Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda; yashimiye Perezida wa Repubulika wongeye kumugirira icyizere akamugira Umusenateri, asezeranya ko atazatezuka gukorera Abanyarwanda.

Ni nyuma yuko Dr François Xavier Kalinda aje mu Basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, aho yashyiriweho rimwe na Dr Usta Kaitesi, Ambasaderi Nyirahabimana Soline ndetse na Bibiane Gahamanyi Mbaye.

Muri aba Basenateri bane bashyizweho na Perezida, umwe ni we usanzwe muri Sena y’u Rwanda, ari we Dr François Xavier Kalinda akaba ari na Perezida wayo.

Mu butumwa yatanze nyuma yo kongera kugirwa Umusenateri, Perezida wa Sena yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuri iki cyizere yongeye kumugirira.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira umusenateri. Ndabizeza ko ntazatezuka ku nshingano zo gukorera u Rwanda n’Abanyarwanda.”

Dr Kalinda François Xavier, yinjiye muri Sena y’u Rwanda muri Mutarama 2023 ubwo yasimburaga Dr Iyamuremye Augustin, wari weguye ku mwanya w’Umusenateri ndetse na Perezida wa Sena mu kwezi k’Ukuboza 2022.

Dr Kalinda wari wahawe uyu mwanya w’Umusenateri n’ubundi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahise anatorwa n’Abasenateri bagenzi be kugira ngo abayobore.

Dr François Xavier Kalinda ubwo yarahiriraga kwinjira muri Sena y’u Rwanda

Undi washimiye Perezida wa Repubulika muri aba Basenateri yashyizeho, ni Ambasaderi Soline Nyirahabimana wagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, PaulKagame ku cyizere mwongeye kungirira mungira Umusenateri. Ndabizeza ko nzakorana umurava n’ubwitange inshingano mpawe mu nyungu z’u Rwanda n’Abanyarwanda bose.”

Amb. Soline Nyirahabimana winjiye muri Sena y’u Rwanda, yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho uwo yaherukaga ari ukuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, aho izi nshingano yari azifite muri Guverinoma yasimbuwe n’iherutse gushyirwaho muri Manda nshya, akaba atarayigarutsemo ndetse n’umwanya yari afite ntusubireho.

Naho Dr Usta Kaitesi, yahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Igihuru rw’Imiyoborere (RGB), na we akaba yari aherutse gusimbuzwa Dr Doris Uwicyeza Picard ubwo hashyirwagaho Guverinoma nshya.

Ni mu gihe Bibiane Gahamanyi Mbaye, utazwi cyane muri politiki y’u Rwanda, we asanzwe ari impirimbanyi y’Uburenganzira bwa muntu, akaba yaragize imyanya inyuranye ku rwego mpuzamahanga nko kuba yarabaye Umuhuzabikorwa wa politiki muri ActionAid International muri Afurika y’Iburengerazuba n’iyo Hagati.

Aba basenateri bane bashyizweho na Perezida Paul Kagame, baje biyongera ku bandi 16 bari baherutse kumenyekana ko bazinjira muri Sena nshya, barimo 12 batorwa mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali, babiri batorwa mu mashuri makuru na za Kaminuza, ndetse na babiri bashyirwaho n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki.

Aba Basenateri 20 baziyongeraho abandi babiri batorwa nanone n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki, bose hamwe bakazasanga muri Sena abandi bane bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, bakamarana igihe cy’umwaka, na bo bazasimburwa n’abandi bazashyirwaho na Perezida. Sena y’u Rwanda isanzwe igizwe n’Abasenateri 26.

Dr Usta Kaitesi yinjiye muri Sena y’u Rwanda
Amb. Soline Nyirahabimana
Bibiane Gahamanyi Mbaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + four =

Previous Post

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

Next Post

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.