Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bari bafungiye muri Gereza ya Muhanga mu Karere ka Muhanga ivugwamo ubucucike bukabije bimuriwe muri Gereza ya Nyamagabe, igizwe n’inyubako igezweho yubatse mu buryo bw’igorofa.

Igikorwa cyo kwimura izi mfungwa z’abagore 626 zari zifungiye muri Gereza ya Muhanga, cyatangiye ku Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, gisozwa kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023.

Gereza ya Muhanga, ni imwe mu zibasiwe n’ikibazo cy’ubucucike kuko mu mibare yashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu muri 2021, yagaragazaga ko ubucucike buri kuri 238.8%.

Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana avuga ko kwimurira izi mfungwa z’abagore muri Gereza ya Nyamagabe bigamije kugabanya ubucucike muri iyi ya Muhanda.

Yavuze ko ibyumba byarimo aba bagororwa b’abagore, bizahita bijyamo bamwe mu bagororwa b’abagabo, ati “Turi kugerageza kugabanya ubucucike, ku buryo abagororwa bagira umwanya uhagije bakisanzura.”

Agaruka kuri iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagororwa b’abagore, Minisitiri Gasana yavuze ko ifite ubushobozi bwo kwakira abarenga ibihumbi bibiri (2 000).

Ati “Twafashe icyemezo cyo kubashyira i Nyamagabe bose kugira ngo ubucucike bugabanuke.”

Iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga, igizwe n’inyubako zigezweho, zigeretse, ikaba ifite kandi ibikorwa binyuranye birimo ubukarabiro.

Ubucucike mu magereza yo mu Rwanda, buri ku rwego rwo hejuru, ibintu byanatumye inzego n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’iy’imfungwa, isaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora kugira ngo bugabanuke.

Gereza ya Muhanga iza ku isonga mu bucucike aho buri ku kigero cya 238.8%, iya Gicumbi bukaba buri kuri 161.8%, iya Rwamagana yo buri kuri 151.1 %, muri Gereza ya Rusizi ho ubucucike buri kuri 144.8%, iya Huye ni kuri 138.6%, iya Musanze bukaba 138.2%, iya Bugesera bukaba buri kuri 132.1%, Gereza ya Rubavu yo ifite ubucucike buri ku 127.7% naho iya Ngoma bukaba buri ku 103.6 %.

Naho Gereza ya Gisirikare ya Mulindi iri kuri 70.1%, iya Nyamagabe bukaba buri kuri 83.3%, iya Nyarugenge ni 83.3%, iya Nyagatare buri 84.6% na Nyanza buri kuri 93.5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + thirteen =

Previous Post

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Next Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.