Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda; yashimiye Perezida wa Repubulika wongeye kumugirira icyizere akamugira Umusenateri, asezeranya ko atazatezuka gukorera Abanyarwanda.

Ni nyuma yuko Dr François Xavier Kalinda aje mu Basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, aho yashyiriweho rimwe na Dr Usta Kaitesi, Ambasaderi Nyirahabimana Soline ndetse na Bibiane Gahamanyi Mbaye.

Muri aba Basenateri bane bashyizweho na Perezida, umwe ni we usanzwe muri Sena y’u Rwanda, ari we Dr François Xavier Kalinda akaba ari na Perezida wayo.

Mu butumwa yatanze nyuma yo kongera kugirwa Umusenateri, Perezida wa Sena yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuri iki cyizere yongeye kumugirira.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira umusenateri. Ndabizeza ko ntazatezuka ku nshingano zo gukorera u Rwanda n’Abanyarwanda.”

Dr Kalinda François Xavier, yinjiye muri Sena y’u Rwanda muri Mutarama 2023 ubwo yasimburaga Dr Iyamuremye Augustin, wari weguye ku mwanya w’Umusenateri ndetse na Perezida wa Sena mu kwezi k’Ukuboza 2022.

Dr Kalinda wari wahawe uyu mwanya w’Umusenateri n’ubundi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahise anatorwa n’Abasenateri bagenzi be kugira ngo abayobore.

Dr François Xavier Kalinda ubwo yarahiriraga kwinjira muri Sena y’u Rwanda

Undi washimiye Perezida wa Repubulika muri aba Basenateri yashyizeho, ni Ambasaderi Soline Nyirahabimana wagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, PaulKagame ku cyizere mwongeye kungirira mungira Umusenateri. Ndabizeza ko nzakorana umurava n’ubwitange inshingano mpawe mu nyungu z’u Rwanda n’Abanyarwanda bose.”

Amb. Soline Nyirahabimana winjiye muri Sena y’u Rwanda, yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho uwo yaherukaga ari ukuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, aho izi nshingano yari azifite muri Guverinoma yasimbuwe n’iherutse gushyirwaho muri Manda nshya, akaba atarayigarutsemo ndetse n’umwanya yari afite ntusubireho.

Naho Dr Usta Kaitesi, yahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Igihuru rw’Imiyoborere (RGB), na we akaba yari aherutse gusimbuzwa Dr Doris Uwicyeza Picard ubwo hashyirwagaho Guverinoma nshya.

Ni mu gihe Bibiane Gahamanyi Mbaye, utazwi cyane muri politiki y’u Rwanda, we asanzwe ari impirimbanyi y’Uburenganzira bwa muntu, akaba yaragize imyanya inyuranye ku rwego mpuzamahanga nko kuba yarabaye Umuhuzabikorwa wa politiki muri ActionAid International muri Afurika y’Iburengerazuba n’iyo Hagati.

Aba basenateri bane bashyizweho na Perezida Paul Kagame, baje biyongera ku bandi 16 bari baherutse kumenyekana ko bazinjira muri Sena nshya, barimo 12 batorwa mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali, babiri batorwa mu mashuri makuru na za Kaminuza, ndetse na babiri bashyirwaho n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki.

Aba Basenateri 20 baziyongeraho abandi babiri batorwa nanone n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki, bose hamwe bakazasanga muri Sena abandi bane bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bakamarana igihe cy’umwaka, na bo bazasimburwa n’abandi bazashyirwaho na Perezida. Sena y’u Rwanda isanzwe igizwe n’Abasenateri 26.

Dr Usta Kaitesi yinjiye muri Sena y’u Rwanda
Amb. Soline Nyirahabimana
Bibiane Gahamanyi Mbaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

Next Post

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.