Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

?

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagana ibitaro n’amavuriro atandukanye barasaba inzego bireba kubatabara ku bibazo bya serivisi mbi zisigaye ziri kwa muganga zinatuma bamwe bahaburira ubuzima abandi bakahakura ubumuga.

Urugero ni urw’umubyeyi uvuga ko amaze imyaka ibiri yivuza ubumuga yatewe no kubyazwa nabi kandi akaba yarabuze gikurikirana.

Abaturage twasanze ku bitaro bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cya serivisi mbi basigaye bahurira nazo mu bitaro n’amavuriro atandukanye.

Ababyeyi twasanze ku bitaro bya Muhima  mu karere ka Nyarugenge, mu magambo  yabo bavuga ko nabo aha kwa muganga bahahuriye n’uruva gusenya .

Uwitwa Karigirwa Anastasie yagarutse kuri iki kibaz agira ati” Nabyaye mu 2019, ubu hashize imyaka ibiri mfite ikibazo cyo mu nda kubera ko bambyaje nabi, ubu naramugaye ntacyo mbasha gukora. Ubwo rero ntiwabura kuvuga ko ari serivisi mbi.”

Ibi kandi babihurizaho n’uyu twasanze ku bitaro by’umujyi wa Kigali (CHUK), aho twanasanze umwe uvuga ko amaze igihe ahasiragira ahivuza uburwayi bukomeye, ariko ngo na rimwe bamwakiriye bamubaze nabi gusa ngo siho gusa .

Ati” Naje hano mu Kwa mbere ndwaye Emoloyide, muganga arambaga ariko sinakira, akajya akomeza kumbwira ngo nzagaruke, kumbe yari azi ko yabaze igice kimwe hari indi ikirimo, ubwo rero n’ubu ndacyasiragira kandi merewe nabi. Icyakora Leta ikore igenzura ryihariye gusa Kibagabaga ho birarenze .”

Aba baturage bifuza ko inzego bireba zakora igenzura ryihariye bakareba umuzi w’iki kibazo niba nta sano bifitanye n’ubumenyi buke.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima, Mahoro Julien Niyingabira avuga ko bo ibi batabibona nk’ibidasanzwe kandi ngo iryo genzura bahora barikora .

“Ubundi hari uburyo umuganga wakoze amakosa akurikiranywa byaba ngombwa agahanwa. Ntabwo rero ari ukuvuga ngo abaturage barabona bidasanzwe ngo byiyogereye, impamvu ni uko hari umuturage  utaramenya gutandukanya serivisi mbi no kuba umuganga yakoze ibishoboka byose ariko ntabashe kumuvura iyo ndwara nk’uko abyifuza.”

Ikibazo  cya serivisi zitanoze abarwayi  bariguhiria nazo kwa muganga, ntikivuzwe uyu munsi gusa  kuko no mu minsi ishize, hagiye humvikana inkuru z’abahuye nabyo bibagiraho ingaruka zikomeye barimo umugabo uherutse kwerurira itangazamakuru ko yagiye kwivuza mu nda bikarangira aciwe ukuguru.

Umubyeyi waciwe ibere nta kibazo rifite, uwabazwe amara agasigwa hanze akajya ayatwara mu gitenge, umubyeyi warinze ubyara umwana upfuye kubera kutitabwaho, uwaciwe ikiganza bitari ngombwa, hari n’abahita babiburiramo ubuzima.

Abaturage bavuga ko mu gihe inzego bireba ntacyo zakora ngo iki kibazo gikemuke, bazatakariza icyizere aya mavuriro bibe byakongera umubare w’abivuza magendu.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 13 =

Previous Post

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

Next Post

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

CRICKET: Mu Rwanda hatangiye imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, abafana baremewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.