Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000
Share on FacebookShare on Twitter

Abasivile batunze imbunda muri Uganda bakomeje kwiyongera kuko kuva muri 2016 kugeza uyu munsi bavuye ku bihumbi bitatu (3 000) bagera ku bihumbi bitanu (5 000).

Komiseri w’Umuryango w’ibigo byigenga bicunga umutekano (PSOs/Private Security Organisations), Charles Ssebambulidde yatangaje ko abantu bifuza kugura cyangwa gutumiza imbunda bafunguriwe imiryango yo kwaka uburenganzira.

Gusa avuga ko bagomba kugaragaza impamvu zifatika bifuza izo ntwaro nko kuba bafite impungenge zijyanye n’umutekano wabo.

Yagize ati “Niba impamvu utanga itumvikana mu buryo buhagije cyangwa itsinda rishinzwe kubigenzura rigasanga ufite imyitwarire itazwi, polisi izahita itesha agaciro ubusabe bwawe cyangwa ikwambure imbunda wahawe.”

Charles Ssebambulidde yatangaje ko inyandiko ya Polisi yo kuzuza kugira ngo umuntu asabe ubwo burenganzira, ubwayo igura ibihumbi 50 by’amashilingi ya Uganda.

Iyo nyandiko iyo imaze kuzuzwa ishyikirizwa Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda binyujijwe kuri Komiseri wa Polisi ushinzwe ibigo byigenga bishinzwe umutekano n’intwaro.

Ssebambulidde yavuze kandi ko ushaka gutunga imbunda, agomba kugaragaza ko yahuguwe ku bijyanye no gutunga imbunda, ubundi akagaragaza urwandiko rwifuza kugura imbunda n’ikigo kibifitiye ububasha.

Ntiyagaragaje igihe bisaba kugira ngo uwujuje ibisabwa ahabwe imbunda yifuza, ndetse ntiyanasobanuye impamvu benshi mu basabye izi mpushya mu myaka ine ishize batazihawe nyuma yo kunyura mu nzira zose ziteganywa n’amategeko.

Ikinyamakuru The Observer gitangaza ko hari amakuru avuga ko abantu barenga ibihumbi 17 basabye ubu burenganzira bagitegereje kuva muri 2018.

Nanone kandi hari amakuru avuga ko umubare w’abasivile batunze imbunda zo mu bwoko bwa masotera (Pistol) wavuye ku bihumbi bitatu (3 000) wari uriho muri 2016, ukaba ugeze ku bihumbi bitanu (5 000).

Umwe mu bapolisi wahaye amakuru iki kinyamakuru yagize ati “Hari igenzura ryakozwe umwaka ushize ku bijyanye n’imbunda nto z’ibigo byigenga bicunga umutekano ndetse n’abasivile. Ndashaka kubamenyesha ko imibare igaragaza ko abantu barenga 4 900 bamaze guhabwa imbunga naho kompanyi zigenda zicunga umutekano zifite intwaro 23 000.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + fifteen =

Previous Post

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Next Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.