Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umugabo wiyita umuvuzi gakondo wasanganywe uduhanga 24 tw’abantu n’ibisigazwa by’inyamaswa; yakoreshaga mu bikorwa byo guturamo ibitambo abantu.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yavuze ko uwafashwe yitwa Ddamulira Godfrey, aho ashinjwa ibyaha birimo ibiteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo abantu ibitambo.

Uretse uduhanga 24 tw’abantu twasanganywe uyu wiyita umuvuzi gakondo, yanasanganywe ibisigazwa by’inyamaswa ndetse n’impu zazo, byasanzwe iwe mu rugo mu murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala.

Polisi ya Uganda ikomeje gukora isaka mu rugo rw’uyu mugabo, aho bikekwa ko ishobora kubona ibindi bice by’imibiri y’abantu bihishe iwe.

Onyango yagize ati “Mbere na mbere turamushinja ibyaha biteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo ibitambo abantu ribuza abantu gutunga ibice by’umubiri w’umuntu ndetse n’ibikoresho by’ibitambo by’abantu.”

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yakomeje agira ati “Naramuka ahamijwe ibyaha akurikiranyweho, azahanishwa gufungwa burundu.”

Uyu mugabo witwa Godfrey avugwaho kuba yari umuvuzi gakondo ukoresha imiti irimo n’iy’ibimera, mu gihe Ishyirahamwe ry’Abavuzi gakondo muri Uganda, ryitandukanyije na we rikavuga ko atari umwe muri bo.

Uyu mugabo atawe muri yombi mu gihe mu kwezi gushize, Polisi ya Uganda yari yatahuye uduhanga 17 tw’abantu natwo twari mu rugo rw’umuntu mu Karere ka Mpigi gaherereye mu bilometero 41 uvuye i Kampala. Utu duhanga natwo bivugwa ko twakoreshwaga mu bikorwa byo gutangamo ibitambo abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 3 =

Previous Post

Impamvu igipolisi cya Congo cyifuza kujya kinjiza Abapolisi bashya 15.000 buri mwaka

Next Post

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Related Posts

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

IZIHERUKA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3
MU RWANDA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.