Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye ko bashobora kuba barihaye amasoko ya Leta binyuranyije n’amategeko.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, hashize ibyumweru bibiri abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’inzego zishinzwe iperereza binjiye mu Karere gukora igenzura ryimbitse kuri bamwe mu Bayobozi bakekwaho kwigwizaho umutungo wa Leta.

Abatanze ayo makuru bavuga ko hari hashize iminsi abagenzuzi babiri bo muri aka Karere babonye amanyanga akorwa n’abo Bayobozi aho bihaga amasoko ya Leta mu buryo budakurikije amategeko, bakayandikaho abandi bantu kugira ngo bitamenyekana ko ari bo bihaye ayo masoko.

Ayo makuru akavuga ko ubwo byari bitangiye guhwihwiswa Meya n’abo bafatanya bakuye mu myanya abo bagenzuzi babohereza mu Mirenge ibiri yo muri ako Karere kugira ngo basibanganye ibimenyetso.

Umwe yagize ati ”Bivugwa ko umwe muri abo bagenzuzi ari we wajyanye amakuru mu nzego nkuru za RIB, no mu nzego z’iperereza zimanuka gukora igenzura ryimbitse.”

Uyu avuga ko iperereza ryinjiye ku munsi wa kane mu biro by’Akarere rikaba ririmo kugenzura impapuro zitangirwaho amasoko ya Leta, rikarihuza n’amakuru inzego zahawe.

 

Abavuzwe amasoko ya Leta yanditsweho ni “abo bita Abashumba”

Isoko ryo kubaka Ikigo Nderabuzima cya Gasaka ndetse n’icyumba ababyeyi babyariramo (Maternité).

Isoko ryo kubaka umuhanda uca munsi y’isoko rya Nyamagabe, ndetse n’amasoko atangwa mu kugura ibiryo by’abanyeshuri n’andi nk’uko babivuga.

Hari n’uburyo ngo abayobozi bakomeye mu Karere bagiye bafata ibibanza bya Leta bakabiha abantu bashaka b’inshuti zabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrande yavuze ko atazi ayo makuru y’iperereza ririmo kuba mu biro bye, ndetse ko atazi n’abarimo gukora iryo perereza.

Ati ”Dusanzwe dufite inzego za RIB n’iz’Iperereza kimwe no mu tundi Turere, rwose ayo makuru y’abihaye amasoko ya Leta ntayo dufite.”

Gusa bamwe mu bahaye amakuru ikinyamakuru Umuseke, bavuga ko kwiha amasoko ya Leta mu buryo butemewe byakozwe mu mayeri akomeye, bakavuga ko ibi bimaze iminsi bikorwa ariko ntibijye ahagaragara.

Mu minsi ishize kandi bamwe mu bayobozi b’amashami n’Abakozi bari basabwe kwandika basezera ku kazi, abandi barakwepa bikavugwa ko gukurwa mu nshingano kwa hato na hato kuri abo bakozi ari byo bikomeza guteza umwuka mubi cyane cyane hagati ya Meya n’abo bakozi.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 7 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Next Post

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.