Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umunyapolitiki akaba n’umuhanzi Bobi Wine wari kuramukira mu myigaragambyo iwe hagoswe

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Umunyapolitiki akaba n’umuhanzi Bobi Wine wari kuramukira mu myigaragambyo iwe hagoswe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine mu muziki, wanahanganye na Perezida Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2021, yafungiwe iwe nyuma y’uko Igipolisi n’igisirikare bagose urugo rwe, ku munsi yagombaga kujya mu myigaragambyo yo kwamagana ikibazo cy’imihanda yangiritse bikabije.

Byari biteganyijwe ko Bobi Wine n’abamushyigikiye, bakora imyigaragambyo kuri uyu wa Kane tariki 18 Mutarama 2024, bamagana uburyo imihanda muri iki Gihugu cya Uganda, yangiritse bikabije.

Bobi Wine kandi wari wateguranye iyi myigaragambyo n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, bavuga ko bibabaje kubona imihanda yarangiritse muri iki Gihugu, nyamara cyitegura kwakira inama ebyiri zikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Uyu munyapolitiki wanamamaye mu buhanzi, uri mu bafite abayoboke benshi mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, yavuze ko igisirikare n’Igipolisi bamubujije kuva iwe mu gace ka Magere mu Majyaruguru ya Kampala.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Bobi Wine yagize ati “Abasirikare n’abapolisi benshi bagose urugo rwanjye basa nk’abamfungiye mu nzu, ariko imyigaragambyo yo irarimbanyije. Musane imihanda yacu! Murekure imfungwa za Politiki! Mureke Uganda yibohore!”

Bobi Wine wakunze gufungirwa iwe, yahatanye na Perezida Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2021 aho yaje amukurikira mu majwi, yagize 35% mu gihe Museveni yagize 59%.

Bobi Wine ni umwe mu banyapolitiki bafite abayoboke benshi muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Next Post

Comoros: Hashyizweho isaha ntarengwa yo gutaha nyuma y’uko hari abigaragambije bagakora ibidasanzwe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Comoros: Hashyizweho isaha ntarengwa yo gutaha nyuma y’uko hari abigaragambije bagakora ibidasanzwe

Comoros: Hashyizweho isaha ntarengwa yo gutaha nyuma y’uko hari abigaragambije bagakora ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.