Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa u Rwanda rwageneye Qatar nyuma y’igitero cya Misile yarashweho na Iran

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa u Rwanda rwageneye Qatar nyuma y’igitero cya Misile yarashweho na Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olvier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Qatar, amubwira ko u Rwanda rwifatanyije n’iki Gihugu kandi ko rwamaganye igitero cya Misile Iran yarashe ku Kigo cya Gisirikare cya Al Udeid Air Base.

Ni ikiganiro cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda.

Iyi Minisiteri yatangaje ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri telefone na nyakubahwa Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta ya Qatar.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ikomeza igira iti “Muri icyo kiganiro, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ubufatanye bw’u Rwanda no gushyikira Qatar ndetse anamagana igitero giheruka cya Misile cyagabwe kuri Al Udeid Air Base, binyuranyije n’ubusugire n’ubwisanzure by’Igihugu.”

U Rwanda na Qatar ni Ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku mikoranire irimo n’iyo mu rwego rwa Gisirikare.

Iki kiganiro cyabaye nyuma y’amasaha Iran irashe za misile ku kigo cy’Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America cya Al Udeid Air Base, mu rwego rwo kwihorera na yo ku bitero America yagabye ku bigo by’ingufu za Nikeleyeri muri Iran.

Nyuma y’ibi bitero byabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 23 Kamena 2025, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donal Trump yavuze ko nta ngaruka na nto byagize, kuko nta Munyamerica byahitanye cyangwa ngo bigire uwo bikomeretsa.

Trump yavuze ko mu bisasu 14 byose byarashwe, haburijwemo 13 mu gihe ikindi kimwe cyirengagijwe kuko cyaganaga mu cyerekezo kidateye impungenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Next Post

Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.