Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo Lake Kivu iherereye mu Karere ka Karongi, ikaba imwe mu zikomeye mu Rwanda, bwashimiye Perezida Paul Kagame ku bwo kuyigenderera no ku nama nziza yabuhaye.

Iyi Hoteli iherereye mu nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, uyirimo aba yitegeye iki Kiyaga, areba ubwiza bwacyo ari na ko agerwaho n’akayaga gahehera gaturutse muri aya mazi magari.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, yanagendereye iyi Hoteli iri muri nke mu Rwanda zifite ibyumba byakira abashyitsi b’icyubahiro barimo n’Abakuru b’Ibihugu.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu Hotel, yashimiye umukuru w’u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni amashimwe menshi kuri Nyakubahwa Paul Kagame kuba mu kazi kenshi aba afite, yabashije gusura Kivu Cleo. Turamushimira byimazeyo kandi ku bw’inkunga, inama n’ibitekerezo byiza bizadufasha kugera ku ntego zacu zo kuyigeza (Hoteli) ku rwego rw’Ikirenga nkuko biteganywa na RDB.”

Cleo Lake Kivu Hotel, uretse kuba iteretse ahantu nyaburanga hakundwa na ba mukerarugendo bakunze no gucumbika muri iyi Hoteli, inarahirirwa na benshi kubera serivisi zinoze itanga, zituma uyigendereye ahora iteka yifuza kuyigarukamo.

Kuva ku marembo, ugakomereza aho bakirira abashyitsi, kugera mu byumba byayo, hateye ubwuzu ku buryo uwayigezemo yumva aguwe neza.

Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group yashimiye Perezida Kagame ku bw’inama yamuhaye
Perezida Kagame ari kumwe n’abakozi ba Cleo Hotel
Uri kuri Hoteli Cleo aba yitegeye ikiyaga cya Kivu
Ubwiza bwa Hoteli Cleo ni ntagereranywa
Uwarayemo asinzira neza

Mu bwogero bwaho hateye amabengeza
Hari n’aho abantu baganirira bitegeye Kivu
Aho gukorera sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 7 =

Previous Post

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Next Post

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.