Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among yatangaje ko yababajwe n’uburyo Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi, yafashwe n’Abapolisi bakamukurubana mu buryo budasanzwe, ababwira ko ibiba kuri uyu Munyapolitiki na bo byazababaho.

Mu cyumweru gishize, hagaragaye amashusho yerekana Abapolisi bafashe Dr Kizza Besigye, bamwe bafashe mu mukandara bamukurura bamwihutana.

Uyu munyapolitiki yafashwe tariki 12 Gicurasi ubwo yari agiye mu myigaragambyo yo kwamagana itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Anita Among uyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko uburyo uyu munyapolitiki yafashwe bibabaje kandi ko bibangamiye uburenganzira bwa muntu.

Yagize ati “Nabonye uburyo Dr Besigye yatawe muri yombi, ni uburyo bukoranye ubugome. Nabanje gukeka ko byaba atari ukuri.”

Yakomeje atanga inama z’uburyo abantu bakekwaho ibyaha bajya bafatwa mu cyubahiro nta muntu ubahonyoreye uburenganzira.

Yagize ati “Dukeneye kubanza kuvugisha abantu by’umwihariko abantu baba badafite intwaro.”

Anita Among yasabye Intumwa Nkuru ya Leta ya Uganda, guha amabwiriza abo mu nzego z’umutekano y’uburyo bagomba kujya bata muri yombi abantu atari abayobozi nka Kizza Besigye ahubwo abaturage bose.

Ati “Nubwo rwose ahanganye n’ubutegetsi ariko turi bamwe, uyu munsi bishobora kuba ari Dr Besigye ariko ejo bishobora kuba ari wowe.”

Anita Among yatangaje ibi nyuma y’uko Umudepite mu Nteko ya Uganda, Atkins Katusabe na we anengeye uburyo Dr Kizza Besigye yafashwemo, we yise guhonyora uburenganzira bwa muntu, ubunyamaswa ndetse no gutesha agaciro ikiremwamuntu.

Uyu Mudepite yagize ati “Dr Besigye ni umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru, ni umubyeyi, umuvandimwe wa bamwe kandi yanakoreye iyi Guverinoma nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ariko yafashwe mu buryo buteye agahinda, bamukururana nk’umujura w’inkoko.”

Dr Kizza Besigye ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Uganda bakunze guhangana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora y’umukuru w’Igihugu.

Uyu Munyapolitiki ufite n’ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Uganda, yanagize imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni akaba yaranamubereye umuganga wihariye.

Dr Kizza Besigye ntiyigeze yoroherwa n’inzego z’umutekano zo muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Next Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y'umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.