Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka; bakiriye itsinda ry’abaturutse mu Bihugu bigize EAC bari mu rugendo rwo kuzenguruka Ibihugu bigize uyu Muryango bakoresheje amagare, babereka ko u Rwanda rubashyigikiye.

Iri tsinda ry’abantu 30 rigizwe n’abaturutse mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryazengurutse Ibihugu bigize uyu Muryango, bagamije kuwumenyekanisha no kwibutsa abantu akamaro kawo.

Aba bantu bageze mu Rwanda tariki 12 Nzeri 2023 bavuye mu Gihugu cy’u Burundi, binjirira ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, aho bahagurutse mu Rwanda ku wa Gatandatu, berecyeza muri Uganda banatangiriye uru rugendo, banasoza.

Banakiriwe ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, banakirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri Ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh, wanabagejejeho ubutumwa.

Ubwo bahagurukaga mu Rwanda bahagurukiye ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, baherekejwe na Prof Nshuti Manasseh, ndetse n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka, na bo bifatanya kunyonga igare.

Iri tsinda ryari muri iki gikorwa cyiswe ‘Great Africa Cycling Safari’ kibaye ku nshuro ya gatandatu, ryatangiye uru rugendo tariki 01 Kanama 2023, batangirira muri Uganda, bajya muri Kenya, bakomereza muri Tanzania, no mu Burundi, bavuyemo baza mu Rwanda.

Ibihugu bibiri bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba; Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo, ntibabigezemo.

Abayobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bakiriye iri tsinda
Babifurije urugendo rwiza
Prof Nshuti Manasseh yarabaherekeje
Na Clementine Mukeka

Berecyeja muri Uganda aho banasoreje uru rugendo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana tite says:
    2 years ago

    Mwahawe ikaze
    Murwagasabo
    Kdi Abo Bayobozi
    Babakiriye
    Ndabashimiye
    Kurwange ruhande

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Next Post

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.