Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among yatangaje ko yababajwe n’uburyo Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi, yafashwe n’Abapolisi bakamukurubana mu buryo budasanzwe, ababwira ko ibiba kuri uyu Munyapolitiki na bo byazababaho.

Mu cyumweru gishize, hagaragaye amashusho yerekana Abapolisi bafashe Dr Kizza Besigye, bamwe bafashe mu mukandara bamukurura bamwihutana.

Uyu munyapolitiki yafashwe tariki 12 Gicurasi ubwo yari agiye mu myigaragambyo yo kwamagana itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Anita Among uyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko uburyo uyu munyapolitiki yafashwe bibabaje kandi ko bibangamiye uburenganzira bwa muntu.

Yagize ati “Nabonye uburyo Dr Besigye yatawe muri yombi, ni uburyo bukoranye ubugome. Nabanje gukeka ko byaba atari ukuri.”

Yakomeje atanga inama z’uburyo abantu bakekwaho ibyaha bajya bafatwa mu cyubahiro nta muntu ubahonyoreye uburenganzira.

Yagize ati “Dukeneye kubanza kuvugisha abantu by’umwihariko abantu baba badafite intwaro.”

Anita Among yasabye Intumwa Nkuru ya Leta ya Uganda, guha amabwiriza abo mu nzego z’umutekano y’uburyo bagomba kujya bata muri yombi abantu atari abayobozi nka Kizza Besigye ahubwo abaturage bose.

Ati “Nubwo rwose ahanganye n’ubutegetsi ariko turi bamwe, uyu munsi bishobora kuba ari Dr Besigye ariko ejo bishobora kuba ari wowe.”

Anita Among yatangaje ibi nyuma y’uko Umudepite mu Nteko ya Uganda, Atkins Katusabe na we anengeye uburyo Dr Kizza Besigye yafashwemo, we yise guhonyora uburenganzira bwa muntu, ubunyamaswa ndetse no gutesha agaciro ikiremwamuntu.

Uyu Mudepite yagize ati “Dr Besigye ni umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru, ni umubyeyi, umuvandimwe wa bamwe kandi yanakoreye iyi Guverinoma nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ariko yafashwe mu buryo buteye agahinda, bamukururana nk’umujura w’inkoko.”

Dr Kizza Besigye ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Uganda bakunze guhangana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora y’umukuru w’Igihugu.

Uyu Munyapolitiki ufite n’ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Uganda, yanagize imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni akaba yaranamubereye umuganga wihariye.

Dr Kizza Besigye ntiyigeze yoroherwa n’inzego z’umutekano zo muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Next Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru
MU RWANDA

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y'umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.