• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa uruhande rumwe, bidashobora gutanga umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko bibyenyegeza bikanatiza umurindi Congo mu migambi yayo yo gutera inkunga umutwe wa FDLR.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner wagaragaje ko yakiranye yombi ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye Ingabo z’u Rwanda na bamwe mu Basirikare Bakuru barimo Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga.

Yolande Makolo wavuze ko nubwo abayobozi bo muri DRC bakiriye neza biriya bihano, ariko bazi neza ukuri kw’ibibera mu Gihugu cyabo, ko ikibazo ari ubutegetsi bwaco, yagaragaje ko iki Gihugu gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, wakomeje kuba ikibazo ku Rwanda.

Ati “Hatitawe ku ngano y’ibinyoma ndetse n’akayabo k’ubushobozi bushorwa muri propaganda yo kuyobya uburari ku bufasha DRC iha FDLR, iki kibazo ntabwo kigiye gukemuka.”

Yolande Makolo avuga ko ibi bihano byafashwe bibogamye, ntakindi byatanga uretse gutiza umurindi Guverinoma ya DRC mu mugambi yiyemeje wo gukomeza gushyira imbere imirwano.

Ati “Umusaruro ni uyu tubona: amakimbirane yabaye karande, guhoraho no kwiyongera k’urugomo, kubura amahirwe n’iby’ingenzi, no gutakaza ubuzima.”

Yavuze kandi ko n’umuti w’ibibazo biri imbere mu Gihugu muri DRC, utapfa kuboneka, kuko ihuriro AFC/M23 rizakomeza kurwanya iriya migirire mibi y’ubutegetsi bwa DRC na bamwe mu babugize bimakaje ingengabitekerezo ya Jenoside, agaragaza urugero rw’imvugo yuzuye urwango iherutse gutangazwa na General Ekenge wahoze ari Umuvugizi wa FARDC, byose bikomeje kuba umuzi w’ibibazo biri mu karere.

Yolande Makolo ati “Ibi bimenyetso ntibishobora kugorekwa cyangwa no byirengagizwe mu gushakisha umuti w’amakimbirane.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko inzira yo kugera ku mahoro, yari ihanzwe amaso ku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono umwaka ushize, arimo ay’i Washington, ariko ubutegetsi bwa DRC bukaba bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere inzira y’intambara aho gushyira mu bikorwa ibyo bwasabwe.

Yolande Makolo, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda
Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Next Post

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.