Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umusore wagiye mu kabari kwiba ariko irari ry’agasembuye rikamutanga imbere

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye umusore wagiye mu kabari kwiba ariko irari ry’agasembuye rikamutanga imbere

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umusore bikekwa ko yari yagiye kwiba mu kabari ko mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, yasanzwemo mu gitondo cya kare yasinze yarekuye umuziki ari kwiyumvira radiyo ananywa inzoga za Liquor zicururizwamo.

Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, bikekwa ko yari yagiye kwiba mu kabari ko mu Kagari ka Gacurabwenge muri uyu Murenge wa Byumba.

Uyu musore ubu ucumbikwe n’inzego z’iperereza, bamusanze mu kabari mu gitondo cya hirya y’ejo hashize tariki 23 Nzeri 2024 yahaze agasembuye.

Amakuru atangwa na bamwe mu baturage, avuga ko uyu musore yahengereye nyiri aka kabari witwa Kazungu afunze, agahita yinjiramo agiye kwiba.

Gusa icyamujyanye ntiyagikoze, ahubwo yahise yinywera inzoga, ndetse baza kumusanga muri aka kabari yasinze.

Uyu musore usanzwe avugwako kwiba, bikekwa ko nubundi ari cyo cyari cyamujyanye muri aka kabari, ariko we akavuga ko yari yagiyemo kugira ngo abone aho arambika umusaya.

Yagize ati “Ninjiriye mu bwiherero nshaka aho kuryama kuko ntaho mfite. Kwiba ntabwo nkibikora kuko RIB yigeze kumfunga natwaye ihene ebyiri z’umuturage, icyakora inzoga zo nazinyweye.”

Nyiri aka kabari witwa Muzungu, avuga ko na we amakuru yuko uyu musore bamusanze mu kabari ke, yayamenye ayabwiwe n’abamuhamagaye bamuza iby’uwo babonaga arimo.

Ati “Nibwo naje nsanga harafunze twibaza aho yanyuze biratuyobera. Umuntu umwe ni we wagiye mu bwiherero abona aho yatoboye agera muri parafo, nik o kumenya uko yinjiye.”

Uyu mucuruzi akomeza avuga ko basanze uyu musore ari kwicurangira Radio yumva umuziki, ubundi ari kunywa zimwe mu nzoga zihenze.

Sunday Emmanuel uyobora Umudugudu wa Gacurabwenge uherereyemo aka kabari, yemeje aya makuru, yavuze ko basesenguye uko ibi byabaye, ntakindi cyagenzaga uyu musore atari ukwiba, dore ko muri uyu Mudugudu hagaragaramo urubyiruko rwasaritswe n’ibiyobyabwenge ku buryo binatuma bishora mu ngeso nk’izi z’ubujura kugira ngo babone amafaranga yo kubigura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Next Post

Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira
FOOTBALL

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.