• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubworozi bw’u Rwanda bwungutse ikoranabuhanga rizakemura burundu ibibazo byagaragaraga mu myororokere y’Inka

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubworozi bw’u Rwanda bwungutse ikoranabuhanga rizakemura burundu ibibazo byagaragaraga mu myororokere y’Inka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyatangije uburyo bushya bwo kwita ku buzima bw’imyororokere y’inka hifashishijwe imashini izwi nka ‘échographie’, yifashishwa mu kureba mu nda yayo, hakamenyekana igihe izarindira n’ingano y’icyo ihaka.

Iri koranabuhanga kandi ryifashishwa mu kumenya niba inka ifite uburwayi bwatuma itabasha kubyara. Iri koranabuhanga rije mu gihe hari hakigaragara imbogamizi ku borozi ndetse n’abaganga
b’amatungo mu kumenya hakiri kare ibibazo by’imyororokere, kumenya niba inka yarasamiye
igihe ndetse no gukurikirana imikurire y’icyo itungo rihatse.

Ubusanzwe, abaganga b’amatungo bakoreshaga uburyo busanzwe bwo gusuzuma inka, rimwe na rimwe bikaba byabaga bigoye kumenya neza ikibazo itungo rifite cyangwa igihe rizarindira. Ibyo byatumaga hari igihe umworozi atakaza amafaranga n’umusaruro kubera gutinda gutahura ikibazo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Uwituze Solange, yavuze ko iyi gahunda ije gufasha, aborozi korora neza no kongera ibikomoka ku bworozi, gufasha abaganga b’inka gukora ibintu biri ku murongo n’icyizere ndetse ikazanafasha igihugu kongera ibikomoka ku nka mu bwinshi no mu bwiza.

Yavuze kandi ko hamwe n’ubu buryo  bushya, mu gupima inka ko bizafasha  kuko ubusanzwe byamenyekanaga nyuma y’amezi ane, ariko bigiye kujya bimenyakana hagati y’iminsi 28 na 40 gusa, bityo birinde kumaza umworozi igihe ari mu keragati.

Dr. Uwituze, yongeyeho ko ibi bizatuma hamenyekana kare imiterere y’inyana iri mu nda kare, harebwa ubwonko cyangwa umutima byayo niba bimeze neza , byagaragara ko ifite ubumuga bukabije igakurwamo, ndetse binafashe mu kumenya ubwiza bw’intanga zitangwa n’ibimasa runaka byororwa muri RAB-Songa, ikigaragaje intanga zifite intege nke gikurwe mu byorowe.

Bamwe mu baganga b’amatungo bavuga iri koranabuhanga rije kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi.

NDARUHUTSE Landoir, umuganga w’amatungo ukorera mu Karere ka Kayonza , yavuze ko mbere bakoreshaga uburyo bwo gukorakora inka kugira ngo bamenye niba yarasamye, ariko bikaba bitatangaga ibisubizo byizewe buri gihe

Ati:“Twajyaga dusuzuma dukoresheje intoki gusa, rimwe na rimwe ugasanga habayeho kwibeshya  cyangwa ikibazo kikamenyekana cyakererewe. Échographie igiye kudufasha kubona

RAB ivuga ko hamaze guhugurwa abaganga b’amatungo bazafasha aborozi hirya no hino mu gihugu gukoresha neza iri koranabuhanga, rikazajya rifasha mu gusuzuma no gukurikirana ubuzima bw’amatungo mu buryo bugezweho.

Iri koranabuhanga ryitezweho byinshi

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Uwituze Solange

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eight =

Previous Post

Amajyepfo: Abakora mu mabagiro bagaragarijwe uruhare bashobora kugira mu guhangana n’ubujura bw’amatungo

Next Post

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.