Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa uruhande rumwe, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko bibyenyegeza bikanatiza umurindi Congo mu migambi yayo yo gutera inkunga umutwe wa FDLR.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner wagaragaje ko yakiranye yombi ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye Ingabo z’u Rwanda na bamwe mu Basirikare Bakuru barimo Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga.

Yolande Makolo wavuze ko nubwo abayobozi bo muri DRC bakiriye neza biriya bihano, ariko bazi neza ukuri kw’ibibera mu Gihugu cyabo, ko ikibazo ari ubutegetsi bwaco, yagaragaje ko iki Gihugu gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, wakomeje kuba ikibazo ku Rwanda.

Ati “Hatitawe ku ngano y’ibinyoma ndetse n’akayabo k’ubushobozi bushorwa muri propaganda yo kuyobya uburari ku bufasha DRC iha FDLR, iki kibazo ntabwo kigiye gukemuka.”

Yolande Makolo avuga ko ibi bihano byafashwe bibogamye, ntakindi byatanga uretse gutiza umurindi Guverinoma ya DRC mu mugambi yiyemeje wo gukomeza gushyira imbere imirwano.

Ati “Umusaruro ni uyu tubona: amakimbirane yabaye karande, guhoraho no kwiyongera k’urugomo, kubura amahirwe n’iby’ingenzi, no gutakaza ubuzima.”

Yavuze kandi ko n’umuti w’ibibazo biri imbere mu Gihugu muri DRC, utapfa kuboneka, kuko ihuriro AFC/M23 rizakomeza kurwanya iriya migirire mibi y’ubutegetsi bwa DRC na bamwe mu babugize bimakaje ingengabitekerezo ya Jenoside, agaragaza urugero rw’imvugo yuzuye urwango iherutse gutangazwa na General Ekenge wahoze ari Umuvugizi wa FARDC, byose bikomeje kuba umuzi w’ibibazo biri mu karere.

Yolande Makolo ati “Ibi bimenyetso ntibishobora kugorekwa cyangwa no byirengagizwe mu gushakisha umuti w’amakimbirane.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko inzira yo kugera ku mahoro, yari ihanzwe amaso ku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono umwaka ushize, arimo ay’i Washington, ariko ubutegetsi bwa DRC bukaba bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere inzira y’intambara aho gushyira mu bikorwa ibyo bwasabwe.

Yolande Makolo, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda
Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 1 =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Next Post

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.