bruce Melodie yatangaje ko igihe cyose asuye uru Rwibutso ahakura isomo rikomeye kuko arushaho kumva uburemere n’ubukana bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Rero nk’imbaraga z’Igihugu zubaka kandi vuba, twaje hano kugira ngo twihugure ku mateka yacu.”

Umuhanzi The Ben na we yaboneyeho gusaba Abanyarwanda kurushaho kurangwa n’ubumwe no guharanira amahoro, kuko bazi ingaruka zo kubaho mu rwangano, bityo ko bose bakwiye guhagurukira guhangana no kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byumwihariko yasabye abanyamakuru n’abahanzi gukoresha imiyoboro n’impano zabo bamamaza urukundo, kuko ari rwo musingi wo kwizera ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Ati “Reka dukoreshe amajwi yacu mu kwamamaza amahoro n’urukundo mu Banyarwanda. Turwanye cyane ndetse kurushaho izi nduru zo hanze zishaka guhindanya Igihugu cyacu, uretse ko zanatsinzwe ariko tugomba guhozaho tukavuga ukuri kw’amateka y’u Rwanda.”

Aba bahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye uru Rwibutso rwa Kigali, mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cy’Icyunamo cyo kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ibikorwa byacyo byatangijwe ku wa Kabiri tariki 07 Mata 2026 na Perezida wa Repubulika Paul Kagame wanayoboye urugamba rwo Kwibohoro no guhagarika Jenoside.

Bruce Melodie na The Ben ubwo bageraga ku Rwibutso

Bunamiye inzirakarengane ziruhukiye ku Gisozi
Basuye ibice binyuranye by’Urwibutso basobanurirwa amateka

Banasize ubutumwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eight =

Previous Post

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

Related Posts

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka
IBYAMAMARE

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/2026
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.