Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi Evaritse Ndayishimiye yashimiye umwana wabo urangije amasomo muri Kaminuza y’Abanyamerika, ishami ryayo ry’i Dubaï.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Angeline Ndayishimiye yagize ati “Ndashimira cyane umuhungu wanjye, Allwin Jodel Ndayishimiye, umaze kugera ku ntambwe ishimishije mu masomo ye ya kaminuza. Umurava we, kwihangana kwe, n’ubuhanga bwe mu masomo ni isoko ikomeye y’ishema. Ndamwifuriza intsinzi mu bikorwa bye by’ejo hazaza n’ejo heza.”
Allwin Jodel Ndayishimiye arangije amasomo muri Kaminuza izwi nka RIT (Rochester Institute of Technology) ifite Icyicaro Gikuru i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, ariko we yigaga mu ishami rya Dubaï.
Iyi kaminuza yashinzwe mu 1829, itanga amasomo ajyanye n’Ikoranabuhanga, ubugeni, ndetse n’ibijyanye na za mudasobwa n’ibijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga, n’ubwenge bukorano AI.
Iri shuri rikuru rifite amashami makuru makuru, i Dubaï, mu Bushinwa, muri Croatia, ndetse no muri Kosovo.

RADIOTV10









