Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y’Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura no gufasha abaturage igihe babagannye.

Ubusanzwe Abajyanama b’Ubuzima bifashishaga ibitabo ku buryo hari igihe byangirika, mu gite iyi sisitemu y’ubwenge buhangano ku bajyanama b’ubuzima izajya ibafasha kumenya icyo bakwiye gukora ndetse no kubungura ubumenyi bidafashe umwanya.

Umujyanama w’Ubuzima Nsenyiyumva Theogene yagize ati “Twajyaga tugira ibitabo byinshi tugahora tujya mu maraporo ku Kagari bitewe nuko twakoze buri kwezi, ariko rimwe na rimwe waba urimo kuzamuka ujyana raporo imvura yagwa ukabura ahantu ubibika kubera ubwinshi bwabyo. Ntabwo twari tuzi ko iri koranabuhanga ryatugeraho, ubu turishimira Iterambere tugezeho. Hari ibyinshi twajyaga tubura bitakara kubera ko biri ku nyandiko y’ikaramu gusa.”

Leoncie Nyirabahitabatuma na we usanzwe ari Umujyanama w’Ubuzima, yagize ati “Nko ku ibarura rusange ry’abaturage bagize Umudugudu twajyaga tubikora buri mwaka ariko ubu wabaruye muri Telefoni ntabwo wongera gusubiramo keretse gushyiramo abashya.”

Umushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Semuto Ngabonziza Jean Claude avuga iyi sisiteme izafasha kandi Abajyanama b’Ubuzima kuvura no kwita ku murwayi bijyanye n’imiterere y’indwara arwaye.

Ati “Tuzayiha ubushobozi bwo gufasha Umujyanama w’Ubuzima bitewe n’aho ari, gushobora gusuzuma umwana cyangwa umurwayi bitewe n’ibiba aho hantu. Niba umwana ari i Nyagatare haba Malaria nyinshi Sisiteme ntimwereke ngo hera kuri Malaria.”

Dr. Albert Tuyishime, Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kurwanya SIDA, Indwara zandura n’izitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, yavuze ko iyi sisiteme izafasha inzego z’ubuzima mu guhanahana amakuru kandi ikarushaho gutanga serivisi inoze ku barwayi bagana uru rwego.

Ati “Iri koranabuhanga rizafasha mu kongerera ubumenyi Umujyanama w’Ubuzima, mu gutanga serivisi yuzuye ntacyo yibagiwe kuko rigenda rimwerekera harabanza iki, hakurikireho iki nyuma yabyo byose uri bukore iki. Rizadufasha mu guhanahana amakuru hagati y’Umujyanama w’Ubuzima n’izindi nzego z’ubuzima zifite inshingano yo kumufasha bityo iyo serivisi atabashije gutanga izo nzego ziyimenyere igihe zifasha uwaruyikeneye.”

Akomeza agira ati “Ikindi rinazanadufasha mu kwibutsa abarwayi igihe bagomba kujya gushakira serivisi bityo ntihagire abibagirwa kujya gufata serivisi kandi bakagombye kujya kuyifata. Rizongerera kandi icyizere Umujyanama w’Ubuzima kuko azaba azi ko ari gukora ikintu cyuzuye.”

Mu Karere ka Rwamagana hari Abajyanama b’Ubuzima bagera ku 1 800 mu gihe mu Rwanda hose hari abagera mu bihumbi 58, batanga serivisi z’ibanze mu buvuzi bworoheje.

Na mugenzi we Nsenyiyumva Theogene ararishima
Abajyanama b’Ubuzima bavuga ko ubu bagiye kujya batanga serivisi zisumbuyeho
Beretswe uko iri koranabuhanga rikora

Dr. Albert Tuyishime Umuyobozi ushinzwe Porogaramu yo kurwanya SIDA,Indwara zandura n’izitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC
Dr.Semuto Ngabonziza Jean Claude Umushakashatsi muri RBC

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

DEMANDE DE CHANGEMENT DE NOMS

Next Post

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.