Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka; bakiriye itsinda ry’abaturutse mu Bihugu bigize EAC bari mu rugendo rwo kuzenguruka Ibihugu bigize uyu Muryango bakoresheje amagare, babereka ko u Rwanda rubashyigikiye.

Iri tsinda ry’abantu 30 rigizwe n’abaturutse mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryazengurutse Ibihugu bigize uyu Muryango, bagamije kuwumenyekanisha no kwibutsa abantu akamaro kawo.

Aba bantu bageze mu Rwanda tariki 12 Nzeri 2023 bavuye mu Gihugu cy’u Burundi, binjirira ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, aho bahagurutse mu Rwanda ku wa Gatandatu, berecyeza muri Uganda banatangiriye uru rugendo, banasoza.

Banakiriwe ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, banakirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri Ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh, wanabagejejeho ubutumwa.

Ubwo bahagurukaga mu Rwanda bahagurukiye ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, baherekejwe na Prof Nshuti Manasseh, ndetse n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka, na bo bifatanya kunyonga igare.

Iri tsinda ryari muri iki gikorwa cyiswe ‘Great Africa Cycling Safari’ kibaye ku nshuro ya gatandatu, ryatangiye uru rugendo tariki 01 Kanama 2023, batangirira muri Uganda, bajya muri Kenya, bakomereza muri Tanzania, no mu Burundi, bavuyemo baza mu Rwanda.

Ibihugu bibiri bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba; Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo, ntibabigezemo.

Abayobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bakiriye iri tsinda
Babifurije urugendo rwiza
Prof Nshuti Manasseh yarabaherekeje
Na Clementine Mukeka

Berecyeja muri Uganda aho banasoreje uru rugendo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana tite says:
    2 years ago

    Mwahawe ikaze
    Murwagasabo
    Kdi Abo Bayobozi
    Babakiriye
    Ndabashimiye
    Kurwange ruhande

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Next Post

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.