Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Umuvuzi gakondo ukurikiranyweho gutambamo ibitambo abantu iwe hatahuwe ibiteye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umugabo wiyita umuvuzi gakondo wasanganywe uduhanga 24 tw’abantu n’ibisigazwa by’inyamaswa; yakoreshaga mu bikorwa byo guturamo ibitambo abantu.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yavuze ko uwafashwe yitwa Ddamulira Godfrey, aho ashinjwa ibyaha birimo ibiteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo abantu ibitambo.

Uretse uduhanga 24 tw’abantu twasanganywe uyu wiyita umuvuzi gakondo, yanasanganywe ibisigazwa by’inyamaswa ndetse n’impu zazo, byasanzwe iwe mu rugo mu murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala.

Polisi ya Uganda ikomeje gukora isaka mu rugo rw’uyu mugabo, aho bikekwa ko ishobora kubona ibindi bice by’imibiri y’abantu bihishe iwe.

Onyango yagize ati “Mbere na mbere turamushinja ibyaha biteganywa n’itegeko ryo gukumira no kuburizamo ibikorwa byo gutambamo ibitambo abantu ribuza abantu gutunga ibice by’umubiri w’umuntu ndetse n’ibikoresho by’ibitambo by’abantu.”

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Patrick Onyango yakomeje agira ati “Naramuka ahamijwe ibyaha akurikiranyweho, azahanishwa gufungwa burundu.”

Uyu mugabo witwa Godfrey avugwaho kuba yari umuvuzi gakondo ukoresha imiti irimo n’iy’ibimera, mu gihe Ishyirahamwe ry’Abavuzi gakondo muri Uganda, ryitandukanyije na we rikavuga ko atari umwe muri bo.

Uyu mugabo atawe muri yombi mu gihe mu kwezi gushize, Polisi ya Uganda yari yatahuye uduhanga 17 tw’abantu natwo twari mu rugo rw’umuntu mu Karere ka Mpigi gaherereye mu bilometero 41 uvuye i Kampala. Utu duhanga natwo bivugwa ko twakoreshwaga mu bikorwa byo gutangamo ibitambo abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Impamvu igipolisi cya Congo cyifuza kujya kinjiza Abapolisi bashya 15.000 buri mwaka

Next Post

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Guverinoma ya Israel yahagurukiwe n’abavuga ko bazatuza ari uko yavuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.