Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko abana b’Abanyarwanda bari mu irushanwa i Burundi bacyuwe byihuse

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uko abana b’Abanyarwanda bari mu irushanwa i Burundi bacyuwe byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’u Rwanda bari bitabiriye irushanwa rya Tennis ryitwa ‘East African Junior Championship 2024’ ryaberaga mu Burundi, bacyuwe ritarangiye bitanamenyeshejwe abariteguye. MINISPORTS ivuga ko aba bana batari kugumishwa muri gihe iki Gihugu cyari kimaze gufunga imipaka.

Ni abakinnyi 16 bakiri bato bakina umukino wa Tennis, bari berecyeje muri iri rushanwa ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2024.

Gusa ntibarirangiye kuko ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, bahise bagarurwa mu Rwanda nyuma y’uko ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, Guverinoma y’u Burundi yari yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ndetse no gusaba Abanyarwanda bariyo gutaha.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, yavuze ko icyemezo cyo gucyura aba bana cyari ngombwa kubera ibyemezo byari bimaze gufatwa n’Igihugu bari barimo.

Zephanie Niyonkuru uvuga ko aba bana bageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, yagize ati “Uzi ingamba Leta y’u Burundi yafashe zo gufunga imipaka n’u Rwanda, rero ntabwo warekerayo abana mu bihe nk’ibyo.”

Icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka, cyanenzwe n’iy’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo ivuga ko kibangamiye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko kinyuranyije n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Ibihugu byombi bihuriyemo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahumurije Abarundi bari mu Rwanda, ko bo nta n’uzabareba nabi kabone nubwo Igihugu cyabo cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda.

Bari bitabiriye irushanwa rya Tennis

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Abakinnyi bakubitiwe n’inkuba mu kibuga hatangajwe uko bamerewe

Next Post

Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n’ibibazo kuri za ‘Poste de Sante’

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n’ibibazo kuri za ‘Poste de Sante’

Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n'ibibazo kuri za 'Poste de Sante'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.