Ubuze inda yica umugi: Ikipe yatewe umugongo n’abakinnyi bakomeye igiye gusinyisha utakekwaga

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Liverpool iri mu makipe y’ibigwi n’ubukombe, nyuma yo gutakaza abakinnyi bari inkingi ya mwamba, igiye gusinyisha Umuyapani usanzwe ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, nyuma yo kubura abo yifuzaga baguzwe na Chelsea.

Liverpool imaze gusinyisha abakinnyi 2 gusa bakina hagati mu kibuga, ari bo Dominic Szobozlai na Mc Allister, mu gihe imaze gutakaza abakinnyi benshi barimo Fabinho, Henderson, Keita na Milner.

Izindi Nkuru

Liverpool yari yifuje gusinyisha Moises Caicedo wakiniraga ikipe ya Brighton (ubu yamaze gusinyira Chelsea) ariko Umunya-Ecuador we ubwe yanga kujya muri Liverpool ahitano Chelsea.

Liverpool kandi yari imaze igihe yiruka kuri Romeo Lavia wa Southampton ariko na we ahitamo Chelsea atera umugongo Liverpool aba bombi baje biyongera kuri Sofyan Amrabat wa Fiorentina na we werekanye ko yifuza kujya muri Manchester United nubwo we ibye bitararangira neza.

Liverpool nyuma yo kubura aba bakinnyi bose, yahisemo kwerekeza amaso ku Muyapani Wataru Endo w’imyaka 30 akaba kapiteni wa VFB Stuttgart yo mu Budage ndetse akanaba n’uw’ikipe y’igihugu cye.

Uyu mugabo yamaze kwerecyeza mu Gihugu cy’u Bwongereza, ku buryo biramutse bigenze neza yatangwaho miliyoni 20 Pounds.

Endo azwiho cyane gukora neza akazi ko gufasha abakinnyi bakina bugarira ndetse rimwe na rimwe akanafasha mu mutima w’ubwugarizi.

Kugura Wataru Endo bisobanuye ko Liverpool iri bube yishe amahame yayo igenderaho igura abakinnyi dore ko ubundi ireba abana bato ariko bafite impano ikabazamurira urwego rwabo.

Kugurwa kwa Endo muri Liverpool, biri cyane ku ruhande rw’umuyobozi wa siporo Jorg Schmadtke uvuga ko yashimye imikinire ye kandi yizeye ko azafasha iyi kipe y’i Merseyside.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru