Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umugabo wiyita umuvuzi gakondo wasanganywe uduhanga 24 tw’abantu n’ibisigazwa by’inyamaswa; yakoreshaga mu bikorwa byo guturamo ibitambo abantu.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yavuze ko uwafashwe yitwa Ddamulira Godfrey, aho ashinjwa ibyaha birimo ibiteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo abantu ibitambo.

Uretse uduhanga 24 tw’abantu twasanganywe uyu wiyita umuvuzi gakondo, yanasanganywe ibisigazwa by’inyamaswa ndetse n’impu zazo, byasanzwe iwe mu rugo mu murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala.

Polisi ya Uganda ikomeje gukora isaka mu rugo rw’uyu mugabo, aho bikekwa ko ishobora kubona ibindi bice by’imibiri y’abantu bihishe iwe.

Onyango yagize ati “Mbere na mbere turamushinja ibyaha biteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo ibitambo abantu ribuza abantu gutunga ibice by’umubiri w’umuntu ndetse n’ibikoresho by’ibitambo by’abantu.”

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yakomeje agira ati “Naramuka ahamijwe ibyaha akurikiranyweho, azahanishwa gufungwa burundu.”

Uyu mugabo witwa Godfrey avugwaho kuba yari umuvuzi gakondo ukoresha imiti irimo n’iy’ibimera, mu gihe Ishyirahamwe ry’Abavuzi gakondo muri Uganda, ryitandukanyije na we rikavuga ko atari umwe muri bo.

Uyu mugabo atawe muri yombi mu gihe mu kwezi gushize, Polisi ya Uganda yari yatahuye uduhanga 17 tw’abantu natwo twari mu rugo rw’umuntu mu Karere ka Mpigi gaherereye mu bilometero 41 uvuye i Kampala. Utu duhanga natwo bivugwa ko twakoreshwaga mu bikorwa byo gutangamo ibitambo abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

Impamvu igipolisi cya Congo cyifuza kujya kinjiza Abapolisi bashya 15.000 buri mwaka

Next Post

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.