Umuhanzi Meddy yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwana we w’ubuheta, yagize isabukuru y’umwaka umwe, avuba ko ntacyo Imana itamukoreye, bityo ko na we ntakizamubuza guhora ayishimira.
Ni ubutumwa Meddy yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, buherekeje amafoto ye n’umugore we Mimi Mehfira bateruye uyu mwana wabo w’umuhungu.
Meddy yagize ati “Umuhungu wanjye ubu yujije umwaka umwe. Imana yampaye umugisha byuzuye, none ndavuga nti ‘urakoze Nyagasani ku bw’ineza yawe n’ubuntu ugirira umuryango wanjye’.”
Meddy kandi yanashimiye ababafashije mu birori byo kwizihiza isabukuru y’uyu mwana wabo w’ubuheta wujuje umwaka umwe abonye izuba.
Tariki 28 Mata umwaka ushize wa 2025, ni bwo Meddy n’umugore we Mimi Mehfira bibarutse uyu mwana wabo bise Ngabo Zayn, waje agwa mu ntege mushiki we Myla Ngabo we wavutse muri Werurwe 2022.
Umuhanzi Ngabo Médard Jobert (Meddy) uri mu baza ku isonga bafite amazina akomeye muri muzika Nyarwanda nubwo atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yarushinze n’Umunya-Ethiopia Mimi Mehfira, muri Gicurasi 2021 nyuma y’igihe havugwa urukundo rwabo.


Amafoto yakuwe kuri konti ya Instagram ya Meddy
RADIOTV10










