Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo Lake Kivu iherereye mu Karere ka Karongi, ikaba imwe mu zikomeye mu Rwanda, bwashimiye Perezida Paul Kagame ku bwo kuyigenderera no ku nama nziza yabuhaye.

Iyi Hoteli iherereye mu nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, uyirimo aba yitegeye iki Kiyaga, areba ubwiza bwacyo ari na ko agerwaho n’akayaga gahehera gaturutse muri aya mazi magari.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, yanagendereye iyi Hoteli iri muri nke mu Rwanda zifite ibyumba byakira abashyitsi b’icyubahiro barimo n’Abakuru b’Ibihugu.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu Hotel, yashimiye umukuru w’u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni amashimwe menshi kuri Nyakubahwa Paul Kagame kuba mu kazi kenshi aba afite, yabashije gusura Kivu Cleo. Turamushimira byimazeyo kandi ku bw’inkunga, inama n’ibitekerezo byiza bizadufasha kugera ku ntego zacu zo kuyigeza (Hoteli) ku rwego rw’Ikirenga nkuko biteganywa na RDB.”

Cleo Lake Kivu Hotel, uretse kuba iteretse ahantu nyaburanga hakundwa na ba mukerarugendo bakunze no gucumbika muri iyi Hoteli, inarahirirwa na benshi kubera serivisi zinoze itanga, zituma uyigendereye ahora iteka yifuza kuyigarukamo.

Kuva ku marembo, ugakomereza aho bakirira abashyitsi, kugera mu byumba byayo, hateye ubwuzu ku buryo uwayigezemo yumva aguwe neza.

Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group yashimiye Perezida Kagame ku bw’inama yamuhaye
Perezida Kagame ari kumwe n’abakozi ba Cleo Hotel
Uri kuri Hoteli Cleo aba yitegeye ikiyaga cya Kivu
Ubwiza bwa Hoteli Cleo ni ntagereranywa
Uwarayemo asinzira neza

Mu bwogero bwaho hateye amabengeza
Hari n’aho abantu baganirira bitegeye Kivu
Aho gukorera sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Next Post

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.