Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

?

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagana ibitaro n’amavuriro atandukanye barasaba inzego bireba kubatabara ku bibazo bya serivisi mbi zisigaye ziri kwa muganga zinatuma bamwe bahaburira ubuzima abandi bakahakura ubumuga.

Urugero ni urw’umubyeyi uvuga ko amaze imyaka ibiri yivuza ubumuga yatewe no kubyazwa nabi kandi akaba yarabuze gikurikirana.

Abaturage twasanze ku bitaro bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cya serivisi mbi basigaye bahurira nazo mu bitaro n’amavuriro atandukanye.

Ababyeyi twasanze ku bitaro bya Muhima  mu karere ka Nyarugenge, mu magambo  yabo bavuga ko nabo aha kwa muganga bahahuriye n’uruva gusenya .

Uwitwa Karigirwa Anastasie yagarutse kuri iki kibaz agira ati” Nabyaye mu 2019, ubu hashize imyaka ibiri mfite ikibazo cyo mu nda kubera ko bambyaje nabi, ubu naramugaye ntacyo mbasha gukora. Ubwo rero ntiwabura kuvuga ko ari serivisi mbi.”

Ibi kandi babihurizaho n’uyu twasanze ku bitaro by’umujyi wa Kigali (CHUK), aho twanasanze umwe uvuga ko amaze igihe ahasiragira ahivuza uburwayi bukomeye, ariko ngo na rimwe bamwakiriye bamubaze nabi gusa ngo siho gusa .

Ati” Naje hano mu Kwa mbere ndwaye Emoloyide, muganga arambaga ariko sinakira, akajya akomeza kumbwira ngo nzagaruke, kumbe yari azi ko yabaze igice kimwe hari indi ikirimo, ubwo rero n’ubu ndacyasiragira kandi merewe nabi. Icyakora Leta ikore igenzura ryihariye gusa Kibagabaga ho birarenze .”

Aba baturage bifuza ko inzego bireba zakora igenzura ryihariye bakareba umuzi w’iki kibazo niba nta sano bifitanye n’ubumenyi buke.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima, Mahoro Julien Niyingabira avuga ko bo ibi batabibona nk’ibidasanzwe kandi ngo iryo genzura bahora barikora .

“Ubundi hari uburyo umuganga wakoze amakosa akurikiranywa byaba ngombwa agahanwa. Ntabwo rero ari ukuvuga ngo abaturage barabona bidasanzwe ngo byiyogereye, impamvu ni uko hari umuturage  utaramenya gutandukanya serivisi mbi no kuba umuganga yakoze ibishoboka byose ariko ntabashe kumuvura iyo ndwara nk’uko abyifuza.”

Ikibazo  cya serivisi zitanoze abarwayi  bariguhiria nazo kwa muganga, ntikivuzwe uyu munsi gusa  kuko no mu minsi ishize, hagiye humvikana inkuru z’abahuye nabyo bibagiraho ingaruka zikomeye barimo umugabo uherutse kwerurira itangazamakuru ko yagiye kwivuza mu nda bikarangira aciwe ukuguru.

Umubyeyi waciwe ibere nta kibazo rifite, uwabazwe amara agasigwa hanze akajya ayatwara mu gitenge, umubyeyi warinze ubyara umwana upfuye kubera kutitabwaho, uwaciwe ikiganza bitari ngombwa, hari n’abahita babiburiramo ubuzima.

Abaturage bavuga ko mu gihe inzego bireba ntacyo zakora ngo iki kibazo gikemuke, bazatakariza icyizere aya mavuriro bibe byakongera umubare w’abivuza magendu.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 19 =

Previous Post

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Next Post

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.