Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyamyumba ubarirwa muri ba Miliyoneri kuko atunze asaga miliyoni 100 Frw yaturutse ku bihumbi 7 Frw yatangiranye nyuma yo kuyakura mu guca incuro mu buryo bwa nyakabyizi no gucuruza ibisheke, none mu myaka itandatu gusa yikubye inshuri ibihumbi 14.

Ukozivuze Jean Claude wo mu Mudugudu wa Bushagi mu Kagari ka Busoro mu Murenge wa Nyamyumba, yabwiye RADIOTV10 ko yarinze agira imyaka 25 atarakora ku note ya bitanu ye bwite ndetse ko nta mutungo wundi yari afite dore ko atagiraga n’aho yacukura ubwiherero.

Mu myaka itandatu ishize, ubwo ni ukuva muri 2017 yafashe amezi abiri yo kuzigama, arangira afite ibihumbi birindwi (7 000Frw) yamubereye igishoro.

Avuga ko yatishije umurima wo guhingamo ibisheke ndetse abifatanya no gucuruza umusururu [wengwa mu masaka] byaje kumuviramo ibihumbi 900Frw.

Avuga ko aya mafaranga yayaguzemo imirima ayihingamo ubuhinzi bwaje kumuha amafaranga yo kugura moto ayishyira mu muhanda, ariko byose agakomeza guhinga.

Nyuma yaje kugura isambu nini ya miliyoni 50Frw ari yo yaguriyemo ubuhinzi bwe nabwo bwaje kumuhira abukuramo amafaranga yubakishije inzu ya cadastre yo kubamo.

Yahamirije umunyamakuru ko kugeza n’ubu agikora ubuhinzi, ubu imitungo ye ifite agaciro ka miliyoni zirenga 100 Frw, byose abikesha ibihumbi 7 Frw yatangiriyeho.

 

Yaciye incuro ubu ni umujejetafaranga

Ukozivuze Jean Claude avuga ko ibi yabigezeho kubera gushirika ubwoba kuko ntacyo umuntu yagerago atakoresheje imbaraga ze, kandi agatangirira kuri bito.

Ati “Ibanga ni ugukura amaboko mu mifuka bagakora, bajya bavuga ko amasoko menshi arema ingezi, ntabwo Nyabarongo yaba Nyabarongo, ibanza kuba Mbirurume hakajyaho Mwogo na Mukungwa ikabona kwitwa Nyabarongo.”

Bamwe mu bo bakoranye agikora mu buryo bwa nyakabyizi, kimwe n’abamukoreshaga, bavuga ko uyu mugabo yabafunguye amaso ariko kandi ngo bize isomo ryo kudasuzugura uwo ari we wese nubwo yaba ari umukozi wawe.

Mpanabanga Gaspard ati “Yashatse ifaranga arushye cyane, yanacuruje ibisheke, n’ibisheke byose akikorera none ubu natwe yaratuzunguye ari kudukoresha.”

Bunani wakoranye imirimo ya nyakabyizi na Ukozivuze, avuga ko ubwo bakoraga bahembwaga amafaranga maganarindwi (700Frw) ku munsi.

Ati “We yarayabitse, ariko aho amariye kubaka iyi nzu nanjye namurebeyeho ndagenda ndakora ubu nanjye mfite inzu yanjye.”

Gusa Ukozivuze avuga ko yari yanaguze imodoka ngo izajye imufasha we n’abaturanyi be ariko bahuye n’imbogamizi y’umuhanda uva Rusoro werecyeza mu Karere ka Rutsiro wangiritse bitewe n’inkangu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko ubuyobozi bugomba gushyigikira aba baturage bakataje mu iterambere, ku buryo uyu muhanda na wo ugomba kuzasanwa.

Avuga ko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwubatsi bw’Imihanda (RTDA) bwasabye urutonde rw’imihanda yangiritse kugira ngo isanwe, bityo ko hari icyizere ko n’uyu uzasanwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Next Post

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Related Posts

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga, bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.