Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umusore wagiye mu kabari kwiba ariko irari ry’agasembuye rikamutanga imbere

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye umusore wagiye mu kabari kwiba ariko irari ry’agasembuye rikamutanga imbere

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umusore bikekwa ko yari yagiye kwiba mu kabari ko mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, yasanzwemo mu gitondo cya kare yasinze yarekuye umuziki ari kwiyumvira radiyo ananywa inzoga za Liquor zicururizwamo.

Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, bikekwa ko yari yagiye kwiba mu kabari ko mu Kagari ka Gacurabwenge muri uyu Murenge wa Byumba.

Uyu musore ubu ucumbikwe n’inzego z’iperereza, bamusanze mu kabari mu gitondo cya hirya y’ejo hashize tariki 23 Nzeri 2024 yahaze agasembuye.

Amakuru atangwa na bamwe mu baturage, avuga ko uyu musore yahengereye nyiri aka kabari witwa Kazungu afunze, agahita yinjiramo agiye kwiba.

Gusa icyamujyanye ntiyagikoze, ahubwo yahise yinywera inzoga, ndetse baza kumusanga muri aka kabari yasinze.

Uyu musore usanzwe avugwako kwiba, bikekwa ko nubundi ari cyo cyari cyamujyanye muri aka kabari, ariko we akavuga ko yari yagiyemo kugira ngo abone aho arambika umusaya.

Yagize ati “Ninjiriye mu bwiherero nshaka aho kuryama kuko ntaho mfite. Kwiba ntabwo nkibikora kuko RIB yigeze kumfunga natwaye ihene ebyiri z’umuturage, icyakora inzoga zo nazinyweye.”

Nyiri aka kabari witwa Muzungu, avuga ko na we amakuru yuko uyu musore bamusanze mu kabari ke, yayamenye ayabwiwe n’abamuhamagaye bamuza iby’uwo babonaga arimo.

Ati “Nibwo naje nsanga harafunze twibaza aho yanyuze biratuyobera. Umuntu umwe ni we wagiye mu bwiherero abona aho yatoboye agera muri parafo, nik o kumenya uko yinjiye.”

Uyu mucuruzi akomeza avuga ko basanze uyu musore ari kwicurangira Radio yumva umuziki, ubundi ari kunywa zimwe mu nzoga zihenze.

Sunday Emmanuel uyobora Umudugudu wa Gacurabwenge uherereyemo aka kabari, yemeje aya makuru, yavuze ko basesenguye uko ibi byabaye, ntakindi cyagenzaga uyu musore atari ukwiba, dore ko muri uyu Mudugudu hagaragaramo urubyiruko rwasaritswe n’ibiyobyabwenge ku buryo binatuma bishora mu ngeso nk’izi z’ubujura kugira ngo babone amafaranga yo kubigura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 3 =

Previous Post

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Next Post

Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.