Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda; yashimiye Perezida wa Repubulika wongeye kumugirira icyizere akamugira Umusenateri, asezeranya ko atazatezuka gukorera Abanyarwanda.

Ni nyuma yuko Dr François Xavier Kalinda aje mu Basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, aho yashyiriweho rimwe na Dr Usta Kaitesi, Ambasaderi Nyirahabimana Soline ndetse na Bibiane Gahamanyi Mbaye.

Muri aba Basenateri bane bashyizweho na Perezida, umwe ni we usanzwe muri Sena y’u Rwanda, ari we Dr François Xavier Kalinda akaba ari na Perezida wayo.

Mu butumwa yatanze nyuma yo kongera kugirwa Umusenateri, Perezida wa Sena yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuri iki cyizere yongeye kumugirira.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira umusenateri. Ndabizeza ko ntazatezuka ku nshingano zo gukorera u Rwanda n’Abanyarwanda.”

Dr Kalinda François Xavier, yinjiye muri Sena y’u Rwanda muri Mutarama 2023 ubwo yasimburaga Dr Iyamuremye Augustin, wari weguye ku mwanya w’Umusenateri ndetse na Perezida wa Sena mu kwezi k’Ukuboza 2022.

Dr Kalinda wari wahawe uyu mwanya w’Umusenateri n’ubundi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahise anatorwa n’Abasenateri bagenzi be kugira ngo abayobore.

Dr François Xavier Kalinda ubwo yarahiriraga kwinjira muri Sena y’u Rwanda

Undi washimiye Perezida wa Repubulika muri aba Basenateri yashyizeho, ni Ambasaderi Soline Nyirahabimana wagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, PaulKagame ku cyizere mwongeye kungirira mungira Umusenateri. Ndabizeza ko nzakorana umurava n’ubwitange inshingano mpawe mu nyungu z’u Rwanda n’Abanyarwanda bose.”

Amb. Soline Nyirahabimana winjiye muri Sena y’u Rwanda, yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho uwo yaherukaga ari ukuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, aho izi nshingano yari azifite muri Guverinoma yasimbuwe n’iherutse gushyirwaho muri Manda nshya, akaba atarayigarutsemo ndetse n’umwanya yari afite ntusubireho.

Naho Dr Usta Kaitesi, yahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Igihuru rw’Imiyoborere (RGB), na we akaba yari aherutse gusimbuzwa Dr Doris Uwicyeza Picard ubwo hashyirwagaho Guverinoma nshya.

Ni mu gihe Bibiane Gahamanyi Mbaye, utazwi cyane muri politiki y’u Rwanda, we asanzwe ari impirimbanyi y’Uburenganzira bwa muntu, akaba yaragize imyanya inyuranye ku rwego mpuzamahanga nko kuba yarabaye Umuhuzabikorwa wa politiki muri ActionAid International muri Afurika y’Iburengerazuba n’iyo Hagati.

Aba basenateri bane bashyizweho na Perezida Paul Kagame, baje biyongera ku bandi 16 bari baherutse kumenyekana ko bazinjira muri Sena nshya, barimo 12 batorwa mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali, babiri batorwa mu mashuri makuru na za Kaminuza, ndetse na babiri bashyirwaho n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki.

Aba Basenateri 20 baziyongeraho abandi babiri batorwa nanone n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki, bose hamwe bakazasanga muri Sena abandi bane bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bakamarana igihe cy’umwaka, na bo bazasimburwa n’abandi bazashyirwaho na Perezida. Sena y’u Rwanda isanzwe igizwe n’Abasenateri 26.

Dr Usta Kaitesi yinjiye muri Sena y’u Rwanda
Amb. Soline Nyirahabimana
Bibiane Gahamanyi Mbaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

Next Post

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.