Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyamyumba ubarirwa muri ba Miliyoneri kuko atunze asaga miliyoni 100 Frw yaturutse ku bihumbi 7 Frw yatangiranye nyuma yo kuyakura mu guca incuro mu buryo bwa nyakabyizi no gucuruza ibisheke, none mu myaka itandatu gusa yikubye inshuri ibihumbi 14.

Ukozivuze Jean Claude wo mu Mudugudu wa Bushagi mu Kagari ka Busoro mu Murenge wa Nyamyumba, yabwiye RADIOTV10 ko yarinze agira imyaka 25 atarakora ku note ya bitanu ye bwite ndetse ko nta mutungo wundi yari afite dore ko atagiraga n’aho yacukura ubwiherero.

Mu myaka itandatu ishize, ubwo ni ukuva muri 2017 yafashe amezi abiri yo kuzigama, arangira afite ibihumbi birindwi (7 000Frw) yamubereye igishoro.

Avuga ko yatishije umurima wo guhingamo ibisheke ndetse abifatanya no gucuruza umusururu [wengwa mu masaka] byaje kumuviramo ibihumbi 900Frw.

Avuga ko aya mafaranga yayaguzemo imirima ayihingamo ubuhinzi bwaje kumuha amafaranga yo kugura moto ayishyira mu muhanda, ariko byose agakomeza guhinga.

Nyuma yaje kugura isambu nini ya miliyoni 50Frw ari yo yaguriyemo ubuhinzi bwe nabwo bwaje kumuhira abukuramo amafaranga yubakishije inzu ya cadastre yo kubamo.

Yahamirije umunyamakuru ko kugeza n’ubu agikora ubuhinzi, ubu imitungo ye ifite agaciro ka miliyoni zirenga 100 Frw, byose abikesha ibihumbi 7 Frw yatangiriyeho.

 

Yaciye incuro ubu ni umujejetafaranga

Ukozivuze Jean Claude avuga ko ibi yabigezeho kubera gushirika ubwoba kuko ntacyo umuntu yagerago atakoresheje imbaraga ze, kandi agatangirira kuri bito.

Ati “Ibanga ni ugukura amaboko mu mifuka bagakora, bajya bavuga ko amasoko menshi arema ingezi, ntabwo Nyabarongo yaba Nyabarongo, ibanza kuba Mbirurume hakajyaho Mwogo na Mukungwa ikabona kwitwa Nyabarongo.”

Bamwe mu bo bakoranye agikora mu buryo bwa nyakabyizi, kimwe n’abamukoreshaga, bavuga ko uyu mugabo yabafunguye amaso ariko kandi ngo bize isomo ryo kudasuzugura uwo ari we wese nubwo yaba ari umukozi wawe.

Mpanabanga Gaspard ati “Yashatse ifaranga arushye cyane, yanacuruje ibisheke, n’ibisheke byose akikorera none ubu natwe yaratuzunguye ari kudukoresha.”

Bunani wakoranye imirimo ya nyakabyizi na Ukozivuze, avuga ko ubwo bakoraga bahembwaga amafaranga maganarindwi (700Frw) ku munsi.

Ati “We yarayabitse, ariko aho amariye kubaka iyi nzu nanjye namurebeyeho ndagenda ndakora ubu nanjye mfite inzu yanjye.”

Gusa Ukozivuze avuga ko yari yanaguze imodoka ngo izajye imufasha we n’abaturanyi be ariko bahuye n’imbogamizi y’umuhanda uva Rusoro werecyeza mu Karere ka Rutsiro wangiritse bitewe n’inkangu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko ubuyobozi bugomba gushyigikira aba baturage bakataje mu iterambere, ku buryo uyu muhanda na wo ugomba kuzasanwa.

Avuga ko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwubatsi bw’Imihanda (RTDA) bwasabye urutonde rw’imihanda yangiritse kugira ngo isanwe, bityo ko hari icyizere ko n’uyu uzasanwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 14 =

Previous Post

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Next Post

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.