Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko byagenze ngo Minisitiri n’Umuyobozi wo hejuru banyonge igare (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka; bakiriye itsinda ry’abaturutse mu Bihugu bigize EAC bari mu rugendo rwo kuzenguruka Ibihugu bigize uyu Muryango bakoresheje amagare, babereka ko u Rwanda rubashyigikiye.

Iri tsinda ry’abantu 30 rigizwe n’abaturutse mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryazengurutse Ibihugu bigize uyu Muryango, bagamije kuwumenyekanisha no kwibutsa abantu akamaro kawo.

Aba bantu bageze mu Rwanda tariki 12 Nzeri 2023 bavuye mu Gihugu cy’u Burundi, binjirira ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, aho bahagurutse mu Rwanda ku wa Gatandatu, berecyeza muri Uganda banatangiriye uru rugendo, banasoza.

Banakiriwe ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, banakirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri Ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh, wanabagejejeho ubutumwa.

Ubwo bahagurukaga mu Rwanda bahagurukiye ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, baherekejwe na Prof Nshuti Manasseh, ndetse n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Clementine Mukeka, na bo bifatanya kunyonga igare.

Iri tsinda ryari muri iki gikorwa cyiswe ‘Great Africa Cycling Safari’ kibaye ku nshuro ya gatandatu, ryatangiye uru rugendo tariki 01 Kanama 2023, batangirira muri Uganda, bajya muri Kenya, bakomereza muri Tanzania, no mu Burundi, bavuyemo baza mu Rwanda.

Ibihugu bibiri bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba; Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo, ntibabigezemo.

Abayobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bakiriye iri tsinda
Babifurije urugendo rwiza
Prof Nshuti Manasseh yarabaherekeje
Na Clementine Mukeka

Berecyeja muri Uganda aho banasoreje uru rugendo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana tite says:
    2 years ago

    Mwahawe ikaze
    Murwagasabo
    Kdi Abo Bayobozi
    Babakiriye
    Ndabashimiye
    Kurwange ruhande

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Next Post

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Sudani: Urujijo ni rwose ku nkongi idasanzwe yarimbuye igikorwa remezo gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.