Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y’Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura no gufasha abaturage igihe babagannye.
Ubusanzwe Abajyanama b’Ubuzima bifashishaga ibitabo ku buryo hari igihe byangirika, mu gite iyi sisitemu y’ubwenge buhangano ku bajyanama b’ubuzima izajya ibafasha kumenya icyo bakwiye gukora ndetse no kubungura ubumenyi bidafashe umwanya.
Umujyanama w’Ubuzima Nsenyiyumva Theogene yagize ati “Twajyaga tugira ibitabo byinshi tugahora tujya mu maraporo ku Kagari bitewe nuko twakoze buri kwezi, ariko rimwe na rimwe waba urimo kuzamuka ujyana raporo imvura yagwa ukabura ahantu ubibika kubera ubwinshi bwabyo. Ntabwo twari tuzi ko iri koranabuhanga ryatugeraho, ubu turishimira Iterambere tugezeho. Hari ibyinshi twajyaga tubura bitakara kubera ko biri ku nyandiko y’ikaramu gusa.”
Leoncie Nyirabahitabatuma na we usanzwe ari Umujyanama w’Ubuzima, yagize ati “Nko ku ibarura rusange ry’abaturage bagize Umudugudu twajyaga tubikora buri mwaka ariko ubu wabaruye muri Telefoni ntabwo wongera gusubiramo keretse gushyiramo abashya.”
Umushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Semuto Ngabonziza Jean Claude avuga iyi sisiteme izafasha kandi Abajyanama b’Ubuzima kuvura no kwita ku murwayi bijyanye n’imiterere y’indwara arwaye.
Ati “Tuzayiha ubushobozi bwo gufasha Umujyanama w’Ubuzima bitewe n’aho ari, gushobora gusuzuma umwana cyangwa umurwayi bitewe n’ibiba aho hantu. Niba umwana ari i Nyagatare haba Malaria nyinshi Sisiteme ntimwereke ngo hera kuri Malaria.”
Dr. Albert Tuyishime, Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kurwanya SIDA, Indwara zandura n’izitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, yavuze ko iyi sisiteme izafasha inzego z’ubuzima mu guhanahana amakuru kandi ikarushaho gutanga serivisi inoze ku barwayi bagana uru rwego.
Ati “Iri koranabuhanga rizafasha mu kongerera ubumenyi Umujyanama w’Ubuzima, mu gutanga serivisi yuzuye ntacyo yibagiwe kuko rigenda rimwerekera harabanza iki, hakurikireho iki nyuma yabyo byose uri bukore iki. Rizadufasha mu guhanahana amakuru hagati y’Umujyanama w’Ubuzima n’izindi nzego z’ubuzima zifite inshingano yo kumufasha bityo iyo serivisi atabashije gutanga izo nzego ziyimenyere igihe zifasha uwaruyikeneye.”
Akomeza agira ati “Ikindi rinazanadufasha mu kwibutsa abarwayi igihe bagomba kujya gushakira serivisi bityo ntihagire abibagirwa kujya gufata serivisi kandi bakagombye kujya kuyifata. Rizongerera kandi icyizere Umujyanama w’Ubuzima kuko azaba azi ko ari gukora ikintu cyuzuye.”
Mu Karere ka Rwamagana hari Abajyanama b’Ubuzima bagera ku 1 800 mu gihe mu Rwanda hose hari abagera mu bihumbi 58, batanga serivisi z’ibanze mu buvuzi bworoheje.





Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10