Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bari bafungiye muri Gereza ya Muhanga mu Karere ka Muhanga ivugwamo ubucucike bukabije bimuriwe muri Gereza ya Nyamagabe, igizwe n’inyubako igezweho yubatse mu buryo bw’igorofa.

Igikorwa cyo kwimura izi mfungwa z’abagore 626 zari zifungiye muri Gereza ya Muhanga, cyatangiye ku Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, gisozwa kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023.

Gereza ya Muhanga, ni imwe mu zibasiwe n’ikibazo cy’ubucucike kuko mu mibare yashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu muri 2021, yagaragazaga ko ubucucike buri kuri 238.8%.

Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana avuga ko kwimurira izi mfungwa z’abagore muri Gereza ya Nyamagabe bigamije kugabanya ubucucike muri iyi ya Muhanda.

Yavuze ko ibyumba byarimo aba bagororwa b’abagore, bizahita bijyamo bamwe mu bagororwa b’abagabo, ati “Turi kugerageza kugabanya ubucucike, ku buryo abagororwa bagira umwanya uhagije bakisanzura.”

Agaruka kuri iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagororwa b’abagore, Minisitiri Gasana yavuze ko ifite ubushobozi bwo kwakira abarenga ibihumbi bibiri (2 000).

Ati “Twafashe icyemezo cyo kubashyira i Nyamagabe bose kugira ngo ubucucike bugabanuke.”

Iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga, igizwe n’inyubako zigezweho, zigeretse, ikaba ifite kandi ibikorwa binyuranye birimo ubukarabiro.

Ubucucike mu magereza yo mu Rwanda, buri ku rwego rwo hejuru, ibintu byanatumye inzego n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’iy’imfungwa, isaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora kugira ngo bugabanuke.

Gereza ya Muhanga iza ku isonga mu bucucike aho buri ku kigero cya 238.8%, iya Gicumbi bukaba buri kuri 161.8%, iya Rwamagana yo buri kuri 151.1 %, muri Gereza ya Rusizi ho ubucucike buri kuri 144.8%, iya Huye ni kuri 138.6%, iya Musanze bukaba 138.2%, iya Bugesera bukaba buri kuri 132.1%, Gereza ya Rubavu yo ifite ubucucike buri ku 127.7% naho iya Ngoma bukaba buri ku 103.6 %.

Naho Gereza ya Gisirikare ya Mulindi iri kuri 70.1%, iya Nyamagabe bukaba buri kuri 83.3%, iya Nyarugenge ni 83.3%, iya Nyagatare buri 84.6% na Nyanza buri kuri 93.5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Next Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.