Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

?

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagana ibitaro n’amavuriro atandukanye barasaba inzego bireba kubatabara ku bibazo bya serivisi mbi zisigaye ziri kwa muganga zinatuma bamwe bahaburira ubuzima abandi bakahakura ubumuga.

Urugero ni urw’umubyeyi uvuga ko amaze imyaka ibiri yivuza ubumuga yatewe no kubyazwa nabi kandi akaba yarabuze gikurikirana.

Abaturage twasanze ku bitaro bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cya serivisi mbi basigaye bahurira nazo mu bitaro n’amavuriro atandukanye.

Ababyeyi twasanze ku bitaro bya Muhima  mu karere ka Nyarugenge, mu magambo  yabo bavuga ko nabo aha kwa muganga bahahuriye n’uruva gusenya .

Uwitwa Karigirwa Anastasie yagarutse kuri iki kibaz agira ati” Nabyaye mu 2019, ubu hashize imyaka ibiri mfite ikibazo cyo mu nda kubera ko bambyaje nabi, ubu naramugaye ntacyo mbasha gukora. Ubwo rero ntiwabura kuvuga ko ari serivisi mbi.”

Ibi kandi babihurizaho n’uyu twasanze ku bitaro by’umujyi wa Kigali (CHUK), aho twanasanze umwe uvuga ko amaze igihe ahasiragira ahivuza uburwayi bukomeye, ariko ngo na rimwe bamwakiriye bamubaze nabi gusa ngo siho gusa .

Ati” Naje hano mu Kwa mbere ndwaye Emoloyide, muganga arambaga ariko sinakira, akajya akomeza kumbwira ngo nzagaruke, kumbe yari azi ko yabaze igice kimwe hari indi ikirimo, ubwo rero n’ubu ndacyasiragira kandi merewe nabi. Icyakora Leta ikore igenzura ryihariye gusa Kibagabaga ho birarenze .”

Aba baturage bifuza ko inzego bireba zakora igenzura ryihariye bakareba umuzi w’iki kibazo niba nta sano bifitanye n’ubumenyi buke.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima, Mahoro Julien Niyingabira avuga ko bo ibi batabibona nk’ibidasanzwe kandi ngo iryo genzura bahora barikora .

“Ubundi hari uburyo umuganga wakoze amakosa akurikiranywa byaba ngombwa agahanwa. Ntabwo rero ari ukuvuga ngo abaturage barabona bidasanzwe ngo byiyogereye, impamvu ni uko hari umuturage  utaramenya gutandukanya serivisi mbi no kuba umuganga yakoze ibishoboka byose ariko ntabashe kumuvura iyo ndwara nk’uko abyifuza.”

Ikibazo  cya serivisi zitanoze abarwayi  bariguhiria nazo kwa muganga, ntikivuzwe uyu munsi gusa  kuko no mu minsi ishize, hagiye humvikana inkuru z’abahuye nabyo bibagiraho ingaruka zikomeye barimo umugabo uherutse kwerurira itangazamakuru ko yagiye kwivuza mu nda bikarangira aciwe ukuguru.

Umubyeyi waciwe ibere nta kibazo rifite, uwabazwe amara agasigwa hanze akajya ayatwara mu gitenge, umubyeyi warinze ubyara umwana upfuye kubera kutitabwaho, uwaciwe ikiganza bitari ngombwa, hari n’abahita babiburiramo ubuzima.

Abaturage bavuga ko mu gihe inzego bireba ntacyo zakora ngo iki kibazo gikemuke, bazatakariza icyizere aya mavuriro bibe byakongera umubare w’abivuza magendu.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 1 =

Previous Post

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Next Post

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.