Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y’Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura no gufasha abaturage igihe babagannye.

Ubusanzwe Abajyanama b’Ubuzima bifashishaga ibitabo ku buryo hari igihe byangirika, mu gite iyi sisitemu y’ubwenge buhangano ku bajyanama b’ubuzima izajya ibafasha kumenya icyo bakwiye gukora ndetse no kubungura ubumenyi bidafashe umwanya.

Umujyanama w’Ubuzima Nsenyiyumva Theogene yagize ati “Twajyaga tugira ibitabo byinshi tugahora tujya mu maraporo ku Kagari bitewe nuko twakoze buri kwezi, ariko rimwe na rimwe waba urimo kuzamuka ujyana raporo imvura yagwa ukabura ahantu ubibika kubera ubwinshi bwabyo. Ntabwo twari tuzi ko iri koranabuhanga ryatugeraho, ubu turishimira Iterambere tugezeho. Hari ibyinshi twajyaga tubura bitakara kubera ko biri ku nyandiko y’ikaramu gusa.”

Leoncie Nyirabahitabatuma na we usanzwe ari Umujyanama w’Ubuzima, yagize ati “Nko ku ibarura rusange ry’abaturage bagize Umudugudu twajyaga tubikora buri mwaka ariko ubu wabaruye muri Telefoni ntabwo wongera gusubiramo keretse gushyiramo abashya.”

Umushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Semuto Ngabonziza Jean Claude avuga iyi sisiteme izafasha kandi Abajyanama b’Ubuzima kuvura no kwita ku murwayi bijyanye n’imiterere y’indwara arwaye.

Ati “Tuzayiha ubushobozi bwo gufasha Umujyanama w’Ubuzima bitewe n’aho ari, gushobora gusuzuma umwana cyangwa umurwayi bitewe n’ibiba aho hantu. Niba umwana ari i Nyagatare haba Malaria nyinshi Sisiteme ntimwereke ngo hera kuri Malaria.”

Dr. Albert Tuyishime, Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kurwanya SIDA, Indwara zandura n’izitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, yavuze ko iyi sisiteme izafasha inzego z’ubuzima mu guhanahana amakuru kandi ikarushaho gutanga serivisi inoze ku barwayi bagana uru rwego.

Ati “Iri koranabuhanga rizafasha mu kongerera ubumenyi Umujyanama w’Ubuzima, mu gutanga serivisi yuzuye ntacyo yibagiwe kuko rigenda rimwerekera harabanza iki, hakurikireho iki nyuma yabyo byose uri bukore iki. Rizadufasha mu guhanahana amakuru hagati y’Umujyanama w’Ubuzima n’izindi nzego z’ubuzima zifite inshingano yo kumufasha bityo iyo serivisi atabashije gutanga izo nzego ziyimenyere igihe zifasha uwaruyikeneye.”

Akomeza agira ati “Ikindi rinazanadufasha mu kwibutsa abarwayi igihe bagomba kujya gushakira serivisi bityo ntihagire abibagirwa kujya gufata serivisi kandi bakagombye kujya kuyifata. Rizongerera kandi icyizere Umujyanama w’Ubuzima kuko azaba azi ko ari gukora ikintu cyuzuye.”

Mu Karere ka Rwamagana hari Abajyanama b’Ubuzima bagera ku 1 800 mu gihe mu Rwanda hose hari abagera mu bihumbi 58, batanga serivisi z’ibanze mu buvuzi bworoheje.

Na mugenzi we Nsenyiyumva Theogene ararishima
Abajyanama b’Ubuzima bavuga ko ubu bagiye kujya batanga serivisi zisumbuyeho
Beretswe uko iri koranabuhanga rikora

Dr. Albert Tuyishime Umuyobozi ushinzwe Porogaramu yo kurwanya SIDA,Indwara zandura n’izitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC
Dr.Semuto Ngabonziza Jean Claude Umushakashatsi muri RBC

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + five =

Previous Post

DEMANDE DE CHANGEMENT DE NOMS

Next Post

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.