Uko abana b’Abanyarwanda bari mu irushanwa i Burundi bacyuwe byihuse

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Abakinnyi b’u Rwanda bari bitabiriye irushanwa rya Tennis ryitwa ‘East African Junior Championship 2024’ ryaberaga mu Burundi, bacyuwe ritarangiye bitanamenyeshejwe abariteguye. MINISPORTS ivuga ko aba bana batari kugumishwa muri gihe iki Gihugu cyari kimaze gufunga imipaka.

Ni abakinnyi 16 bakiri bato bakina umukino wa Tennis, bari berecyeje muri iri rushanwa ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2024.

Izindi Nkuru

Gusa ntibarirangiye kuko ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, bahise bagarurwa mu Rwanda nyuma y’uko ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, Guverinoma y’u Burundi yari yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ndetse no gusaba Abanyarwanda bariyo gutaha.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, yavuze ko icyemezo cyo gucyura aba bana cyari ngombwa kubera ibyemezo byari bimaze gufatwa n’Igihugu bari barimo.

Zephanie Niyonkuru uvuga ko aba bana bageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, yagize ati “Uzi ingamba Leta y’u Burundi yafashe zo gufunga imipaka n’u Rwanda, rero ntabwo warekerayo abana mu bihe nk’ibyo.”

Icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka, cyanenzwe n’iy’u Rwanda yahise ishyira hanze itangazo ivuga ko kibangamiye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko kinyuranyije n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Ibihugu byombi bihuriyemo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahumurije Abarundi bari mu Rwanda, ko bo nta n’uzabareba nabi kabone nubwo Igihugu cyabo cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda.

Bari bitabiriye irushanwa rya Tennis

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru