Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubwiza buhebuje bwa Gereza yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bari bafungiye muri Gereza ya Muhanga mu Karere ka Muhanga ivugwamo ubucucike bukabije bimuriwe muri Gereza ya Nyamagabe, igizwe n’inyubako igezweho yubatse mu buryo bw’igorofa.

Igikorwa cyo kwimura izi mfungwa z’abagore 626 zari zifungiye muri Gereza ya Muhanga, cyatangiye ku Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, gisozwa kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023.

Gereza ya Muhanga, ni imwe mu zibasiwe n’ikibazo cy’ubucucike kuko mu mibare yashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu muri 2021, yagaragazaga ko ubucucike buri kuri 238.8%.

Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana avuga ko kwimurira izi mfungwa z’abagore muri Gereza ya Nyamagabe bigamije kugabanya ubucucike muri iyi ya Muhanda.

Yavuze ko ibyumba byarimo aba bagororwa b’abagore, bizahita bijyamo bamwe mu bagororwa b’abagabo, ati “Turi kugerageza kugabanya ubucucike, ku buryo abagororwa bagira umwanya uhagije bakisanzura.”

Agaruka kuri iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagororwa b’abagore, Minisitiri Gasana yavuze ko ifite ubushobozi bwo kwakira abarenga ibihumbi bibiri (2 000).

Ati “Twafashe icyemezo cyo kubashyira i Nyamagabe bose kugira ngo ubucucike bugabanuke.”

Iyi Gereza ya Nyamagabe yimuriwemo abagore bari bafungiye i Muhanga, igizwe n’inyubako zigezweho, zigeretse, ikaba ifite kandi ibikorwa binyuranye birimo ubukarabiro.

Ubucucike mu magereza yo mu Rwanda, buri ku rwego rwo hejuru, ibintu byanatumye inzego n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’iy’imfungwa, isaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora kugira ngo bugabanuke.

Gereza ya Muhanga iza ku isonga mu bucucike aho buri ku kigero cya 238.8%, iya Gicumbi bukaba buri kuri 161.8%, iya Rwamagana yo buri kuri 151.1 %, muri Gereza ya Rusizi ho ubucucike buri kuri 144.8%, iya Huye ni kuri 138.6%, iya Musanze bukaba 138.2%, iya Bugesera bukaba buri kuri 132.1%, Gereza ya Rubavu yo ifite ubucucike buri ku 127.7% naho iya Ngoma bukaba buri ku 103.6 %.

Naho Gereza ya Gisirikare ya Mulindi iri kuri 70.1%, iya Nyamagabe bukaba buri kuri 83.3%, iya Nyarugenge ni 83.3%, iya Nyagatare buri 84.6% na Nyanza buri kuri 93.5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + fifteen =

Previous Post

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Next Post

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)
IMYIDAGADURO

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

DRC: MONUSCO yatanze isezerano rikomeye nyuma y’igitero bamwe baketse ko ari imperuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.