Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko abana b’Abanyarwanda bari mu irushanwa i Burundi bacyuwe byihuse

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in MU RWANDA, SIPORO
0
Uko abana b’Abanyarwanda bari mu irushanwa i Burundi bacyuwe byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’u Rwanda bari bitabiriye irushanwa rya Tennis ryitwa ‘East African Junior Championship 2024’ ryaberaga mu Burundi, bacyuwe ritarangiye bitanamenyeshejwe abariteguye. MINISPORTS ivuga ko aba bana batari kugumishwa muri gihe iki Gihugu cyari kimaze gufunga imipaka.

Ni abakinnyi 16 bakiri bato bakina umukino wa Tennis, bari berecyeje muri iri rushanwa ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2024.

Gusa ntibarirangiye kuko ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, bahise bagarurwa mu Rwanda nyuma y’uko ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, Guverinoma y’u Burundi yari yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ndetse no gusaba Abanyarwanda bariyo gutaha.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, yavuze ko icyemezo cyo gucyura aba bana cyari ngombwa kubera ibyemezo byari bimaze gufatwa n’Igihugu bari barimo.

Zephanie Niyonkuru uvuga ko aba bana bageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, yagize ati “Uzi ingamba Leta y’u Burundi yafashe zo gufunga imipaka n’u Rwanda, rero ntabwo warekerayo abana mu bihe nk’ibyo.”

Icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka, cyanenzwe n’iy’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo ivuga ko kibangamiye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko kinyuranyije n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Ibihugu byombi bihuriyemo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahumurije Abarundi bari mu Rwanda, ko bo nta n’uzabareba nabi kabone nubwo Igihugu cyabo cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda.

Bari bitabiriye irushanwa rya Tennis

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Abakinnyi bakubitiwe n’inkuba mu kibuga hatangajwe uko bamerewe

Next Post

Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n’ibibazo kuri za ‘Poste de Sante’

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n’ibibazo kuri za ‘Poste de Sante’

Iburasirazuba: Guverineri Rubingisa yaremye agatima abahura n'ibibazo kuri za 'Poste de Sante'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.