Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Udukingirizo twabaye idorari kandi ubushake bw’ibyo dukoreshwa buracyari bwose…Hari abadutizanya

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Udukingirizo twabaye idorari kandi ubushake bw’ibyo dukoreshwa buracyari bwose…Hari abadutizanya
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umwe ati “Kugira ngo ubone agakingirizo ushobora gutega moto y’ 1 600Frw.”
  • Undi ati “Ubaza umucuruzi umwe, uwa kabiri, uwa gatatu; bose bakakubwira ko ntako.”

Bamwe mu baturage baturiye agasantere ko mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kubona agakingirizo bisaba imibare irenze ubushobozi bwabo, kandi ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bwo bukomeza kuzamuka, ku buryo hari abahitamo kudutizanya twakoreshejwe.

Aba baturage bo mu Kagari ka Gakoni muri uyu Murenge wa Kiramuruzi, bavuga ko aka gasantere gashyushye ku buryo n’abifuza kugira uko bigenza mu buriri, biyongera umunsi ku wundi.

Icyakora ngo ikibahangayikishije, ni ukubona udukingirizo two kwikingira kugira ngo birinde indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umwe avuga ko umuntu ashobora gukora urugendo rw’ibilometero bitatu, atarabona agakingirizo, ku buryo abadukeneye cyane bibasaba ikiguzi gihanitse.

Ati “Kugira ngo ubone agakingirizo, ushobora gutega moto ya magana inani [800 Frw] no mu kugaruka 800, ubwo bikaba icya tandatu [1 600 Frw].”

Undi muturage agira ati “Icyo kibazo kirahari. Niba ubajije umucuruzi wa mbere akakubwira ko ntagahari, n’uwa kabiri akakubwira ko ntako, urumva ko ari ikibazo.”

Aba baturage bavuga ko ibi bituma hari n’abatizanya udukingirizo ku buryo hari n’utwo bakoresha inshuro zirenze imwe, mu gihe bizwi ko agakingirizo gakoreshwa inshuro imwe kagahita kajugunywa.

Abacuruzi bo muri aka gasantere, na bo bemeza ko udukingirizo ari ikibazo, kuko bajya kuturangira i Kiramuruzi, ariko ko utwo baranguye tudatinda mu iduka kubera ubwinshi bw’ababa badushaka.

Umwe mu bajyanama w’Ubuzima muri uyu Mudugudu uvugwamo ikibazo cy’udukingirizo, avuga ko urubyiruko rwo muri aka gace rugira isoni zo kubagana ngo baruhe udukingirizo tw’ubuntu kuko baba batinya kwandikwa imyirondoro.

Umuyobozi w’ubukangurambaga bwo kurwanya SIDA mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Nyirinkindi Aime Ernest, avuga ko mu bice byose by’Igihugu hari udukingirizo tuhacuruzwa dutangwa n’umushinga uzwi nka SFH ugira uruhare mu kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, kandi ko ikiguzi cyatwo cyoroheye buri wese.

Nyirinkindi Aime Ernest aboneraho gusaba abacuruzi bahanika ibiciro by’udukingirizo kubihagarika kuko bashobora no kubibazwa.

Ati “Abantu bagurisha agakingirizo gatangwa na SFH, umuntu ukagurisha amafaranga arenze ijana [100 Frw] agomba gukurikiranwa aba akora ibinyuranyije n’amategeko.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 12 =

Previous Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku bibasiwe n’ibyago by’ibiza byagwiririye u Rwanda

Next Post

Ubutumwa umuyobozi ukomeye muri Afurika yageneye u Rwanda ku bw’ibiza bidasanzwe

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa umuyobozi ukomeye muri Afurika yageneye u Rwanda ku bw’ibiza bidasanzwe

Ubutumwa umuyobozi ukomeye muri Afurika yageneye u Rwanda ku bw’ibiza bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.